Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: M23 Yerekanye Intwaro Ivuga Ko Yanyaze Abacanshuro
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

M23 Yerekanye Intwaro Ivuga Ko Yanyaze Abacanshuro

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 January 2023 11:19 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amashusho bivugwa ko yafashwe n’abarwanyi ba M23  yacishijwe kuri Twitter, arerekana intwaro yemeza ko zatawe n’abacanshuro bafasha FARDC ku rugamba.

Mu mezi make ashize nibwo bamwe mu bacanshuro baturuka mu Burusiya no muri Roumania batangiye kugera muri Repubulika ya Demukarasi ya Congo.

Amakuru avuga ko bahagarariwe n’Umufaransa witwa Olivier Bazin bahimba  Col Mario.

Video  ya M23 yerekana abasirikare bayo bikoreye intwaro ziremereye.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Bari bakurikiranye ku murongo bavuye ku rugamba ariko nta nkomere yari ibarimo.

Biganjemo abasore b’intarumikwa batambuka bavuga Igiswayile n’Ikinyawanda gike.

Bari bavuye ku mirongo y’urugamba na FARDC n’abo  ifatanyije iherutse kubera muri Teritwari ya Rutshuru.

Abo bafatanyije bavugwa aha ni FDLR, Mai Mai n’abacanshuro bo mu Burusiya na Roumania.

Bivugaga imyato bavuga ko batahanye iminyago irimo imbunda ziremereye zo mu bwoko bwa Mortier 60 MM, RPG, Machine Guns n’umurundo wa AK47 zikiri nshya.

- Advertisement -

Ijwi riri mu mashusho ari ku rubuga rw’uyu mutwe,  riragira riti:  “N’abazungu b’Abarusiya murebe ibyo bataye byose, murabona RPG, murabona Mortier nshya, iyi Guverinoma yacu sinzi ko iyi ntambara barwana bazayitsinda.”

Bishongoye ku bo bahanganye babacira umugani uvuga ko ‘akari bupfe kabungira akari bukice”.

Kuba izi ntwaro M23 izikuye ku barwanyi barimo na bariya bacanshuro ni ikindi kimenyetso kivuga ko iby’uko ihabwa intwaro n’u Rwanda nta shingiro bifite.

Igizwe n’abarwanyi bazi akazi kabo, bafite ubushobozi bwo kwambura uwo bahanganye intwaro, imiti n’ibiribwa, bikabahesha uburyo bwo gukomeza kurwana na mususu.

Hagati aho Turikiya iherutse guha Repubulika ya Demukarasi ya Congo intwaro ziremereye.

Icyo gihe M23 yatangaje ko yishimiye izo ntwaro zahawe Congo kuko bazazibambura ku manywa y’ihangu izindi bakazigura ku giciro gito.

Icyakora nta ruhande mu zihanganye na M23 ruragira icyo rutangaza kuri ibi bigwi uyu mutwe uri kwivuga.

Accompagné d’images vidéos ici présente les #M23 viennent d’administrer une RACLÉE à la coalition #FARDC–#FDLR–#MAiMAi–#Wagner sur 2 fronts en même temps et récupérer tout un #ARSENAL.https://t.co/cUtQs5X3om pic.twitter.com/G14TBu2vfA

— Secret de la RDC (@DelaCachette) January 9, 2023

TAGGED:AbacanshuroCongoDRCfeaturedIngaboMakenga
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kicukiro: Bamuteye Icyuma Mu Irugu
Next Article Sosiyete Sivile Isanga Ibitera Abana Guta Ishuri Byiyongera
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?