Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ikiraro Cyo Mu Kirere Gihuza Muhanga Na Gakenke Cyuzuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ikiraro Cyo Mu Kirere Gihuza Muhanga Na Gakenke Cyuzuye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 March 2023 10:57 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ibyishimo ni byinshi ku baturage b’Umurenge wa Ruli muri Gakenke n’uwa Rongi muri Muhanga nyuma y’uko ikiraro cyambuka Nyabarongo giciye mu kirere cyuzuye. Kizabafasha guhahirana, kwivuza no gushyikirana.

Bamwe muri bo bari baherutse kubwira itangazamakuru ko barambiwe kwambuka bakoresheje ubwato kubera ko bishyura kandi bakambukana ubwoba batinya ingona cyangwa imvubu zishobora kubasagarira.

Ubusanzwe ibice byombi byahuzwaga n’ikiraro cya Gahira.

Cyahuzaga Muhanga na Gakenke unyuze mu Murenge wa Rongi( ku ruhande rwa Muhanga), kigahuza Gakenke na Muhanga unyuze mu Murenge wa Ruli( ku ruhande rwa Gakenke).

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uyu munsi: Hamurikiwe abaturage ikiraro cyo mukirere cya Gahira gihuza @GakenkeDistrict na @Muhangadis ku mugezi wa Nyabarongo gisimbura icyatwawe n'amazi mu biza byabaye mu ijoro ry'itariki ya 6-7/05/ 2020. Iki kiraro kirafasha ubuhahirane hagati y'abaturage b'Uturere twombi. pic.twitter.com/q47edlqIRl

— Gakenke District (@GakenkeDistrict) January 27, 2023

Mu mwaka wa 2020 nibwo imvura nyinshi yaguye mu bice binyuramo uruzi rwa Nyabarongo ituma rwuzura, rusenya kiriya kiraro.

Mu mwaka wa 2022, Leta yubatse ikindi cyo kuba abaturage bifashisha, ariko bamwe muri bo baragisenya mu rwego rwo kugira ngo abantu bari basanzwe batega ubwato kugira ngo bambuke bakomeze babutege.

Ababikoze barafashwe.

Leta y’u Rwanda yasanze hakwiye umuti urambye.

- Advertisement -

Umuyobozi w’Ishami ry’ibikorwaremezo, ubutaka n’Imiturire mu Karere ka Muhanga, Nzabonimpa Onesphore yari aherutse kubwira itangazamakuru ko mu rwego rwo koroshya imihahirane y’abaturage bo mu Turere twombi, bafashe icyemezo cyo kuba bubatse ikiraro cyo hejuru kugira ngo abaturage badakomeza kubangamirwa n’amazi menshi y’umugezi wa Nyabarongo bacamo bakoresheje ubwato.

Hagati aho hari umushinga w’Ikigo cy’igihugu cy’ubwikorezi, RTDA, cyo kuzubaka ikiraro gikomeye kurushaho cyagenewe ingengo y’imari ya Miliyari Frw 9.

Cyo kizaba gikomeye k’uburyo n’ibinyabiziga binini bizagikoresha.

Ikiraro cyuzuye hagati ya Muhanga na Gakenke cyagenewe ingengo y’imari ya Miliyoni Frw 100 kandi cyubatswe k’ubufatanye n’umushinga Bridges to Prosperity.

Uyu mushinga ufitemo uruhare rwa 70%.

Hubatswe Ikiraro Gihuza Nyanza Na Nyamagabe

TAGGED:AbaturagefeaturedGakenkeIkiraroMuhangaNyabarongoRTDAUmugezi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kagame Na Patricia Scotland Barebeye Hamwe Uko Commonwealth Ihagaze
Next Article Yahuye N’Abo Mu Muryango We Nyuma Y’Imyaka 66 Baraburanye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ubuzima, Uburezi…Inkingi Z’Umubano W’u Rwanda N’Ubusuwisi

Cardinal Kambanda Ari Muri Uganda Mu Kuzirikana Abahowe Imana

Burundi: Abanyamakuru Bahawe Umuburo

Irushanwa Ryo Kwibuka Abakinaga Volley Bazize Jenoside Ryasubitswe

RIB Igeze He Umukoro Perezida Kagame Yayihaye?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

U Rwanda Rugiye Kubaka Uruganda Rubyaza Izuba Amashanyarazi Ya Mega Watt 30

RDB Yagize Icyo Ivuga Ku Ntambara Ya DRC

Tshisekedi Arahihibikanira Ko DRC Ijya Mu Kanama Ka UN K’Amahoro Ku Isi

Kabila Aragisha Inama Inararibonye Z’i Goma

Musk Yavuye Mu Nshingano Yahawe Na Trump

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Intego Y’u Rwanda Ku Byerekeye Umukamo Mu Myaka Ine

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Ingabo Z’u Rwanda Mu Bufatanye N’Iza Misiri

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Ngoma: Hibutswe Imiryango 15,593 Y’Abatutsi Yishwe Irazima Muri Jenoside 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImyidagaduroMu Rwanda

Nick Ngendahayo Yasohoye Indirimbo Ibanziriza Igitaramo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?