Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Israel Irashima Ikananenga Raporo Ya UN Ku Bitero Bya Hamas
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Israel Irashima Ikananenga Raporo Ya UN Ku Bitero Bya Hamas

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 March 2024 11:29 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ambasaderi wa Israel mu Rwanda Einat Weiss yavuze ko igihugu cye gishima ko Komisiyo ya UN ku byaha byakorewe mu bitero Hamas yateye muri Israel taliki 07, Ukwakira, 2023, yakoreyemo ibyaha birimo no gufata abagore n’abakobwa ku ngufu.

Ku rundi ruhande, Israel yamagana iby’uko hari abasirikare bayo nabo bakoze ibyaha nk’ibyo.

Itangazo Ambasade ya Israel yageneye itangazamakuru Taarifa ifitiye kopi handitsemo ko ubuyobozi bwa Israel bushima ko iriya Komisiyo yaje kubona ko nyuma yo gutera Israel iyitunguye, Hamas yakoreye ibyaha abagore n’abakobwa.

Komisiyo ya UN yakoze iryo perereza yari iyobowe na Pramila Patten.

Iyi raporo ivuga ko abarwanyi ba Hamas bigirije nkana ku bagore n’abakobwa bo mu bice bitandukanye bya Israel.

Ikindi ni uko na nyuma yo kubatwaraho umunyago, Hamas yakomeje kubakorera ibya mfura mbi, iyo raporo igasaba ko bahita barekurwa.

Itangazo rya Ambasade ya Israel mu Rwanda rivuga ko, ku rundi ruhande, iki gihugu cyamagana izindi ngingo zikubiye muri iyo raporo zivuga ko hari n’abasirikare ba Israel bakoze ibyaha bikomeye ubwo batabaraga ngo bakome Hamas imbere.

Igika kimwe muri iyo raporo kigira kiti: “ Israel iramagana ibikubiye muri iyi raporo by’uko hari abasirikare bayo bakoze ibyaha by’ihohotera. Ibi ni ibinyoma bigamije kwerekana ko ibyaha nk’ibi byakozwe ku mpande zombi kandi atari byo. Ntibikwiye ko bahuza ubugome bwakozwe na Hamas ngo babigereke kuri Israel”.

Indi ngingo ab’i Yeruzalemu bamagana ni ibasaba gukorana na Komisiyo ya UN igamije kureba iby’iyubahirizwa ry’uburenganzira bwa muntu ngo barebwe uko ibintu byagenze muri kiriya gihe.

Israel ivuga ko itakorana na Komisiyo iyobowe na Navi Pillay, umuntu ivuga ko asanzwe ahengamira kuri Hamas.

Israel kandi yasabye UN ko hatumiza igitaraganya Inama idasanzwe y’Akanama gashinzwe umutekano ku isi kugira ngo gatangarize isi ko Hamas ari umutwe w’iterabwoba ukwiye kurwanywa.

Iboneraho no gusaba ko mu gihe isi yizihiza umunsi mpuzamahanga wahariwe abagore, amahanga akwiye gukora uko bishoboka ko abagore n’abakobwa bo muri Israel bashimuswe na Hamas bakarekurwa.

Hagati aho iki gihugu gikomeje ibikorwa bya gisirikare byo kubabohoza kandi ngo izabikora uko byagenda kose.

Abasirikare ba Israel bakomeje gushaka uko babohora abajyanyweho umunyago
TAGGED:AbagoreAkanamafeaturedIntambaraIsraelUN
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Akamanzi Yahawe Igihembo Na Forbes
Next Article Gasabo: Jali Haturikiye Grenade
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Mu Mboni Z’Umwanditsi Muri National Geographic

DJ Toxxyk Yongeye Gutakambira Urukiko

Umuryango FPR-Inkotanyi Mu Bufatanye Na Leta Ya Israel

U Rwanda Na Brésil Byasinye Amasezerano Yo Gufatanya Mu Bukungu

Amatara Ya Kigali Pélé Stadium Afite Ibibazo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Masudi Djuma Watozaga Etincelles Yirukanywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUmutekano

Amerika Yahanuye Indege Ya Gisirikare Ya Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Espagne: Imbuga Nkoranyambaga Zigiye Gukumirwa Mu Bafite Munsi Y’Imyaka 16

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwagobotse Mozambique Yashegeshwe N’Imyuzure

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?