Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kubaka Isoko Rya Rubavu Byasubukuwe Nyuma Y’Imyaka 12
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Kubaka Isoko Rya Rubavu Byasubukuwe Nyuma Y’Imyaka 12

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 September 2021 9:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imirimo yo kurangiza kubaka isoko rya Gisenyi yongeye gutangira nyuma y’igihe kirekre cyane yarahagaze. Abacururiza muri kiriya gice bavuga ko niryuzura rizabafasha kubona ubwugamo bw’izuba n’imvura byababuzaga amahwemo bagakora badatuje.

Igishushanyo mbonera cya ririya soko cyerekana ko niryuzura rizaba rifite amagorofa atanu.

Hari bamwe mu bahacururiza babwiye RBA ko bifuza ko  ririya soko ryakuzura vuba kuko bizabafasha kuzanzamura ubukungu bwa kariya karere nabwo bwagizweho ingaruka n’ingamba zo kwirinda COVID-19.

Isoko rya Rubavu rigomba kubakwa kandi rikarangizwa n’Ikigo cy’ubucuruzi cy’abikorera bo mu Karere ka Rubavu kitwa  Rubavu Investment Company Ltd.

N’ubwo ari uko bimeze ariko, kubakwa kwaryo kwaje kudindira kuko amasezerano kiriya kigo cyasinyanye n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu yavugaga ko cyagombaga kurangiza kubaka ririya soko mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2021 ariko uko bigaragara ibi nabyo byaranze.

Imwe mu mpamvu ishobora gutangwa ni imbogamizi zatewe n’ingamba zafashwe zo kwirinda kwandura no kwanduzanya COVID-19 zafashe na Leta y’u Rwanda zirimo  Guma mu Rugo na Guma mu Karere.

Muri iki gihe ririya soko riri kubakwa n’Ikigo cy’ubwubatsi kitwa BGK kandi kivuga ko imirimo yo kuryubaka iri kugenda neza.

Ngo mu mezi arindwi ashizwe, rimaze kuzura ku rugero rwa 20%.

Ibikorwa byo gucukura umusingi wo kubakaho iri soko byakozwe bwa mbere mu mwaka wa 2009.

Kuva icyo gihe kugeza n’ubu ntiriruzura.

Kubera ko hari ibice bimwe byubatswe ariko imirimo yo kubirangiza ikajya isubikwa kandi mu bihe bitandukanye, byatumye hari ibyangirika k’uburyo abari kuryubaka muri iki gihe bavuga ko hari ibice bimwe byaryo bizasenywa hubakwe ibindi.

Ibyo birimo kongera urumuri n’umwuka ugera mu isoko, guhindura inzira z’intsinga z’amashanyarazi no kongera imyanya y’abazarikoreramo.

Imyanya y’abazarikoreramo yari iteganyijwe kuba 1200 ariko harateganywa  kuzongerwaho 20%.

Ubuyobozi buvuga ko ririya soko rizaba ryaruzuye bitarenze muri Werurwe, 2022.

Kwakira ubusabe bw’abifuza imyanya mu isoko rishya rya Gisenyi nabyo byaratangiye, ariko Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Rubavu ushinzwe iterambere ry’ubukungu Nzabonimpa Deogratius  yabwiye RBA ko  umwanzuro udakuka kuri iyi ngingo uzafatwa ryararangije kuzura.

Ingengo y’imari yaryo iteganyijwe ni Miliyari 4Frw.

Kugira ngo iri soko ridindire kuri uru rwego byatewe ahanini  n’uko ikigo cyaryubakaga cyagiye mu manza n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu, kubera ko bwacyambuye uburenganzira bwo kuryabaka kuko ngo kiriya kigo cyabubonye bitanyuze mu mucyo.

Izi manza nizo zakomeje gukururana bituma kubaka ririya soko bidindira. Ibi kandi byabaye intandaro yo kwegura kwa bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Rubavu.

TAGGED:AkarerefeaturedIsokoRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Akaga K’Amapine Ashaje Mu Bihe By’Imvura
Next Article Ingabo Z’U Bugiriki Zahaye U Rwanda Inkingo Za COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rayon Yahagaritse Umutoza Mukuru Bari Bamaze Iminsi Muri Rwaserera

Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ikigo Nyafurika Cy’Imiti

Nick Ngendahayo Ari Gutegura Igitaramo Kirangiza Umwaka Kizabera I Kigali 

Perezida Wa Madagascar Yuhunze Igihugu 

Netanyahu Ati: ‘Abanzi Bacu Bamenye Ko Tutujya Twibagirwa’

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Israel N’U Rwanda Twanze Guheranwa N’Amateka Mabi- Ambasaderi Einat

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

U Rwanda Rugiye Kubaka Icyanya Cy’Inganda Kizatunganya Impu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Inzitizi Abo Muri DRC Babona Mu Kwambura FDLR Intwaro

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ingingo Z’Ingutu Zitegereje Trump Mu Kumvikanisha Hamas Na Israel 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Abakozi Ba RBC Bafunzwe Bazira Ruswa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?