Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imvura Ikomeye Yangije Umuhanda Kigali – Huye – Nyamagabe – Rusizi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturagePolitiki

Imvura Ikomeye Yangije Umuhanda Kigali – Huye – Nyamagabe – Rusizi

Last updated: 06 October 2021 4:42 pm
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko imvura nyinshi imaze iminsi igwa yangije umuhanda uca mu Karere ka Nyamagabe ku buryo utakiri nyabagendwa, uhungabanya ingendo zihuza ibice birimo Umujyi wa Kigali n’Akarere ka Rusizi.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Polisi yasabye abagana ibyo byerekezo kunyura mu zindi nzira.

Yagize iti “Turabamenyesha ko kubera imvura nyinshi imaze iminsi igwa, umuhanda Huye- Nyamagabe ahitwa ku Nkungu utaregera mu Mujyi wa Nyamagabe wangiritse bityo umuhanda Kigali-Huye-Nyamagabe-Rusizi ntabwo ari nyabagendwa.”

“Abakoreshaga uyu muhanda baragirwa inama yo gukoresha umuhanda Kigali – Karongi – Nyamasheke – Rusizi. Mwihanganire izi mbogamizi mu gihe imirimo yo gutunganya uyu muhanda irimo gukorwa.”

Mwaramutse,

Turabamenyesha ko kubera imvura nyinshi imaze iminsi igwa, umuhanda Huye- Nyamagabe ahitwa ku Nkungu utaregera mu Mujyi wa Nyamagabe wangiritse bityo umuhanda Kigali-Huye-Nyamagabe-Rusizi ntabwo ari nyabagendwa.

— Rwanda National Police (@Rwandapolice) October 6, 2021

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe Uwamahoro Bonaventure yabwiye Taarifa ko igice cyangiritse kiri mu muri aka karere hagati y’Imirenge ya Kamegeri na Gasaka.

Yavuze ko imodoka nto z’abantu ku giti cyabo n’iz’abagenzi zirimo gukomeza gutambuka, izitemerewe ni iziremereye nk’izitwaye imizigo kugira ngo zidateza ikibazo.

Ati “Imodoka zidapakiye ibintu biremeye zirimo zirahita, harimo gukorwa uburyo umuhanda wahabwa inzira ica iruhande rw’ahangiritse kugira ngo n’imodoka nini zibashe guhita.”

Ni umuhanda wo ku rwego rw’igihugu, ku buryo inzego zibishinzwe zatangiye gukorana kugira ngo usanwe.

TAGGED:featuredImvuraNyamagabePolisi y’u RwandaUmuhanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Igihugu Gitera Imbere Niko Polisi Isabwa Byinshi- Min Ugirashebuja
Next Article YouTube Yasibye Konti R. Kelly Yanyuzagaho Indirimbo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kwinjira Muri Amerika Bigiye Kugora Abakoresheje Imbuga Nkoranyambaga Uko Itabishaka

Harakurikiraho Iki Nyuma Y’Ifatwa Rya Uvira?

M23 Yemeza Ko Yinjiye Muri Uvira, Guverineri Akabihakana

Abazitabira Igitaramo Cya Alexis Dusabe Bazagura Tike Kuri Airtel Money 

Mozambique: Perezida W’Inteko Kazarwa Yasuye Isoko Ryubatswe Mu Mwaka Wa 1900

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko Kugonganisha Ibigo Bitubura Imbuto Byakoze K’Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubuhinzi

Kayonza: Nyemazi Yazize Kubuza Abaturage Gusuhuka Kubera Inzara

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Rwanda: Utubari Tugiye Kujya Dufunga Mu Rukerera

U Rwanda Rufunze Abanyamahanga 500 -RCS

You Might Also Like

Mu Rwanda

Bugesera: Abaturage Bugarijwe N’Inzara

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abanyamahanga Benshi Bafungiwe Mu Rwanda Ni Abo Muri EAC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Tanzania: Abaturage Bategetswe Kuguma Mu Rugo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imikino

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?