Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Juno Kizigenza Na Ariel Niba Mukundana By’Ukuri Nimubitwereke: Inama Y’Umubyeyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Juno Kizigenza Na Ariel Niba Mukundana By’Ukuri Nimubitwereke: Inama Y’Umubyeyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 October 2021 8:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umusomyi wa Taarifa yatwandikiye agira ngo dutambutse inyandiko ye yanditse agira abahanzi Ariel Wayz na Juno Kizigenza inama mu rukundo rwabo rumaze iminsi ruhwihwiswa.

Mu nyandiko ye yatubwiye ati: “

‘Nitwa Amiela ntuye mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali. Nubwo ndi umubyeyi ariko nkurikirana umuziki w’Abanyarwanda baba abo hambere n’ab’ubu. Mfite abana bato ariko nabo bakunda umuziki n’ubwo batarasobanukirwa cyane n’ibibera kuri iyi si dutuye.

Mperutse kubona indirimbo y’umuhanzi Juno Kizigenza yise ‘Birenze’. Nasanze amagambo ayigize n’amashusho ayigize bishobora kuba ari igihamya gikomeye cy’urukundo rwe na Ariel Wayz.

Mu by’ukuri niba ibimaze iminsi bivugwa ko bakundana ari impamo ndetse nabo bakaba baherutse gusa n’ababyemeza muri iriya ndirimbo, igisigaye ni uko begera ababyeyi babo bakabibabwira bakabimenya byaba byiza bagashakana kandi tuzabutaha turi benshi.

Yaba Juno yaba na Ariel bagomba kwibuka ko ‘uwo uzaheka utamwicisha urume’.

Niba bakundana kandi bakaba bifuza kuzubaka urugo nibabikore bive mu nzira ejo icyo bita urukundo muri iki gihe kitazacwekera bikaba byatuma abafana babo babafata nk’abantu b’inkomwahato, abo njya numva bita ngo ‘runaka ntabwo ari serious.’

Ntimwibwire ko muri bato k’uburyo mutakubaka urugo ngo rukomere kuko hari benshi mu bafana banyu barwubatse bakiri bato, ubu bukaba barabyaye babyiruye inkumi n’abasore.

Ikindi nababwira mwa bana mwe ni uko niba ibyo mugaragaza haba mu mashusho y’indirimbo zanyu no ku mbuga nkoranyambaga mubikora mwikinira, ibyiza nanone ni uko mwabivamo hakiri kare.

Nk’umubyeyi ndagaruka cyane kuri Ariel Wayz. Uri umukobwa mwiza kandi ufite impano rwose. Bwira Juno mushakane niba mukundana koko, muzabyara muheke kandi mukomeze umuziki wanyu.

Ntabwo bizakubuza kuririmba neza no kuba umubyeyi wizihiye u Rwanda. Juno nawe azaba ari umugabo uhamye wubatse urugo rwe, mbese ari Kizigenza koko.

Bana banjye rero iyi ni inama mbahaye nk’umubyeyi kandi ndizera ko hari abandi bafana banyu babibona nkanjye.

Imana ikomeze ibarindire mu rukundo rwanyu ni mu muziki wanyu, mwaguke.’

Umuhanzi Ariel Wayz
TAGGED:AbahanziArielfeaturedJunoKicukiroKizigenza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hakenewe Kongerwa Ubushakashatsi Butanga Imbuto Zigezweho – Dr Ngabitsinze
Next Article U Bufaransa Bwahaye u Rwanda Izindi Nkingo 398,000 Za Pfizer
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?