Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mexique Haba Ababikira Biyemeje Guteza Imbere Urumogi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Utuntu n'Utundi

Mexique Haba Ababikira Biyemeje Guteza Imbere Urumogi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 28 December 2023 1:47 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mexique ni igihugu kiri mu Majyepfo ya Leta zunze ubumwe z’Amerika. Uretse kuba kiri mu bikize muri Amerika bita ko ari iya Abalatini( Latin America), iki gihugu kizwiho byinshi birimo n’urugomo ruterwa n’ibiyobyabwenge.

Mexique iri mu Majyepfo ya Leta zunze ubumwe z’Amerika

Muri iyi nkuru, ikiyobyabwenge kihavugwa ni urumogi ruhingwa, rugasarurwa kandi rugatunganywa ndetse rukananyobwa n’ababikira biyise Ababikira bo mu gikombe( Sisters of Valley).

Umuryango wabo bawushinze mu mwaka wa 2014, babikora bagamije kumenyekanisha ibyiza byo kunywa urumogi ariko mu rwego rwo kwivura.

Uko babivuga kandi ni nako babikora kubera ko nabo barunywa ku bwinshi.

Hari n’itsinda ry’abandi babikira bakorera muri Leta zunze ubumwe z’Amerika biyemeje kubigana.

Ibiri amahire ni uko hari Leta 12 muzirenga 50 zigize Amerika zemera gukoresha urumogi ku mugaragaro.

Muri izo Leta niho abo babikira bahakora ubucuruzi bukomeye k’uburyo mu mwaka wa 2022 bwabinjirije $500,000.

Ababikira bo muri Mexique bo berekana ku mugaragaro ko kunywa urumogi ari ikintu kitagize ikintu namba gitwaye.

Bafite paji ya Instagram bashyiraho amafoto bahinga, babagara, basarura, banika ndetse bakanywa n’urwo rumogi bejeje.

Hagati aho kandi ni uko baba bajya mu bitaramo cyangwa ibiganiro mbwirwaruhame bivuga ku rumogi.

Icyakora bo ntibunguka cyane nka bagenzi babo bo muri Amerika kuko ku mwaka ibyo bakora bibinjiriza $10,000 gusa.

Igitangaje ariko ni uko abo babikira bo mu gikombe bari abantu batanu GUSA.

Bakora k’uburyo berekana amakuru make y’aho baherereye k’uburyo utapfa kuhakeka.

Imikorere yabo iba iteguye k’uburyo abapolisi badapfa kumenya aho bakorera.

Si polisi gusa bihisha ahubwo baba banga ko abagizi ba nabi bandi bashobora kuza bakabasahura ibyo bigejejeho muri ubwo bucuruzi bwabo ‘butemewe.’

Baherutse gutumira umunyamakuru bamusaba ko abafata amashusho ariko nabwo mu buryo butuma aho bakorera hatazapfa kumenyekana.

Si ukunywa urumogi gusa ariko kuko abo babikira banarutunganya kugira ngo barukoreshe bavura abaturage bafite ibikomere, imvune, kubura ibitotsi n’ibindi.

Mu mikorere yabo habamo no guhora basoma batyaza ubwenge.

Nta ndahiro bakora iyo bagiye kwinjira muri uwo muhamagaro.

Bafite umuhanga mu butabire witwa Alehli Paz ubafasha mu gukora imiti muri iki kimera.

Ikindi kiranga aba babikira badasanzwe ni uko bahora bambaye amadarubindi yirabura.

Amafoto yabo:

Bafite umuhanga mu butabire ubafasha kurutunganya neza
Nabo bararunywa
Bakorera ahantu bihishe Polisi
Aba babikira badasanzwe bahinga no mu ndobo
TAGGED:AbabikirafeaturedMexiqueUbucuruziUbuvuziUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abana Bafite Ubutumwa Bageneye Abayobozi Ababyeyi N’Abarezi
Next Article Imikoranire Ya BK Na BDF Mu Gufasha Imishinga Mito N’Iciriritse
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?