Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Minisitiri w’Intebe wa Sudan Yasubijweho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Minisitiri w’Intebe wa Sudan Yasubijweho

admin
Last updated: 21 November 2021 8:35 am
admin
Share
SHARE

Igisirikare cya Sudan cyemeje ko Abdalla Hamdok agiye gusubizwa mu nshingano ze nka Minisitiri w’Intebe, nyuma y’iminsi akuweho ndetse abasivili benshi bari bagize guverinoma ye bagatabwa muri yombi.

Ni icyemezo cyagezweho nyuma y’ibiganiro byamaze amasaha menshi bihuje amashyaka atandukanye n’ubuyobozi bw’igisirikare.

Ikurwaho rya Hamdok ryateje imyigaragabyo ikomeye mu gihugu, abaturage bamagana uburyo abasirikare bashaka kwikubira ubutegetsi.

Yabanje gufungwa ariko aza gusubizwa iwe mu rugo, akomeza gucungirwa umutekano.

Umuyobozi wa Umma Party, Fadlallah Burma Nasir, kuri iki Cyumweru yatangaje ko Hamdok azasubizwa mu nshingano ze mu minsi mike iri imbere, nk’uko yabibwiye Reuters.

Biteganywa ko azashyiraho guverinoma nshya igizwe n’inzobere mu nzego zitandukanye, ndetse ko abantu bose bari bamaze gutabwa muri yombi kubera impamvu za politiki bazahita barekurwa.

Sudan ikomeje guhura n’ibibazo bya politiki bishingiye ku kudahuza kw’impande ziyoboye igihugu mu nzibacyuho, hagati y’abasivili n’abasirikare.

Ni ibibazo igihugu gikomeje kunyuramo nyuma y’ihirikwa rya Omar al-Bashir wahoze akiyobora.

 

TAGGED:Abdalla HamdokfeaturedMInisitiri w'INtebeSudan
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abagore Bo Muri FPR-Inkotanyi Bahuye Ngo Bagire Ibyo Basuzuma
Next Article Ibizagenderwaho Mu Gukingira COVID-19 Abana Bafite Imyaka 12
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Trump Yategetse Hamas Guhita Irekura Abanya Israel Bose Yashimuse

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUmutekano

RIB Ibakurikiranyeho Gukoresha Telefoni Bagatekera Abandi Umutwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu RwandaUbukungu

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?