Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Jean Paul Kimonyo Wahoze Ari Umujyanama Wa Perezida Kagame Yahawe Inshingano Nshya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Jean Paul Kimonyo Wahoze Ari Umujyanama Wa Perezida Kagame Yahawe Inshingano Nshya

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 June 2021 2:18 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Jean Paul Kimonyo wigeze kuba umujyanama wa Perezida Paul Kagame yagizwe umuyobozi w’Ikigo Levy Mwanawasa Regional Centre for Democracy and Good Governance gikorera i Lusaka muri Zambia.

Ni ikigo gishingiye ku Nama mpuzamahanga y’Ibihugu byo mu Karere k’Ibiyaga bigari, ICGLR.

Kuri Twitter Dr Jean Paul Kimonyo yanditse ko yishimiye kuba yimukiye i Lusaka muri Zambia kugira ngo ayoborere yo kiriya kigo.

Yanditse ati: “ Nishimiye kubamenyesha ko ubu natangiye ikindi gika kigize amateka yanjye kuko nagizwe umuyobozi w’Ikigo gishinzwe guteza imbere Demukarasi n’imiyoborere myiza  kitiriwe Levy Mwanawasa.”

Jean Paul Kimonyo ni Umuhanga muri Politiki akaba yaranditse ibitabo byinshi birimo iby’amateka ya Politiki y’u Rwanda, ibyerekeye imibanire y’Abanyarwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibindi.

Ari mu bantu ba mbere bagize icyo bavuga kuri raporo yiswe iya Duclert yakozwe n’abanyamateka b’Abafaransa ivuga uruhare igihugu cyabo cyagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi.

Icyo gihe yavuze ko iriya raporo igize intambwe nziza mu mibanire hagati y’u Rwanda n’u Bufaransa.

Kimwe mu bitabo bizwi cyane kurusha ibindi mu byo yanditse harimo ikitwa  Rwanda, Un Génocide Populaire.

Ni igitabo kigwa muri za Kaminuza cyane cyane abiga amateka y’u Rwanda rwa mbere gato na nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Ikigo agiye kuyobora cyashinzwe mu mwaka wa 2006 gishingwa binyuze mu masezerano y’ubufatanye mu by’umutekano n’iterambere mu Karere k’ibiyaga bigari, gitangira gukora neza mu mwaka wa 2011.

Gishinzwe gutekereza gahunda zo guteza imbere imiyoborere myiza n’ibindi bigenga Umuryango ICGLR.

Ibihugu byasinye amasezerano yo gushyiraho uriya muryango ni Angola, u Burundi, Repubulika ya Centrafrique, Repubulika ya Demukarasi Ya Congo, u Rwanda, Sudani y’Epfo, Tanzania, Uganda na Tanzania.

Kimwe mu bitabo bya Kimonyo
TAGGED:DemukarasifeaturedImiyoborereKimonyoZambia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rugeze Kure Ibiganiro n’Abazatera Inkunga Ikorwa Ry’Inkingo Za COVID-19
Next Article Amerika Yohereje Muri Afurika Inkingo Za COVID-19 Zisaga Miliyoni 15
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sarkozy Agiye Kurekurwa

Meteo Rwanda Yatangaje Imvura Nyinshi Ugereranyije Nisanzwe Mu Ukuboza

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda

Imidugararo Y’Amatora Muri Cameroun Yatumye Ibiciro Muri Centrafrique Bizamuka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Nyarugenge: Polisi Yafashe Abanigaga Abantu Mu Ijoro Batashye

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Kuri Perezida Kagame Nta Terambere Rirambye Igihe Umuturage Ahejwe

Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 

You Might Also Like

Mu Rwanda

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rugiye Kwikira Inama Y’Abayobora Amashuri Ya Gisirikare Muri Afurika 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC Yishimiye Isinywa Ry’Imikoranire N’u Rwanda Mu Majyambere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?