Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jean Paul Kimonyo Wahoze Ari Umujyanama Wa Perezida Kagame Yahawe Inshingano Nshya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Jean Paul Kimonyo Wahoze Ari Umujyanama Wa Perezida Kagame Yahawe Inshingano Nshya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 June 2021 2:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jean Paul Kimonyo wigeze kuba umujyanama wa Perezida Paul Kagame yagizwe umuyobozi w’Ikigo Levy Mwanawasa Regional Centre for Democracy and Good Governance gikorera i Lusaka muri Zambia.

Ni ikigo gishingiye ku Nama mpuzamahanga y’Ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga bigari, ICGLR.

Kuri Twitter Dr Jean Paul Kimonyo yanditse ko yishimiye kuba yimukiye i Lusaka muri Zambia kugira ngo ayoborere yo kiriya kigo.

Yanditse ati: “ Nishimiye kubamenyesha ko ubu natangiye ikindi gika kigize amateka yanjye kuko nagizwe umuyobozi w’Ikigo gishinzwe guteza imbere Demukarasi n’imiyoborere myiza  kitiriwe Levy Mwanawasa.”

Jean Paul Kimonyo ni Umuhanga muri Politiki akaba yaranditse ibitabo byinshi birimo iby’amateka ya Politiki y’u Rwanda, ibyerekeye imibanire y’Abanyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibindi.

Ari mu bantu ba mbere bagize icyo bavuga kuri raporo yiswe iya Duclert yakozwe n’abanyamateka b’Abafaransa ivuga uruhare igihugu cyabo cyagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Icyo gihe yavuze ko iriya raporo igize intambwe nziza mu mibanire hagati y’u Rwanda n’u Bufaransa.

Kimwe mu bitabo bizwi cyane kurusha ibindi mu byo yanditse harimo ikitwa  Rwanda, Un Génocide Populaire.

Ni igitabo kigwa muri za Kaminuza cyane cyane abiga amateka y’u Rwanda rwa mbere gato na nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ikigo agiye kuyobora cyashinzwe mu mwaka wa 2006 gishingwa binyuze mu masezerano y’ubufatanye mu by’umutekano n’iterambere mu Karere k’ibiyaga bigari, gitangira gukora neza mu mwaka wa 2011.

Gishinzwe gutekereza gahunda zo guteza imbere imiyoborere myiza n’ibindi bigenga Umuryango ICGLR.

Ibihugu byasinye amasezerano yo gushyiraho uriya muryango ni Angola, u Burundi, Repubulika ya Centrafrique, Repubulika ya Demukarasi Ya Congo, u Rwanda, Sudani y’Epfo, Tanzania, Uganda na Tanzania.

Kimwe mu bitabo bya Kimonyo
TAGGED:DemukarasifeaturedImiyoborereKimonyoZambia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugeze Kure Ibiganiro n’Abazatera Inkunga Ikorwa Ry’Inkingo Za COVID-19
Next Article Amerika Yohereje Muri Afurika Inkingo Za COVID-19 Zisaga Miliyoni 15
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Umuyobozi Wa Polisi Yasezeranyije Kubaka Ikipe Y’Umupira W’Amaguru Ikomeye 

DRC: Ikigega Cya Lisansi Cyakongotse

Ambasaderi Busabizwa Asanga Ubutwari Atari Amagambo

Nigeria: Umuhanzi Ifunanya Yishwe N’Inzoka

Tshisekedi Yagiye Muri Leta Ziyunze Z’Abarabu Gusinya Amasezerano Mu Bucukuzi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Abasora Ipatanti N’Umusoro Ku Nyungu Z’Ubukode Babyihutishe- Komiseri Muri Revenue 

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Drones Za Polisi Ziri Hafi No Gukorera Mu Mihanda Yo Mu Ntara 

You Might Also Like

Imyidagaduro

Grammy Awards: Kendrik Lamar Yahize Abandi Baraperi Mu Bihembo Byinshi Abitse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Bigoranye Police FC Yakuye Ku Izima APR FC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitiki

Abantu Babiri Bananirwa Bate Kubana?-Kagame Abaza Abashakanye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

‘Gusaranganya Shisha Kibondo’ Ni Ruswa Nini Mu Rwego Rw’Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?