Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jacob Zuma Yarekuwe By’Agateganyo
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Jacob Zuma Yarekuwe By’Agateganyo

admin
Last updated: 05 September 2021 11:56 pm
admin
Share
SHARE

Jacob Zuma wahoze ayobora Afurika y’Epfo yarekuwe by’agateganyo, kubera impamvu z’ubuzima bwe butameze neza muri iyi minsi.

Zuma yari amaze ukwezi mu bitaro, akaba agomba kujyanwa iwe ngo abe ariho arangiriza igihano ariko akazashyirirwaho amabwiriza yihariye agomba kubahiriza.

Urwego rushinzwe amagereza muri Afurika y’Epfo kuri iki cyumweru tariki 5 Nzeri nibwo rwatangaje ko Zuma yarekuwe by’agateganyo.

Zuma w’imyaka 79 yaherukaga gukatirwa igifungo cy’amezi cumi n’atanu kubera gusuzugura ubutabera, igihano yahawe mu ntangiriro za Nyakanga.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Ni nyuma y’uko yari amaze kwanga kwitaba komisiyo yakoraga iperereza ku byaha bya ruswa ashinjwa ko yagizemo uruhare akiyoboye igihugu kuva mu 2009 kugeza mu 2018.

Yari agiye kumara ukwezi kumwe muri gusa muri gereza ya Estcourt mu burasirazuba bw’igihugu.

Ubuyobozi buvuga ko icyemezo cyo kumufungura by’agateganyo cyafashwe nyuma yo kubona raporo ya muganga igaragaza uburwayi bwa Zuma.

Buvuga ko usibye ibibazo by’indwara zikomeye cyangwa ibibazo by’ubumuga bw’umubiri, kurekurwa by’agateganyo bishobora kwemererwa abantu “barwaye indwara ibangamira bikomeye cyane ibikorwa byabo bya buri munsi, cyangwa igahungabanya ubushobozi bwo kubasha kwiyitaho.”

Jacob Zuma anakurikiranyweho ibindi byaha bya ruswa byakozwe mu myaka yo mu 1990.

- Advertisement -

Ifungwa rye ryateje imvururu n’ubusahuzi muri Afurika yepfo. Ni ibikorwa byahitanye abantu barenga 350.

TAGGED:Afurika y'EpfoJacob Zuma
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Alpha Condé Yahiritswe Ku Butegetsi
Next Article Tunisia Yatwaye Igikombe Cya Afrobasket Bwa Kabiri Yikurikiranya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?