Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imikino

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 November 2025 4:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Minisitiri Nelly Mukazayire.
SHARE

Nelly Mukazayire uyobora Minisiteri ya Siporo yabwiye Komisiyo mu Nteko ishinga amategeko ishinzwe gukurikirana ikoreshwa ry’umutungo wa Leta ko amakipe yose azahagararira u Rwanda ku rwego mpuzamahanga atazaba ‘ingwizamurongo’ ngo ahabwe amafaranga atavamo umusaruro.

Bisa nk’aho amakipe yose azahagararira igihugu mu marushanwa mpuzamahanga azajya atanga umusaruro igihugu kiyakeneyeho kandi ujyanye n’ibyayatanzweho.

Ibiyatangwaho kandi ni byinshi kuko nta kipe isohoka ngo ibure miliyoni Frw 300 ziyigendaho.

Mu gusubiza ibibazo by’abagize PAC, Mukazayire Nelly yababwiye ko ingamba Minisiteri ataramaramo umwaka yafashe harimo ko ifaranga ryose rya Leta aho rigiye ku makipe yose no mu bindi bikorwa bya siporo rigomba gukurikiranwa rikagira umusaruro urivamo.

Ati: “Mu biganiro twagiranye na Federasiyo zose, twemeranyije ko tutazajya twohereza amafaranga ahantu hatateguwe kandi hatari gahunda z’imikino zigaragara.”

Raporo y’Umugenzuzi Mukuru w’Imari ya Leta, y’umwaka wa 2022/2023 yerekana ko hari miliyari nyinshi z’amafaranga y’u Rwanda zisohoka muri MINISPORTS zigahabwa za federasiyo ngo zizikoreshe mu guteza imbere siporo ariko ntizigire umusaruro zitanga.

Hari n’aho Abadepite ba PAC basanze nta nyandiko zihari zerekana uko amafaranga yakoreshejwe mu bikorwa bya siporo kandi bivugwa ko yasohotse.

Minisitiri Mukazayire yavuze ko we n’itsinda bafatanyije kuyobora Minisiteri bari gukora uko bashoboye ngo bashyire ibintu ku murongo kurusha uko babisanze.

Ni aho ahera avuga ko ‘ibintu biri hafi gutungana’.

Ati: “Niba nta gahunda igamije kugera ku musaruro ntabwo tuzayishyigikira.”

Yunzemo ko iyo basuzumye bagasanga ikipe y’igihugu nigera aho izakinira izaba ingwizamurongo, nta mafaranga bayiha, bivuze ko iba itakitabiriye iryo rushanwa.

Ati: “Uyu munsi ntabwo ikipe y’u Rwanda isohaka iyo tubona tugiye kuba ingwizamurongo. Icyo gihe ntabwo aho tuhatanga amafaranga.”

Yatanze urugero rw’uko mu mwaka ushize ikipe yIgihugu y’umupira w’amaguru y’abatarengeje imyaka 17 yabujijwe gusohoka kuko itari yiteguye neza kwitabira imikino y’Akarere ka Afurika y’Uburasirazuba CECAFA.

Mu gukosora ibitari biri ku murongo icyo gihe, Mukazayire agira ati: “Twabanje kuzana umutoza, turababwira ngo mufate abakinnyi mubategura muzane n’ababa hanze.Ubu abakinnyi bakina hanze twongeyemo ni batanu, kandi tuzi ko bazatanga umusaruro mu ikipe turi kubaka.”

Nubwo mu Rwanda hari Federasiyo 30 za siporo zinyuranye, Minisiteri ya Siporo ivuga ko ikorana na 11 muri zo kuko zifatika kandi ziharanira ko abazigize batanga umusaruro.

Avuga kandi ko u Rwanda rukora uko rushoboye rukubaka ubumenyi bwa siporo ku bana bakiri bato bihereye mu mashuri.

Minisitiri Mukazayire kandi yavuze ko hatangijwe irushanwa rizahuza za Kaminuza mu mukino w’amaguru, volleyball na basketball, rikazatangira umwaka utaha.

TAGGED:AbadepiteAmarushanwafeaturedMinisiteriMukazayireSiporo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?
Next Article Gasabo: Bafungiwe Kwangiza Amashanyarazi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Abanyarwanda Banywa Ikawa Ni 5%-NAEB

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Nta Gihugu Cyakijijwe Naza NGOs-Perezida Kagame

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?