Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikawa Irateza Imbere Abagore B’i Karongi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Ikawa Irateza Imbere Abagore B’i Karongi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 March 2024 7:51 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu Murenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi haravugwa abagore bemeza ko batejwe imbere no guhinga ikawa.

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mubuga Uwimana Phanuel yabwiye Taarifa ko ikawa iri mu bihingwa byazamuye imibereho y’abaturage be, agasaba benshi kugana ubuhinzi bwayo.

Uwimana Phanuel aganiriza abaturage biganjemo abagore bahinga ikawa

Avuga ko mu tugari tune tugize Umurenge we hari ahantu hatanu hatunganyirizwa ikawa y’ibitumbwe, ikarongwa.

Abagore bo muri uyu murenge bavuga ko bahinze ikawa irabazamura, bashobora kwizigamira Miliyoni Frw 4.

Ni amafaranga bemeza ko bazaheraho bakora imishinga bitabaye ngombwa ko baka Banki inguzanyo.

Bashima ikigo cy’Abanyamerika gishinzwe iterambere mpuzamahanga, USAID, ko cyababaye hafi kikabahugura binyuze mu mushinga kiswe Feed the Future Rwanda n’undi witwa Kungahara Wagura Amasoko..

Ni umushinga ufasha gukusanya umusaruro wo kohereza mu mahanga  bigaha u Rwanda amadovize.

Mu mwaka wa 2023 nibwo abo bagore 250 batangije amatsinda icyenda yo kubitsa no kugurizanya

Mu Murenge wa Mubuga kandi hari uruganda rwitwa Nyamurinda Coffee Growers rufasha abagore bo muri iki gice gutunganya ikawa yeze no kuyishakira amasoko hanze.

Ikawa yera kuri hegitari 400

Muri bo harimo abavuga ko buriya buhinzi bwatumye batekereza imishinga irimo korora inkoko binyuze mu kugura imishwi ikiri mito akayorora yamara gukura akayigurisha ikamwungura.

Umwe muri bo yitwa Mukeshimana aherutse kubwira itangazamakuru ati: “ Itsinda mbereye umuyobozi rimaze kuzigama amafaranga arenga Miliyoni imwe n’ibihumbi 200, tukaba twifuza kugera nibura kuri Miliyoni ebyiri kugira ngo tubashe gukora umushinga wungukira abanyamuryango bose”.

Immaculée Mukamana uyobora uruganda Nyamurinda Coffee Growers avuga ko kwishyira hamwe kw’abo bahinzi bizatuma buri wese mu banyamuryango agira itsinda ryo kubitsa no kugurizanya kandi nyuma y’imyaka itatu akazamurikira bagenzi be ibyo yagezeho.

Phanuel Uwimana uyobora uyu Murenge asaba abandi bagore by’umwihariko n’abaturage muri rusange kwigira ku byo bagenzi babo bagezeho, bagashobora kwiteza imbere.

Umurenge wa Mubuga mu Karere ka Karongi

Umushinga Kungahara Wagura Amasoko ndetse n’ikigo Nyamurinda Coffee Growers batanze ibikoresho bigenewe abana n’abo bagore birimo amakaye, ububiko bw’amafaranga (coffee forts), ibyuma byuhira amazi, mubazi (calculattrices) n’igitabo cy’imfashanyigisho mu kuzigama no kugurizanya.

TAGGED:AbagoreIkawaIterambereMubuga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Leta Y’Uburundi Iravugwaho Gutekinika Imibare Y’Abicwa Na RED Tabara
Next Article Abanyarwanda Bafite Hagati Y’Imyaka 40 Na 50 Bariyongera Mu Kurwara Impyiko
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Umutoza W’Amavubi Yirukanywe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

You Might Also Like

Ubukungu

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Igiciro Cy’Ikawa Y’Ibitumbwe Cyazamutseho 25% Ku Kilo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?