Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muhanga: Abiga ETEKA Bakoze Robo Iburira Abantu Ku Biza
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muhanga: Abiga ETEKA Bakoze Robo Iburira Abantu Ku Biza

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 09 June 2024 7:21 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abanyeshuri bo muri Ecole Technique de Kabgayi, ETEKA, bamurikiye abakora mu rwego rw’uburezi n’abo muri Kiliziya gatulika muri Kabgayi icyuma cy’ikoranabuhanga (robot) bavuga ko bakoze ngo kijye kiburira abaturage uko ikirere kifashe bityo birinde ibiza.

Iryo koranabuhanga barigaragaje ubwo hizihizwaga Icyumweru cy’Uburezi cy’amashuri Gatolika cyabereye mu Karere ka Muhanga.

Umwe muri abo banyeshuri witwa Ngabo Frank Salomon wiga mu mwaka wa gatandatu muri iri Shuri yabwiye itangazamakuru ko bamaze kubona ingaruka ibiza biteza basanze ari ngombwa ko batanga umusanzu bagahanga udushya dushingiye ku ikoranabuhanga.

Avuga ko iryo koranabuhanga barishyizemo inzogera izajya irangurura ku ijwi abantu bose bumva bagakizwa n’amaguru.

Umwe mu barimu bo muri ETEKA witwa Ngendahimana Isaac yabwiye UMUSEKE ko mu mashami atatu bafite ariyo ubwubatsi, ubukanishi n’amashanyarazi abayigamo bakaba bamuritse udushya abayigamo bahanze.

Avuga ko ibyo abanyeshuri biga mu magambo baba bagomba no kubishyira mu bikorwa.

Mu byo avuga ko bavumbuye harimo ikoranabuhanga ryo kurinda umutekano bahuza na telefoni ya nyirirugo, hagira ukomanga ku rugi udahari ukabyumvira kuri iyo telefoni ngendanwa.

Hari n’akandi gashya bahanze kigisha abaturage uburyo bwo kuvomerera.

Umushumba wa Diyosezi ya Butare akaba n’Umuyobozi ushinzwe uburezi muri Kiliziya Gatolika, Musenyeri Philippe Rukamba avuga ko mu ireme ry’uburezi abana bakwiriye ‘kwiga byimbitse’ amasomo ari mu mashami bahisemo.

Ati: “Muri Kiliziya Gatolika dutanga Uburezi bufite ireme tugakurikirana imyigire ya buri mwana.”

Rukamba avuga ko bamenya impano buri mwana wese afite,  abarezi bakamufasha kuyizamura.

Ati: “Abiga mu mashami ry’indimi, imibare n’andi yose tubigisha kumenya ayo masomo no kuyashyira mu bikorwa.”

Umujyanama Mukuru muri Minisiteri y’uburezi Gatabazi Pascal avuga ko Kiliziya Gatolika ari umufatanyabikorwa ukomeye wa Leta mu burezi.

Gatabazi Pascal avuga ko bashima intambwe nziza abanyeshuri bahanga udushya bagezeho, akavuga ko uko ikoranabuhanga ritera imbere ku isi, abaryiga mu Rwanda nabo bagomba kujyana naryo.

TAGGED:AbanyeshuriGatabaziMuhangaRobo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gitifu Arashinjwa Kwaka Ruswa Ya Frw 5,000
Next Article Jeannette Kagame Yibukije Urubyiruko Kubungabunga Amajyambere Y’u Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Shampiyona Y’Abagore Y’u Rwanda Izajya Ica Kuri Rubuga Rwa FIFA

Abana Bato Bafite Ba Nyina Bacukura Amabuye Y’Agaciro Babaho Bate?

ICPAR Yishimira Aho Igeze Iteza Imbere Umwuga W’Ibaruramari

Kagame Yaganiriye N’Uyobora Banki Nyafurika Y’Iterambere Bibanda Ku Mikoranire

Kuki Hari Imyanzuro u Rwanda Rwemera K’Uburenganzira Bwa Muntu Ntishyirwe Mu Bikorwa Yose

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Niki Cyateye Igiciro Cy’Ikawa Y’u Rwanda Kuzamuka?

U Rwanda Rusanga Imvugo Za Ndayishimiye Zibangamira Umubano Warwo N’Uburundi

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

You Might Also Like

Mu Rwanda

Abatanga Ubutabera Bajye Basura Amahanga Barebe Uko Bigenda-Sosiyete Sivile

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Uko RDF Yakiriwe Muri Jamaica

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?