Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kubaka Isoko Rya Rubavu Byasubukuwe Nyuma Y’Imyaka 12
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukungu

Kubaka Isoko Rya Rubavu Byasubukuwe Nyuma Y’Imyaka 12

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 03 September 2021 9:18 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Imirimo yo kurangiza kubaka isoko rya Gisenyi yongeye gutangira nyuma y’igihe kirekre cyane yarahagaze. Abacururiza muri kiriya gice bavuga ko niryuzura rizabafasha kubona ubwugamo bw’izuba n’imvura byababuzaga amahwemo bagakora badatuje.

Igishushanyo mbonera cya ririya soko cyerekana ko niryuzura rizaba rifite amagorofa atanu.

Hari bamwe mu bahacururiza babwiye RBA ko bifuza ko  ririya soko ryakuzura vuba kuko bizabafasha kuzanzamura ubukungu bwa kariya karere nabwo bwagizweho ingaruka n’ingamba zo kwirinda COVID-19.

Isoko rya Rubavu rigomba kubakwa kandi rikarangizwa n’Ikigo cy’ubucuruzi cy’abikorera bo mu Karere ka Rubavu kitwa  Rubavu Investment Company Ltd.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

N’ubwo ari uko bimeze ariko, kubakwa kwaryo kwaje kudindira kuko amasezerano kiriya kigo cyasinyanye n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu yavugaga ko cyagombaga kurangiza kubaka ririya soko mu mezi atandatu ya mbere y’umwaka wa 2021 ariko uko bigaragara ibi nabyo byaranze.

Imwe mu mpamvu ishobora gutangwa ni imbogamizi zatewe n’ingamba zafashwe zo kwirinda kwandura no kwanduzanya COVID-19 zafashe na Leta y’u Rwanda zirimo  Guma mu Rugo na Guma mu Karere.

Muri iki gihe ririya soko riri kubakwa n’Ikigo cy’ubwubatsi kitwa BGK kandi kivuga ko imirimo yo kuryubaka iri kugenda neza.

Ngo mu mezi arindwi ashizwe, rimaze kuzura ku rugero rwa 20%.

Ibikorwa byo gucukura umusingi wo kubakaho iri soko byakozwe bwa mbere mu mwaka wa 2009.

- Advertisement -

Kuva icyo gihe kugeza n’ubu ntiriruzura.

Kubera ko hari ibice bimwe byubatswe ariko imirimo yo kubirangiza ikajya isubikwa kandi mu bihe bitandukanye, byatumye hari ibyangirika k’uburyo abari kuryubaka muri iki gihe bavuga ko hari ibice bimwe byaryo bizasenywa hubakwe ibindi.

Ibyo birimo kongera urumuri n’umwuka ugera mu isoko, guhindura inzira z’intsinga z’amashanyarazi no kongera imyanya y’abazarikoreramo.

Imyanya y’abazarikoreramo yari iteganyijwe kuba 1200 ariko harateganywa  kuzongerwaho 20%.

Ubuyobozi buvuga ko ririya soko rizaba ryaruzuye bitarenze muri Werurwe, 2022.

Kwakira ubusabe bw’abifuza imyanya mu isoko rishya rya Gisenyi nabyo byaratangiye, ariko Umuyobozi wungirije w’Akarere ka Rubavu ushinzwe iterambere ry’ubukungu Nzabonimpa Deogratius  yabwiye RBA ko  umwanzuro udakuka kuri iyi ngingo uzafatwa ryararangije kuzura.

Ingengo y’imari yaryo iteganyijwe ni Miliyari 4Frw.

Kugira ngo iri soko ridindire kuri uru rwego byatewe ahanini  n’uko ikigo cyaryubakaga cyagiye mu manza n’ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu, kubera ko bwacyambuye uburenganzira bwo kuryabaka kuko ngo kiriya kigo cyabubonye bitanyuze mu mucyo.

Izi manza nizo zakomeje gukururana bituma kubaka ririya soko bidindira. Ibi kandi byabaye intandaro yo kwegura kwa bamwe mu bayobozi bo mu Karere ka Rubavu.

TAGGED:AkarerefeaturedIsokoRubavu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Akaga K’Amapine Ashaje Mu Bihe By’Imvura
Next Article Ingabo Z’U Bugiriki Zahaye U Rwanda Inkingo Za COVID-19
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

UBUSESENGUZI: Urugendo Rwa Trump Mu Bihugu By’Abarabu Ruhatse Iki?

DRC: Impaka Ni Zose Ku Cyemezo Cyo Gucukura Petelori Mu Mariba 52

Perezida Wa Senegal Yaratiye Amahanga u Rwanda

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?