Perezida Paul Kagame yagiranye ibiganiro n’Umuyobozi Mukuru w’Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari Kristalina Georgieva baganira uko icyo kigega cyakomeza gukorana n’u Rwanda.
Bombi bahuriye i Washington D.C, muri Leta zunze Ubumwe za Amerika nk’uko Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byabyanditse kuri X.
Handitseho ko ‘baganiriye k’umubano utanga umusaruro hagati y’ u Rwanda na IMF n’intego isangiwe yo guteza imbere iterambere rirambye na gahunda yo kuzamura ubukungu.’
Ikigega Mpuzamanga cy’Imari, IMF, cyemeza ko u Rwanda ruri mu bihugu byihuta mu iterambere ndetse muri raporo yacyoz iki kigega cyatangaje ko umusaruro mbumbe w’u Rwanda uzazamuka ku gipimo cya 7,1% mu mwaka wa 2025 mu gihe muwa 2026 uzagera kuri 7,5%.
Rusanzwe kandi ari igihugu cya mbere cyo muri Afurika cyungukiye muri gahunda ya IMF yitwa Resilience and Trust kuri ubu iri gushyirwa mu bikorwa mu gutera inkunga imishinga irebana no guhangana n’ihindagurika ry’ibihe mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere.
Mu mwaka wa 2022, IMF yemereye u Rwanda Miliyoni $ 319 binyuze muri gahunda igamije guhangana n’imihindagurikiye y’ibihe.
Iyo gahunda ya Resilience and Sustainability Facility yashyiriweho gufasha ibihugu bikennye n’ibifite ubukungu buciciriritse ngo bikemure ibibazo by’igihe kirekire bikomoka ku ihindagurika ry’ikirere.
Mu mwaka wakurikiyeho wa 2023, iki kigega cyumvikanye na Guverinoma y’u Rwanda ku nguzanyo yagombaga gutangwa mu mezi 14, ifite agaciro ka miliyoni $ 262 nayo yo guhangana n’ingaruka z’imihindagukire y’ikirere.


