Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Leta Yashyizeho Igiciro Ntarengwa Cya Gaz Mu Gihugu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Leta Yashyizeho Igiciro Ntarengwa Cya Gaz Mu Gihugu

Last updated: 14 December 2021 3:31 pm
Share
SHARE

Urwego Ngenzuramikorere (RURA) rwatangaje ko gaz ikoreshwa mu guteka igomba kugurwa 1260 Frw ku kilo mu gihugu hose, hagamijwe gukumira itumbagira ry’ibiciro byayo.

Umuyobozi mukuru wa RURA Dr Nsabimana Ernest yavugiye kuri Televiziyo Rwanda ko impuzandengo y’igiciro yari imaze kugera mu 1500 Frw, ugasanga abantu bagishyiraho uko bishakiye.

Byageze aho abaturage batangira kwinubira uburyo ibiciro byayo birimo kuzamuka cyane.

Yakomeje ati “Nyuma y’igihe kirekire hakorwa ubusesenguzi harebwa mu by’ukuri gaz ikoreshwa mu guteka aho ituruka mu kigobe cya Perse, urugendo ikora ikaza ikagera ku byambu, icyambu cya Mombasa (Kenya) n’icyambu cya Tanzania, ikaza ikagera hano mu gihugu cyacu, ibyo bintu byose byarebweho mu busesenguzi, kugeza igihe rero hamaze kugaragara ko igiciro cya gaz mu by’ukuri uburyo cyagiye kuzamuka hashobora kugira ibihindukaho.”

Yavuze ko basanze kigomba guhinduka guhera kuri uyu wa Gatatu tariki 15 Ukuboza 2021, ibi biciro bishya bikazageza ku wa 15 Mutarama 2022.

Yakomeje ati “Mu bufatanye n’abatumiza iyo gaz ikoreshwa mu guteka twaricaye turareba, igiciro kuva ejo ku wa Gatatu ku itariki 15 kiraba 1260 Frw ku kilo. Ubwo rero urumva ubibaze niba umuntu akoresha icupa ry’ibilo bitatu bya gaz igiciro kiraba 3780 Frw, ibilo 6 ni 7560 Frw, ibilo 12 ni 15,120 Frw, ibilo 15 ni 18,900 Frw, ibilo 20 ni 25,200 Frw.”

Minisitiri w’ibikorwa remezo Amb Gatete Claver, yavuze ko izi mpinduka zijyanye na politiki yo kwimakaza izindi ngufu zikoreshwa mu guteka, hakagabanywa ibikoreshwa bikomoka ku mashyamba bakava kuri 79% bakagera kuri 42% kugeza mu mwaka wa 2024.

Ni uburyo ngo bwangiza ikirere n’ibidukikije muri rusange.

Yavuze ko abanyarwanda bari barimo kubyitabira, ariko ibiciro bihanitse byari bitangiye kuba imbogamizi ku buryo byari gutiza umurindi kongera gukoresha cyane amakara.

Minisitiri Gatete yavuze ko mu 2016 abakoresha gaz mu guteka bari 2.5%, mu gihe mu mpera z’umwaka ushize bari bageze kuri 5%.

Uretse gaz, hanakoreshwa biogaz ubu zirenga 10,000 ndetse intego ni uko zarushaho kuzamuka, bikunganirwa no kubaka za rondereza zituma abantu bakoresha inkwi nke cyane. Hari no gukoresha za briquettes.

Yavuze ko ari gahunda igenda yitabirwa, kuko n’ingabo z’u Rwanda na Polisi bakoresha gaz, ubu Urwego rw’amagereza narwo rubigeze kure.

TAGGED:Dr Nsabimana ErnestfeaturedGatete ClaverGazGuteka
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hari Inzego Zitwaje Ibihe Bikomeye Abanyarwanda Barimo Zibaka Ruswa
Next Article Hadutse Indi Ndwara ‘Itaramenyekana’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Menya Impamvu Kugabanya Ibiro Bigora

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?