Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kugira Ubwenegihugu Bubiri: Ikibazo Kuri ‘Ejo Hazaza Ha Congo-Kinshasa’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Kugira Ubwenegihugu Bubiri: Ikibazo Kuri ‘Ejo Hazaza Ha Congo-Kinshasa’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 17 May 2021 7:39 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu itegeko nshinga rya Repubulika ya Demukarasi ya Kongo hari ingingo [ ni iya 10] ibuza abatuye kiriya gihugu kugira ubwenegihugu ‘bubiri.’

Kugira ubwenegihugu bubiri bwa Repubulika ya Demukarasi ya Kongo ni ingingo imaze imyaka irenga 10 igibwaho impaka.

Bamwe bavuga ko kubuza abaturage kugira ubwenegihugu bubiri ari ukubabuza kwaguka ngo bamenye n’ibibera ahandi, babe abenegihugu b’ahandi.

Ya ngingo y’Itegeko nshinga rya Repubulika ya Demukarasi ya Kongo twavuze haruguru, igira iti: “Ubwenegihugu bwa Repubulika ya Demukarasi ya Kongo ni bumwe, rukumbi ( La Nationalité Congolaise est une et exclusive .)

Hari benshi bemeranya n’iyi nteruro ariko hari n’abandi bayinenga.

Abifuza ko byaba byiza abatuye kiriya gihugu babonye uburenganzira bwo kugira ubwenegihugu bubiri bavuga ko kubibabuza ari ukubapyinagaza no kubuza igihugu kugira abahanga bafite ubumenyi bakuye mu bindi bihugu byabahaye ubwenegihugu.

Imibare igenekerezwa muri iki gihe ivuga ko hari abaturage ba Repubulika ya Demukarasi ya Kongo bari hagati ya miliyoni eshanu(5) na miliyoni zirindwi(7) baba mu mahanga.

Abenshi muri bo babonye ubwenegihugu bw’aho baba.

Abumva ko hakiri kare ko abaturage ba kiriya gihugu bahabwa ubwenegihugu bw’ikindi, bavuga ko DRC itaraba igihugu gishinze imizi muri politiki k’uburyo abayituye bahabwa uburenganzira bwo kugira ubwenegihugu bubiri.

Impungenge zabo bazishingira ku ngingo y’uko kwemerera abaturage kugira buriya bwenegihugu byatuma baba ‘ibirumirahabiri’, uyu munsi bakitwa Abakongomani, ejo bakitwa abo mu kindi gihugu.

Batanga urugero ku batuye kiriya gihugu, bavuga ko ari Abanyekongo mu gihe abandi baturanyi bo babita Abanyarwanda.

Muri aba ariko hari bamwe mu mateka ya DRC atari aya kera biyise Abanyarwanda kandi batuye ku butaka bwa DRC.

Impamvu ikibazo cy’ubwenegihugu bubiri gifite uburemere bukomeye mu rwego rwa Politiki ni uko hari n’Abanyarwanda bahahungiye, ubu hakaba hashize imyaka 27, bamwe bakaba barahabyariye abana bityo hakibazwa niba abo bana bazakura ari Abanyarwanda cyangwa ari Abanyekongo bafite inkomoko muzi mu Rwanda.

Ubwenegihugu bw’abasirikare bakuru ba DRC burakemangwa

N’ubwo Itegeko nshinga rya kiriya gihugu risobanura mu buryo bwumvikana ko nta bundi bwenegihugu abagituye bagomba kugira, hari bamwe mu basirikare bakuru bavugwaho ‘kuba abanyamahanga.’

Iki ni ikintu gikomeye ku mutekano w’igihugu.

Jeune Afrique ivuga ko ‘niba Leta ishaka ko ikibazo cy’ubwenegihugu gisobanuka kandi ntikigire uwo kirengagiza, igomba no kureba iby’uko hari abasirikare bakuru bafite ubwenegihugu burenze bumwe’.

Hifuzwa ko hashyirwaho Komite ishinzwe gusesengura intambwe ku yindi yaranze amateka y’abasirikare bakuru ba kiriya gihugu kugira ngo hamenyekane mu by’ukuri ubwenegihugu bwabo.

Ngo hagomba kumenyekana niba bafite inkomoko-muzi muri DRC cyangwa hari ahandi bakomoka, bakaba barabonye ubwenegihugu babusabye.

Indi ngingo ivugwa muri iyi dosiye ni ukumenya uko abo basirikare bageze mu ngabo, bakazamuka mu mapeti kugeza ubwo bamwe baba ba Général.

Mu mwaka wa 2007, hari Umudepite wigeze gusaba ko hashyirwaho Komisiyo y’Inteko ishinga amategeko ishinzwe kugenzura abantu bafite ubwenegihugu bubiri mu nzego za Leta.

Ikifuzo cye cyaheze mu kabati.

Ibi kandi birumvikana kuko abenshi mu Badepite ba DRC bafite passport y’ibindi bihugu.

Bisa nk’aho abatora amategeko ari bo birengagiza iyubahirizwa ryayo.

Kuba cyangwa kutaba Umubiligi…

Muri 2013 higeze kuba ibiganiro mu nzego za Leta na Sosiyete Sivili, umwe mu myanzuro yafashwe ukaba wari uko ‘ubwenegihugu-muzi ari ihame ridakuka, ritagombye gushidikanywaho.’

Mu Gifaransa babyita ‘Irrévocabilité de la Nationalité Congolaise’.

Kugira ngo ibi bishoboke ariko, byasabaga ko hari ingingo mu Itegeko nshinga rya kiriya gihugu zigomba guhindurwa.

Kubera ubukana bw’iki kibazo cy’ubwenegihugu bubiri ku muturage wa Repubulika ya Demukarasi ya Kongo, Perezida Félix Tshisekedi akomeje kwirinda kugira icyo akivuga ho mu ruhame.

TAGGED:DRCfeaturedKongoRepubulikaRwandaTshisekediUbwenegihugu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abayahudi Bapfiriye Mu Isinagogi Bongereye Agahinda Israel Ifite
Next Article Abanyarwanda Baba I Paris Biteguye Kwakira Perezida Kagame
4 Comments
  • ipiteexoyexiv says:
    17 May 2021 at 5:23 pm

    http://slkjfdf.net/ – Enuaviq Ucuyiha fuz.hkyh.kiny.taarifa.rw.ema.lx http://slkjfdf.net/

    Reply
  • aotolikaxi says:
    17 May 2021 at 5:42 pm

    http://slkjfdf.net/ – Ejagosa Enunonod rkn.gxmf.kiny.taarifa.rw.ozi.ec http://slkjfdf.net/

    Reply
  • isaqedaque says:
    17 May 2021 at 8:52 pm

    http://slkjfdf.net/ – Otawud Irrodonob axj.vvoh.kiny.taarifa.rw.wmy.bn http://slkjfdf.net/

    Reply
  • ugeqeyute says:
    17 May 2021 at 9:06 pm

    http://slkjfdf.net/ – Nikupe Exuarohq fdr.dbse.kiny.taarifa.rw.wft.ne http://slkjfdf.net/

    Reply

Leave a Reply to isaqedaque Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?