Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Kwinjira Muri Amerika Bigiye Kugora Abakoresheje Imbuga Nkoranyambaga Uko Itabishaka
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Kwinjira Muri Amerika Bigiye Kugora Abakoresheje Imbuga Nkoranyambaga Uko Itabishaka

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 December 2025 5:07 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ba mukerarugendo bo mu bihugu birimo n’Ubwongereza bashaka kujya muri Amerika bategetswe kuzabanza kwerekana uko bakoresheje imbuga nkoranyambaga mu myaka itanu ishize.

Ni ibyemejwe n’abayobozi ba Leta zunze ubumwe za Amerika, bikazaba bireba abantu bazashaka kumara amezi atatu muri iki gihugu, bikazakorwa biciye mu kuzuza inyandiko bise Electronic System for Travel Authorization (ESTA).

Aho Perezida Donald Trump agarukiye k’ubutegetsi muri Mutarama, 2025 yashyizeho ingamba zidanangiye zikumira ko abantu binjira mu gihugu cye bihoroheye, akavuga biri mu rwego rwo kurinda abaturage be abagizi ba nabi.

Abarebwa cyane n’ibyemezo yadukanye kuri iyi nshuro ni Mexique, Venezuela(iyi yo bashobora no kuzarwana…), ibi bikaba ibihugu Amerika ishinja kugira abaturage bayizanamo ibiyobyabwenge.

Abasesengura ibintu n’ibindi bemeza ko iki cyemezo cya Trump nigishyirwa mu bikorwa uko yagiteguye kizatuma abazitabira imikino y’igikombe cy’isi cy’abagabo kizabera muri Amerika, Canada na Mexico mu mwaka wa 2028 bagabanuka.

BBC ivuga ko amakuru y’icyo cyemezo iyakesha ikigo kitwa Customs and Border Protection (CBP) gikorera mu rwego rushinzwe abinjira n’abasohoka rwitwa Department of Homeland Security (DHS).

Iriya nyandiko ivuga icyemezo cyo kwerekana uko abantu bakoresheje imbuga nkoranyambaga mu myaka itanu ishize, izareba ibihugu 40 birimo Ubwongereza, Ireland, Ubufaransa, Australia Ubuyapani n’ibindi birimo ibya Afurika na Aziya.

Nyuma yo kwerekana uko bakoresheje imbuga nkoranyambaga, abarebwa n’iki cyemezo bazerekana na nomero za telefoni n’abo bavuganye n’amakuru arambuye kuri benewabo.

Trump avuga ko azakora uko ashoboye akarinda abaturage be icyago aho cyava hose.

Imwe mu mpamvu zikomeye zivugwa ko zateye Amerika gufata icyo cyemezo ni urupfu rw’umusirikare urinda Perezidansi ya Amerika warashwe n’umuturage wabaga muri Amerika wakomokaga muri Afghanistan.

TAGGED:AbanyamahangafeaturedTrumpUruhushya
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Harakurikiraho Iki Nyuma Y’Ifatwa Rya Uvira?
Next Article Niba Amahanga Ashaka Amahoro Abwire Abarundi Bave Muri DRC- Nduhungirehe 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?