Umutwe wa gisirikare na politiki AFC/M23 uremeza ko inyeshyamba zawo mu masaha y’umugoroba zinjiye mu mujyi wa Uvira mu ijoro ryo kuri uyu wa Kabiri Tariki 09, Ukuboza, 2025.
Mbere yo kuwufata ingabo za DRC zari ziriwe zihungana n’abaturage b’aho.
Mu gihe ku rugamba ari uko bimeze ushingiye ku ruhande rwa AFC/M23 mu ruhando rwa dipolomasi na Politiki ho haravugirwa byinshi.
I Kinshasa bavuga bari gucungira hafi ibiri kubera muri Uvira.
Guverineri wa Kivu y’Amajyepfo ari n’aho Uvira iherereye witwa Jean-Jacques Purusi yabwiye Radio Okapi ko uwo mujyi utarafatwa.
Hagati aho, Umuvugizi wa Guverinoma ya Congo, Patrick Muyaya yagize ati: “Turakurikirana ibibera kuri terrain ku murongo wa Kamanyola – Uvira.”
Avuga ko ingabo z’igihugu cye zimaze iminsi zivuze ko hari bombe zarashwe ziturutse muri Bugarama mu Rwanda zigwa ku baturage.
Yaboneyeho gutangaza ko habaye Inama na Minisitiri w’Intebe bavuga ku byabereye i Washington kandi ngo raporo basuzumye zirimo iy’Umuryango Mpuzamahanga utabara imbabare, CICR, zibaha amakuru ateye impungenge.
Patrick Muyaya yashinje u Rwanda “gushaka kugira intambara ‘iy’akarere”, akemeza ko ibitero byageze no mu Burundi, akavuga ko ‘bazabibwira’ abahuza muri iki kibazo.
Avuga ko ingabo z’igihugu cye ziri ku rugamba kandi ibintu bishobora guhinduka igihe icyo ari cyo cyose.
U Rwanda rubeshyuza ibyo Muyaya avuga…
Yolande Makolo uvugira Guverinoma y’u Rwanda yavuze ko “ibinyoma” bya Minisitiri Muyaya birambiranye.
Ati: “Ibinyoma birarambiranye. DR.Congo ntabwo yaba umugenzuzi w’agahenge k’imirwano mu gihe ari yo irimo yica agahenge ko guhagarika imirwano. Nta n’ubushake ifite bwo kubahiriza amasezerano ya Washington iherutse gusinya.”
AFC/M23 yo ivuga ko yuma yo gufata Uvira izahashyira umutekano.
Corneille Nangaa yanahakanye ko hari ubufasha ubwo ari bwo bwose u Rwanda rubaha.
Ifatwa rya Uvira riraba ribaye irya gatatu rikorewe umujyi ukomeye mu Burasirazuba bwa DRC nyuma ya Goma na Bukavu.


