Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Abiga ETEKA Bakoze Robo Iburira Abantu Ku Biza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Abiga ETEKA Bakoze Robo Iburira Abantu Ku Biza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 June 2024 7:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyeshuri bo muri Ecole Technique de Kabgayi, ETEKA, bamurikiye abakora mu rwego rw’uburezi n’abo muri Kiliziya gatulika muri Kabgayi icyuma cy’ikoranabuhanga (robot) bavuga ko bakoze ngo kijye kiburira abaturage uko ikirere kifashe bityo birinde ibiza.

Iryo koranabuhanga barigaragaje ubwo hizihizwaga Icyumweru cy’Uburezi cy’amashuri Gatolika cyabereye mu Karere ka Muhanga.

Umwe muri abo banyeshuri witwa Ngabo Frank Salomon wiga mu mwaka wa gatandatu muri iri Shuri yabwiye itangazamakuru ko bamaze kubona ingaruka ibiza biteza basanze ari ngombwa ko batanga umusanzu bagahanga udushya dushingiye ku ikoranabuhanga.

Avuga ko iryo koranabuhanga barishyizemo inzogera izajya irangurura ku ijwi abantu bose bumva bagakizwa n’amaguru.

Umwe mu barimu bo muri ETEKA witwa Ngendahimana Isaac yabwiye UMUSEKE ko mu mashami atatu bafite ariyo ubwubatsi, ubukanishi n’amashanyarazi abayigamo bakaba bamuritse udushya abayigamo bahanze.

Avuga ko ibyo abanyeshuri biga mu magambo baba bagomba no kubishyira mu bikorwa.

Mu byo avuga ko bavumbuye harimo ikoranabuhanga ryo kurinda umutekano bahuza na telefoni ya nyirirugo, hagira ukomanga ku rugi udahari ukabyumvira kuri iyo telefoni ngendanwa.

Hari n’akandi gashya bahanze kigisha abaturage uburyo bwo kuvomerera.

Umushumba wa Diyosezi ya Butare akaba n’Umuyobozi ushinzwe uburezi muri Kiliziya Gatolika, Musenyeri Philippe Rukamba avuga ko mu ireme ry’uburezi abana bakwiriye ‘kwiga byimbitse’ amasomo ari mu mashami bahisemo.

Ati: “Muri Kiliziya Gatolika dutanga Uburezi bufite ireme tugakurikirana imyigire ya buri mwana.”

Rukamba avuga ko bamenya impano buri mwana wese afite,  abarezi bakamufasha kuyizamura.

Ati: “Abiga mu mashami ry’indimi, imibare n’andi yose tubigisha kumenya ayo masomo no kuyashyira mu bikorwa.”

Umujyanama Mukuru muri Minisiteri y’uburezi Gatabazi Pascal avuga ko Kiliziya Gatolika ari umufatanyabikorwa ukomeye wa Leta mu burezi.

Gatabazi Pascal avuga ko bashima intambwe nziza abanyeshuri bahanga udushya bagezeho, akavuga ko uko ikoranabuhanga ritera imbere ku isi, abaryiga mu Rwanda nabo bagomba kujyana naryo.

TAGGED:AbanyeshuriGatabaziMuhangaRobo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gitifu Arashinjwa Kwaka Ruswa Ya Frw 5,000
Next Article Jeannette Kagame Yibukije Urubyiruko Kubungabunga Amajyambere Y’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Kinshasa Irasaba AFC/M23 Gufungura Ikibuga Cy’Indege Cya Goma Byihuse

U Rwanda Rwatangije Irushanwa Rizajya Rihuza Za Kaminuza Muri Siporo

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Afurika Y’Epfo: Abantu 11 Biciwe Mu Kivunge

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Abafite Ubumuga Biyemeje Kuzabera N’Abandi Isoko Y’Iterambere

Busabizwa Yatanze Kopi Z’Impapuro Zo Guhagararira u Rwanda Muri Guinée Equatoriale

Polisi Ivuga Ko Mu Mwaka Wa 2025 ibyaha Byagabanutse Kuri 15.7%

Kagame Yaganiriye N’Umuyobozi W’Ikigega Cy’Isi Cy’Imari 

U Rwanda Rwamurikiye Abanya Congo Brazzaville Aho Rugejeje Ubukungu Bwarwo

You Might Also Like

Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Yabyariye Mu Modoka Y’Abagenzi Ijya Rubavu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?