Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mu Rwanda Ubutekamutwe Ku Madolari Buracyahari
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Mu Rwanda Ubutekamutwe Ku Madolari Buracyahari

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 27 February 2021 1:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Polisi yafashe abagabo babiri batuburiye abantu batandukanye bababeshya ko bafite amadolari avunja amafaranga y’u Rwanda agera kuri za miliyoni kandi mu by’ukuri ari amadolari ya rimwe($1) rimwe($1) ariko ageretseho nka rimwe ry’ijana ($100).

Aberetse itangazamakuru ni abagabo babiri barimo umwe mu murenge wa Kigali, mu Karere ka Nyarugenge.

Uyu mugabo avuga ko yagiye muri gereza ahasanga mugenzi we baramenyekana barabana nyuma baza  kunoza umugambi wo kuzashaka amafaranga nibafungurwa.

Ikindi ni uko uyu uwo mugabo wafashe akekwaho icyaha cyo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya yavuze ko ubwo yafungwaga akahahurira n’uwo bwakoranye uriya mugambi nabwo yari yafungiwe gutuburira abantu amadolari.

Yavuze ko ubwo bari bamaze gufungurwa banogeje umugambi w’uko bahurira muri Gare ya Nyabugogo bakajya guhangika amadolari umuntu w’i Muhanga.

Asobanura uko babigenza…

Avuga ko iyo bajya ahantu bakareba umuntu uje kuvunjisha bakamubwira ko bafite amadolari($) ashaka ko byaba byiza ababwiye  ayo yifuza basanga ari menshi bakayamwereka ariko ari menshi.

Uko kuba menshi biterwa n’uko baba bafasha amadolari menshi ya rimwe rimwe($1) ariko hejuru bakagereka inoti y’amadolari 100 kugira ngo bareke uwo bashaka gutuburira ko amafaranga ashaka ahari.

Kubera ko aba ari kumwe na mugenzi we[w’umutekamutwe] uwo mugenzi we aba ari ku ruhande agakora uko ashoboye ngo uwo ushaka gutuburirwa atajya mu byo kubara ariya mafaranga.

Yagize ati: “ Amafaranga nabonye  binyuze muri ubu bujura ni Frw 1.800.000 ariko rwose si nzabyongera kandi ndasaba Polisi kuyifasha kuzafata abantu bakora ibyaha nk’ibi byanjye.”

Yemeza ko muri Kigali ahazi abantu batanu bakora buriya buriganya.

Polisi isaba Abanyarwanda kudaca ibusamo bashaka ibitemewe n’amategeko…

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda Commissioner of Police(CP) John Bosco Kabera avuga uko ikintu k’ibanze Abanyarwanda bagomba kumenya ari uko gukora ibintu bidakurikije amategeko, bagaca iy’ibusamo bagomba kubyirinda.

CP John Bosco Kabera asaba Abanyarwanda kujya bashishoza bagakora ibiciye mu mujyo

Ati: “ Gushaka kubona serivisi binyuze mu kudakurikiza inzira ziteganyijwe buri gihe bigira ingaruka haba kuzishaka haba no kuzitanga. Abanyarwanda bagomba kujya bagira amakenga.”

Polisi ivuga ko abazatekera Abanyarwanda imitwe bose bazafatwa, igihe cyose bizasaba n’imbaraga bizasaba.

TAGGED:AmadolarifeaturedGutuburaKaberaPolisi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibyo Tshisekedi Yaganiriye Na Kamala Harris
Next Article Umuryango Wa Afurika Y’Iburasirazuba Ufite Umunyamabanga Mukuru Mushya
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Polisi Irashakisha Abantu Bahohoteye Umugore Bikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?