Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Inama y’Igihugu y’Umushyikirano 2020 ntikibaye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano 2020 ntikibaye

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 December 2020 7:01 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ni icyemezo cyafashwe na Guverinoma y’u Rwanda kubera ko ubwandu bwa COVID-19 buri kwiyongera cyane muri ibi bihe.Yari iteganyijwe kuzaba ku wa Gtatu taliki 16, Ukuboza, 2020.

Guverinoma y’u Rwanda yafashe icyemezo cyo gusubika Inama y’Igihugu y’Umushyikirano yari iteganyijwe ku wa Gatatu tariki 16 Ukuboza 2020, kubera ubwandu bwa #COVID19 bukomeje kwiyongera.

Inama y’Igihugu y’Umushyikirano y’Umwaka ushize yabaye hagati ya Taliki 19 na 20 Ukuboza, 2020 ikaba yari ibaye iya 17.

Mu mushyikirano w’Umwaka wa 2019 Leta yari yihaye ingamba z’uko mu cyerekezo 2050 Abanyarwanda bazaba ari abaturage babayeho neza, bafite ubukungu buteye imbere.

Icyo gihe uwari Minisitiri mu Biro bya Minisitiri w’Intebe Madamu Marie Solange Kayisire yavuze ko Abanyarwanda muri rusange bazi akamaro k’Inama y’Igihugu y’Umushyikirano, kandi ko ari uburyo baba bahawe wo ‘gutanga ibyifuzo byabo kandi bigashyirwa mu bikorwa.’

Mu ijambo Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatanze ubwo yafunguraga uriya Mushyikirano yagarutse ku bibazo byari mu gihugu muri kiriya gihe, anenga abayobozi batanga uburenganzira bwo gutura mu bishanga, kuhabimura bikagorana bikanasaba Leta ingufu zirimo n’amikoro.

Icyo gihe Perezida Kagame yasabye abayobozi kujya basobanurira abaturage akamaro kari mu bibakorerwa.

Umukuru w’Igihugu avuga ko n’ubwo ikintu cyaba ari ingirakamaro ariko iyo umuntu atagisobanuriwe ashobora kutagiha agaciro gifite bityo kimuhombera.

Umushyikirano wo muri 2020 wasubitswe kubera ko mu Rwanda hari ubwiyongere buri ku rwego rwo hejuru rw’imibare y’abandura n’abahitanwa na COVID-19.

TAGGED:COVID-19featuredKagameKayisireUmushyikirano
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Tuributsa Abanyarwanda ko COVID-19 itagira Noheli cyangwa Ubunani-CP Kabera
Next Article Umwanzuro w’Urukiko k’ubusabe bw’Ubwunganizi bwa Nkubiri urasomwa none
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu RwandaUbutabera

Ruhango: Abasaza Babiri Bagiye Kwiba Umwe Arahagwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Polisi Ikomeje Gufata Abakiliya B’Abacukura Amabuye Y’Agaciro Batabyemerewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?