Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Imvura Ikomeye Yangije Umuhanda Kigali – Huye – Nyamagabe – Rusizi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imibereho Y'AbaturagePolitiki

Imvura Ikomeye Yangije Umuhanda Kigali – Huye – Nyamagabe – Rusizi

admin
Last updated: 06 October 2021 4:42 pm
admin
Share
SHARE

Polisi y’u Rwanda yatangaje ko imvura nyinshi imaze iminsi igwa yangije umuhanda uca mu Karere ka Nyamagabe ku buryo utakiri nyabagendwa, uhungabanya ingendo zihuza ibice birimo Umujyi wa Kigali n’Akarere ka Rusizi.

Mu butumwa yanyujije kuri Twitter, Polisi yasabye abagana ibyo byerekezo kunyura mu zindi nzira.

Yagize iti “Turabamenyesha ko kubera imvura nyinshi imaze iminsi igwa, umuhanda Huye- Nyamagabe ahitwa ku Nkungu utaregera mu Mujyi wa Nyamagabe wangiritse bityo umuhanda Kigali-Huye-Nyamagabe-Rusizi ntabwo ari nyabagendwa.”

“Abakoreshaga uyu muhanda baragirwa inama yo gukoresha umuhanda Kigali – Karongi – Nyamasheke – Rusizi. Mwihanganire izi mbogamizi mu gihe imirimo yo gutunganya uyu muhanda irimo gukorwa.”

Mwaramutse,

Turabamenyesha ko kubera imvura nyinshi imaze iminsi igwa, umuhanda Huye- Nyamagabe ahitwa ku Nkungu utaregera mu Mujyi wa Nyamagabe wangiritse bityo umuhanda Kigali-Huye-Nyamagabe-Rusizi ntabwo ari nyabagendwa.

— Rwanda National Police (@Rwandapolice) October 6, 2021

Umuyobozi w’Akarere ka Nyamagabe Uwamahoro Bonaventure yabwiye Taarifa ko igice cyangiritse kiri mu muri aka karere hagati y’Imirenge ya Kamegeri na Gasaka.

Yavuze ko imodoka nto z’abantu ku giti cyabo n’iz’abagenzi zirimo gukomeza gutambuka, izitemerewe ni iziremereye nk’izitwaye imizigo kugira ngo zidateza ikibazo.

Ati “Imodoka zidapakiye ibintu biremeye zirimo zirahita, harimo gukorwa uburyo umuhanda wahabwa inzira ica iruhande rw’ahangiritse kugira ngo n’imodoka nini zibashe guhita.”

Ni umuhanda wo ku rwego rw’igihugu, ku buryo inzego zibishinzwe zatangiye gukorana kugira ngo usanwe.

TAGGED:featuredImvuraNyamagabePolisi y’u RwandaUmuhanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uko Igihugu Gitera Imbere Niko Polisi Isabwa Byinshi- Min Ugirashebuja
Next Article YouTube Yasibye Konti R. Kelly Yanyuzagaho Indirimbo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Marco Rubio Yagiye Muri Israel Gucyaha Netanyahu

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Miliyari Frw 2 Rayon Iteganya Gukoresha Muri Shampiyona Zizava He?

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?