Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Miss World 2021 Yasubitswe Igitaraganya
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Imyidagaduro

Miss World 2021 Yasubitswe Igitaraganya

Last updated: 17 December 2021 8:02 am
Share
SHARE

Ubuyobozi bwateguye irushanwa rya Miss World 2021 ririmo kubera muri Puerto Rico bwarisubitse ku munota wa nyuma, kubera ubwandu bwa COVID-19 bwibasiye abaryitabiriye.

Ni irushanwa rihurije hamwe abakobwa 97 bo hirya no hino ku Isi, u Rwanda ruhagarariwe na Miss Rwanda 2021 Ingabire Grace.

Icyemezo cyo gusubika iri rushanwa cyatangajwe kuri uyu wa Kane habura amasaha make ngo habe ibirori bikomeye cyane byo kurisoza.

Cyafashwe nyuma y’inama yahuje abahanga mu by’ubuvuzi n’ibiyanye na za virus bahawe akazi kugira ngo bakurikirane irushanwa rya Miss World 2021, hamwe n’ibiganiro n’inzego z’ubuzima za Puerto Rico.

Itangazo rikomeza riti “Icyemezo cyafashwe n’abategura irushanwa ni ukwimura umunsi wa nyuma ukurikiranirwa hirya no hino ku isi uzabera muri Puerto Rico Coliseum Jose Miguel Agrelot, mu minsi 90 iri imbere.”

Abategura irushanwa bavuze ko hafashwe ibyemezo byo gukaza amabwiriza yo kwirinda mu nyungu z’abitabiriye irushanwa, abarimo gutunganya irushanwa n’abazarikurikirana.

Bakomeza bati “Ariko nyuma y’ubwandu bwiyongereye bwemejwe muri iki gitondo, nyuma yo kuganira n’inzego z’ubuzima hafashwe icyemezo cyo kurisubika.”

Abitabiriye iri rushanwa bose bahise bashyirwa mu kato mu gihe bategereje kongera gupimwa.

Itangazo rikomeza riti “Umunsi wonyine abitabiriye irushanwa n’abarimo kurikoramo bose bazaba bemejwe n’inzego z’ubuzima n’abajyanama ko nta kibazo basigaranye, nibwo abitabiriye irushanwa n’abarimo gufasha mu migendekere myiza yaryo bazasubira mu bihugu byabo.”

Julia Morley uyobora Miss World Ltd yatangaje ko bategereje umunsi abarimo guhatana bazabasha gusubira mu irushanwa.

Hari amakuru ko icyemezo cyogusubika irushanwa cyafashwe nyuma y’uko abantu 17 mu bitabiriye irushanwa n’abarimo kurikoramo banduye COVID-19.

Mu batahuweho ubwandu harimo Manasa Varanasi wegukanye ikamba rya Miss India World 2020.

 

TAGGED:featuredIngabire GraceMiss World
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Uruganda Inyange Rwakoze Icupa Ry’Amazi Ritangiza Ibidukikije
Next Article Inama Elon Musk Agira Urubyiruko Ngo Ruhange Imirimo Y’Ejo Hazaza
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

DJ Toxxyk Hari Ibyo Yemeye Mu Rukiko Ibindi Arabihakana

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?