Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Gasabo Hari Operation Ikataje Bise ‘Mu Mizi’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muri Gasabo Hari Operation Ikataje Bise ‘Mu Mizi’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 August 2021 12:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu karere ka Gasabo batangije icyo bise ‘Operation Mu Mizi’ kigamije gufasha urubyiruko rw’aho ruri mu biruhuko kwibuka ko ubusambanyi, gukoresha ibiyobyabwenge no kutirinda COVID-19 byashyira ubuzima bwabo mu kaga.

Akarere ka G  asabo kagizwe n’imirenge 15, muri yo imirenge itandatu ni iy’icyaro indi irindwi ikaba iri mu Mujyi.

Ni ko karere kanini mu turere dutatu tugize Umujyi wa Kigali, aritwo Gasabo, Kicukuro na Nyarugenge.

Kicukiro niko karere gato ariko kakaba ari nako gatuwe n’abaturage bishoboye kurusha utundi twose mu Rwanda.

Ku byerekeye Gasabo, hari umwe mu bakozi b’aka karere wabwiye Taarifa ko umwihariko wako ari uko hari bamwe mu rubyiruko rw’aka karere cyane cyane abo mu bice bituriye igice cy’Umujyi bakunze gushukwa n’abacuruzi cyangwa abatwara amakamyo bakaba babatera inda.

Aha ni kuri rimwe mu mashuri ari mu Murenge wa Jali

Ahinjirira inda ni n’aho hinjiriza virus zitera indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Abo muri Gasabo ngo bararebye basanga nta bundi buryo bwo gukumira ko bariya bana bakwishyira mu kaga bitanyuze mu kubibutsa ibibi byo kwishora mu bikorwa nka biriya.

Uburyo bukoreshwa mu kubyibutsa bariya bana ni ubw’ikoranabuhanga, bakagirana inama n’abayobozi ndetse n’abakora mu by’ubuzima binyuze mu ikoranabuhanga bita Webex.

Kuri Twitter y’aka Karere handitseho ko buriya bukangurambaga kuri uyu wa Gatandatu bwabereye ahitwa Jari, uyu ukaba ari umwe mu mirenge igaragaramo iterambere riganisha ku kuba Umujyi.

Akarere ka Gasabo ni ko kanini mu turere dutatu tw’Umujyi wa Kigali

Ikindi twamenye ni uko mbere y’uko Operation Mu Mizi itangizwa, hari indi yari yarakozwe yiswe ‘Sigaho’ yari igamije guhwitura abantu bakuru ngo basigeho kwangiza abakobwa bakiri bato.

Amakuru twamenye ni uko mu mirenge ya 15 y’Akarere ka Gasabo, imiringe irindwi yo mu gice cy’umujyi ari yo igaragaramo abakobwa batwara inda zitateguwe n’ubwo bitabuza ko no mu cyaro bibayo.

Twamenye ko imirenge igaragaramo iki kibazo kurusha indi ari uwa Kimironko n’uwa Remera.

TAGGED:AkarerefeaturedGasaboImirengeIndaOperation
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibihano Biremereye By’Abatalibani Byatangiriye Ku Bajura
Next Article Uhanganye Na Edgar Lungu Ari Imbere Mu Majwi Y’Umukuru W’Igihugu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Bufaransa Bari Muri DRC Kuganira Ku Mikorere Mishya Ya MONUSCO

U Rwanda Rwafashije Guinea Conakry Gukora Ikoranabuhanga Ryita Ku Masoko Ya Leta 

Imyigire Y’Abana Bagororerwa Mu Igororero Rya Nyagatare

Perezida Kagame Yoherereje Ubutumwa Mugenzi We Wa Angola 

U Rwanda Rwaganiriye Na Maroc K’Ubufatanye Mu Bya Gisirikare 

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

You Might Also Like

Mu mahanga

Minisitiri w’Intebe w’Ubwongereza Mu Ihurizo Ryo Kureba Uko Atakweguzwa 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kagame Aritabira Inama Transform Africa Summit Muri Guinea Conakry 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gicumbi: Abiga Inderabarezi Basaba Ko Bakongererwa Imashini N’Ibitabo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Rwifatanyije Na Algeria Kwizihiza Isabukuru Y’Ubwigenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?