Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Juno Kizigenza Na Ariel Niba Mukundana By’Ukuri Nimubitwereke: Inama Y’Umubyeyi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Juno Kizigenza Na Ariel Niba Mukundana By’Ukuri Nimubitwereke: Inama Y’Umubyeyi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 October 2021 8:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umusomyi wa Taarifa yatwandikiye agira ngo dutambutse inyandiko ye yanditse agira abahanzi Ariel Wayz na Juno Kizigenza inama mu rukundo rwabo rumaze iminsi ruhwihwiswa.

Mu nyandiko ye yatubwiye ati: “

‘Nitwa Amiela ntuye mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro mu Mujyi wa Kigali. Nubwo ndi umubyeyi ariko nkurikirana umuziki w’Abanyarwanda baba abo hambere n’ab’ubu. Mfite abana bato ariko nabo bakunda umuziki n’ubwo batarasobanukirwa cyane n’ibibera kuri iyi si dutuye.

Mperutse kubona indirimbo y’umuhanzi Juno Kizigenza yise ‘Birenze’. Nasanze amagambo ayigize n’amashusho ayigize bishobora kuba ari igihamya gikomeye cy’urukundo rwe na Ariel Wayz.

Mu by’ukuri niba ibimaze iminsi bivugwa ko bakundana ari impamo ndetse nabo bakaba baherutse gusa n’ababyemeza muri iriya ndirimbo, igisigaye ni uko begera ababyeyi babo bakabibabwira bakabimenya byaba byiza bagashakana kandi tuzabutaha turi benshi.

Yaba Juno yaba na Ariel bagomba kwibuka ko ‘uwo uzaheka utamwicisha urume’.

Niba bakundana kandi bakaba bifuza kuzubaka urugo nibabikore bive mu nzira ejo icyo bita urukundo muri iki gihe kitazacwekera bikaba byatuma abafana babo babafata nk’abantu b’inkomwahato, abo njya numva bita ngo ‘runaka ntabwo ari serious.’

Ntimwibwire ko muri bato k’uburyo mutakubaka urugo ngo rukomere kuko hari benshi mu bafana banyu barwubatse bakiri bato, ubu bukaba barabyaye babyiruye inkumi n’abasore.

Ikindi nababwira mwa bana mwe ni uko niba ibyo mugaragaza haba mu mashusho y’indirimbo zanyu no ku mbuga nkoranyambaga mubikora mwikinira, ibyiza nanone ni uko mwabivamo hakiri kare.

Nk’umubyeyi ndagaruka cyane kuri Ariel Wayz. Uri umukobwa mwiza kandi ufite impano rwose. Bwira Juno mushakane niba mukundana koko, muzabyara muheke kandi mukomeze umuziki wanyu.

Ntabwo bizakubuza kuririmba neza no kuba umubyeyi wizihiye u Rwanda. Juno nawe azaba ari umugabo uhamye wubatse urugo rwe, mbese ari Kizigenza koko.

Bana banjye rero iyi ni inama mbahaye nk’umubyeyi kandi ndizera ko hari abandi bafana banyu babibona nkanjye.

Imana ikomeze ibarindire mu rukundo rwanyu ni mu muziki wanyu, mwaguke.’

Umuhanzi Ariel Wayz
TAGGED:AbahanziArielfeaturedJunoKicukiroKizigenza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hakenewe Kongerwa Ubushakashatsi Butanga Imbuto Zigezweho – Dr Ngabitsinze
Next Article U Bufaransa Bwahaye u Rwanda Izindi Nkingo 398,000 Za Pfizer
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kagame Yaganiriye N’Abayobozi Ba EU K’Ubufatanye Mu Gukora Inkingo

Kagame Yibukije Abanyaburayi Akamaro Ko Gukorana Neza N’Abanyafurika

Gasabo: Arakekwaho Kwangiza Amapiloni Y’Amashanyarazi

Ab’i Rwamagana N’i Kigali Bagiye Kubona Andi Mazi Meza

Israel Na Hamas Basinye Icyiciro Kibanza Cy’Amasezerano Y’Amahoro Ya Trump

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abanyarwandakazi Barangije Amasomo Ya Ofisiye Muri Polisi Ya Singapore

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Musanze: Umusore Na Nyina Bafatanywe Urumogi

You Might Also Like

Mu RwandaPolitiki

Ingabire Immaculée Wayoboraga Transparency Yatabarutse

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Bwa Mbere Ikilo Cy’Ikawa Y’u Rwanda Cyaguzwe $88.18

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaRwiyemezamirimoUmutekano

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?