Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Gasabo Hari Operation Ikataje Bise ‘Mu Mizi’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Muri Gasabo Hari Operation Ikataje Bise ‘Mu Mizi’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 August 2021 12:20 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu karere ka Gasabo batangije icyo bise ‘Operation Mu Mizi’ kigamije gufasha urubyiruko rw’aho ruri mu biruhuko kwibuka ko ubusambanyi, gukoresha ibiyobyabwenge no kutirinda COVID-19 byashyira ubuzima bwabo mu kaga.

Akarere ka G  asabo kagizwe n’imirenge 15, muri yo imirenge itandatu ni iy’icyaro indi irindwi ikaba iri mu Mujyi.

Ni ko karere kanini mu turere dutatu tugize Umujyi wa Kigali, aritwo Gasabo, Kicukuro na Nyarugenge.

Kicukiro niko karere gato ariko kakaba ari nako gatuwe n’abaturage bishoboye kurusha utundi twose mu Rwanda.

Ku byerekeye Gasabo, hari umwe mu bakozi b’aka karere wabwiye Taarifa ko umwihariko wako ari uko hari bamwe mu rubyiruko rw’aka karere cyane cyane abo mu bice bituriye igice cy’Umujyi bakunze gushukwa n’abacuruzi cyangwa abatwara amakamyo bakaba babatera inda.

Aha ni kuri rimwe mu mashuri ari mu Murenge wa Jali

Ahinjirira inda ni n’aho hinjiriza virus zitera indwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina.

Abo muri Gasabo ngo bararebye basanga nta bundi buryo bwo gukumira ko bariya bana bakwishyira mu kaga bitanyuze mu kubibutsa ibibi byo kwishora mu bikorwa nka biriya.

Uburyo bukoreshwa mu kubyibutsa bariya bana ni ubw’ikoranabuhanga, bakagirana inama n’abayobozi ndetse n’abakora mu by’ubuzima binyuze mu ikoranabuhanga bita Webex.

Kuri Twitter y’aka Karere handitseho ko buriya bukangurambaga kuri uyu wa Gatandatu bwabereye ahitwa Jari, uyu ukaba ari umwe mu mirenge igaragaramo iterambere riganisha ku kuba Umujyi.

Akarere ka Gasabo ni ko kanini mu turere dutatu tw’Umujyi wa Kigali

Ikindi twamenye ni uko mbere y’uko Operation Mu Mizi itangizwa, hari indi yari yarakozwe yiswe ‘Sigaho’ yari igamije guhwitura abantu bakuru ngo basigeho kwangiza abakobwa bakiri bato.

Amakuru twamenye ni uko mu mirenge ya 15 y’Akarere ka Gasabo, imiringe irindwi yo mu gice cy’umujyi ari yo igaragaramo abakobwa batwara inda zitateguwe n’ubwo bitabuza ko no mu cyaro bibayo.

Twamenye ko imirenge igaragaramo iki kibazo kurusha indi ari uwa Kimironko n’uwa Remera.

TAGGED:AkarerefeaturedGasaboImirengeIndaOperation
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibihano Biremereye By’Abatalibani Byatangiriye Ku Bajura
Next Article Uhanganye Na Edgar Lungu Ari Imbere Mu Majwi Y’Umukuru W’Igihugu
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gukosoza Amakosa Mu Irangamimerere Biracyari Ikibazo Ku Irangamuntu Koranabuhanga

Tekeniki Zifasha Inyoni Kuguruka Zigishije Abantu Gukora Indege

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?