Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Muri Norresken Hari Kubakirwa Icyogajuru Cy’u Rwanda
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
IkoranabuhangaMu Rwanda

Muri Norresken Hari Kubakirwa Icyogajuru Cy’u Rwanda

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 14 October 2024 12:50 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ifoto ya kimwe mu byogajuru u Rwanda rushaka gukora rukacyohereza mu kirere: Credit@IGIHE
SHARE

Ikigo kitwa CubeSat cy’abanya Repubulika ya Tcheque kiri gukora icyogajuru cy’u Rwanda kizoherezwa mu kirere mu mwaka wa 2026. Kizaba gishinzwe gukurura amakuru y’ibintu bitandukanye birimo n’ibireba ubuhinzi.

Imikorere yacyo izaba ishingiye ku ikoranabuhanga rya sensors zikurura amakuru afite amashusho ari mu mabara yose.

Ibyogajuru byinshi byo mu bwoko bw’iki bisanzwe bifata amashusho mu mabara atatu gusa.

Icyogajuru kiri gukorerwa muri Norresken kitwa ‘Hyperspectral 6U CubeSat’, kikaba kiri kubakwa n’ikigo TRL Space Rwanda gikora ibyogajuru ariko gikomoka muri Repubulika ya Tchѐque.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Abenshi mu benjeniyeri bakorana n’iki kigo ni Abanyarwanda bahugurwa na bagenzi babo baturuka mu bihugu bitandukanye by’i Burayi.

Kizaba gifite ibilo biri hagati ya 10 na 12 ndetse na sentimetero  10 z’uburebure bwo kuva hasi ujya hejuru, sentimetero 20 z’ubugari na sentimetero 30 z’uburebure bwo kuva imbere ujya inyuma.

Mu Cyumweru gishize nibwo cyatangiye kubakwa n’abahanga 20 barimo Abanyarwanda barindwi nk’uko IGIHE yabyanditse.

Mu mezi 20 ari imbere nibwo kizaba cyamaze gutunganywa, hakazaba ari mu mpeshyi y’umwaka wa 2026.

Kizahita cyoherezwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika kugira ngo cyoherezwe mu isanzure.

- Advertisement -

Kigomba guhagurukira kuri kimwe mu byanya byabugenewe birimo icya Kennedy Space Center cyangwa icya Cape Canaveral muri Florida, bisanzwe bikoreshwa na SpaceX mu kohereza ibyogajuru mu butumwa bwo mu kirere.

TRL Space Rwanda itangaza ko yamaze kugena ‘Falcon 9 launcher’ ya SpaceX nka rocket izafasha mu kugeza iki cyogajuru mu isanzure.

Ni icyogajuru kizaba cyanditse ku Rwanda, kikazamara imyaka itanu mu isanzure kiri mu ntera ya kilometero 510 uvuye ku butaka.

Kizajya gitanga amakuru yifashishwa mu buhinzi andi ashobora gufasha no mu mutekano, itumanaho n’ibindi.

Ikigo gishinzwe iby’Isanzure mu Rwanda, Rwanda Space Agency- RSA, kiri gutunganya ikusanyirizo ry’amakuru rizajya ryoherezwaho ayafashwe n’iki cyogajuru kugira ngo abyazwe umusaruro.

Hamaze gukorwa ishoramari rya miliyoni $ 1 [miliyari Frw 1.3 ] muri uyu mushinga ariko ayo mafaranga akaba ashobora kuziyongera.

Umuyobozi Mukuru wa TRL Space Rwanda, Petr Kapoum, yavuze ko hari gahunda y’uko u Rwanda ruzohereza ibindi byogajuru mu kirere hafi buri mwaka.

Ati: “Intego yacu ni ukugira ibyogajuru bitanu by’u Rwanda, nyuma y’iki buri mwaka tuzajya twohereza ikindi kugeza bibaye bitanu.”

Ni igikorwa avuga ko kizafasha u Rwanda no mu rwego rw’ubukungu kuko kizarwinjiriza amafaranga.

TAGGED:AbahangafeaturedIcyogajuruIkirereRepubulikaRwandaTchequeUbukungu
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Amakipe Menshi Ya APR Yahinduriwe Ubuyobozi
Next Article Kigali Heights Yaraguzwe, Icyo Izakoreshwa Kiramenyekana Vuba
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Mu Myaka 61 Imaze Mu Rwanda Croix Rouge Yamariye Iki Abaturage?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?