Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mujawamariya Yasabye Abaturage Kutumva Ko Hari Uzaza Kubasanira Inzu
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

Mujawamariya Yasabye Abaturage Kutumva Ko Hari Uzaza Kubasanira Inzu

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 22 November 2023 8:48 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Minisitiri w’ibidukikije Dr. Jeanne d’Arc Mujamariya yasabye abaturage bo muri Gicumbi baherutse guhabwa inzu n’umushinga wa Green Gicumbi ko bakwiye kuzitaho, ntibatekereze ko nizangirika hari uzaza kuzibasanira.

Yaraye abivugiye mu gikorwa cyo gutaha ku mugaragaro inzu abo baturage babakiwe mu Murenge wa Kaniga mu Karere ka Gicumbi.

Minisitiri w’ibidukikije Dr. Mujawamariya yagize ati “Turifuza ko mwazafata neza izi nzu kandi mugaharanira kwishakamo ibisubizo n’ubushobozi bwo gusigasira ibyiza nk’ibi muba mugejejweho na Leta y’u Rwanda.”

Avuga ko Leta y’u Rwanda yashyize imbaraga nyinshi mu kubungabunga no kurengera ibidukikije mu rwego rwo kurushaho guhangana n’ingaruka zikomoka ku mihindagurikire y’ibihe.

Yunzemo ko ibyo Leta ikora byose, ibikora igamije ko abaturage bagera ku iterambere rirambye n’ubuzima bwiza.

Ikindi ni uko intego iba ari uko Abanyarwanda bazagera ku bukungu burambye, bakibeshaho ntawe bateze amaboko.

Abaturage bahawe ziriya nzu bavuga ko bazazitaho, ntizangirike.

Bavuga ko bari basanzwe baba mu nzu zishaje, bakemeza ko izo bahawe bazazibungabunga.

Umwe muri bo yabwiye itangazamakuru ko iyo yabagabamo yahirimye inshuro zirindwi akomeza gusanasana.

Yumvuga ko niyongera guhirima, izamuhitana.

Green Gicumbi ni umushinga utera inkunga imiryango itishoboye isanzwe ituye  ahantu hashobora kwibasirwa n’imivu cyangwa inkangu zikururwa n’amazi atemba ku misozi ihanamye.

Umaze kubaka inzu 100 zizakira imiryango 100 itishoboye yimuwe mu turere byagaragaye ko twakwibasirwa na biriya bibazo.

Hari indi miryango 40 iri mu Murenge wa Rubaya, ikiyongeraho indi 60 igomba kwimurwa ikavanwa mu Murenge wa Kaniga, hombi ni mu Karere ka Gicumbi.

Umushinga wa Green Gicumbi watewe inkunga na Green Climate Fund, Ikigega cy’Isi gishinzwe gutera inkunga imishinga yo kurengera ibidukikije no guhangana n’imihindagurikire y’ibihe binyuze muri FONERWA.

TAGGED:AbaturageGicumbiInzuUmudugudu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Telefoni 280,000 Za Airtel Zigiye Guhabwa Abatuye Uburengerazuba
Next Article Perezida Kagame Yaganiriye N’Abayobora Ubutasi Bw’Amerika
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Ruri Kureshya Abakire Bo Mu Buhinde

MINEDUC Yagiye Gutoza Abanyeshuri Isuku

Irani: Abamaze Kugwa Mu Myigaragambyo Bagera Kuri 500

Muhanga: Bashinja Sosiyete Icukura Amabuye Y’Agaciro Kubambura

Miliyari Frw 1.2 Ziva Mu Gusura Nyungwe Zigiye Gufasha Abandi Bayituriye Kubaho Neza

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Menya Imyanzuro Y’Inama Nkuru Ya 17 Ya FPR-Inkotanyi Iheruka

Kigali: Impunzi Zo Muri DRC Zigarambirije Imbere Ya Ambasade Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Ese Robo Zitwara Imodoka Mu Buryo Butekanye Kurusha Abantu?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Nyuma Y’u Rwanda, IShowSpeed Yakomereje Muri Kenya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?