Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mushikiwabo Ngo Kwemerera Israel Kujya Mu Bihugu Bivuga Igifaransa Bizaganirwaho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Mushikiwabo Ngo Kwemerera Israel Kujya Mu Bihugu Bivuga Igifaransa Bizaganirwaho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 October 2021 7:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yabazwaga niba Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa uteganya kuzakira Israel nk’igihugu kiri mu bifite abaturage benshi bavuga ruriya rurimi, Umunyamabanga Mukuru w’uyu muryango Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo yavuze ko bishoboka ariko hari ibigomba kwemeranywaho .

Mushikiwabo yabivugiye mu kiganiro yaraye atangiye Abu Dhabi muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu ahari kubera inama yiswe World Policy Conference 2021.

Umwe mu bari muri iriya nama ukomoka muri Israel yavuze ko kuba igihugu cye gifite abaturage benshi bavuga Igifaransa byagombye gutuma yakirwa mu Muryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa.

Yabajije Mushikiwabo ati: “Ese ko muri Israel hari abantu bavuga Igifaransa bashobora kuba barusha ubwinshi abo mu bihugu bimwe na bimwe mu Muryango muyoboza kandi ikaba atari muri uyu muryango, murateganya kuzayakira?”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mushikiwabo yamusubije ko bishoboka ariko ko hari ibigomba gukorwa.

Yamusubije ati: “Yego ndemera ko bishoboka ariko aha twakwibaza icyo bizasaba.”

Louise Mushikiwabo yamusubije ko rwose ari byiza ko ibihugu bikorana ariko nanone haba  umwihariko mu buryo ibyemezo bifatwa.

Yamuhaye  urugero rw’uko bigenda mu Muryango w’Abibumbye, avuga ko hari ibyemezo bifatwa mu buryo bwihuse binyuze mu Nteko rusange yayo, ariko hari n’ibindi bisaba ko byigwa kandi bigafatwaho umwanzuro n’itsinda rito urugero nk’iry’iihugu bigize Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi.

Kuri Louise Mushikiwabo kuba Israel yaba umunyamuryango w’Ibihugu bivuga Igifarasnsa bizaterwa n’umubano wayo hamwe na bimwe mu bihugu byigize uyu Muryango.

- Advertisement -

Yamwibukije ko biriya bihugu[yirinze kugira icyo avuga] bimaze igihe byigizayo  ubusabe bwa Israel.

Ku rundi ruhande ariko ashima ko Israel imaze iminsi itera intambwe mu kunoza  umubano ifitanye na biriya bihugu, ndetse ngo hari impaka ziteganywa kuzaba mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika zo kumenya niba byari bikwiye ko Israel igirwa umunyamuryango w’indorerezi.

ISRAEL: Igihugu Cy’Indimi Mpuzamahanga

Ibyapa biba byanditsweho mu Cyarabu, Igiheburayo n’Icyongereza

Nta bihugu byinshi biri ku isi wasangamo abaturage bavuga indimi mpuzamahanga zirimo Igifaransa, Icyongeza, Icyarabu, Igisipanyolo n’Ikirusiya  nka Israel.

Ururimi rw’Abanya Israel hafi ya bose ni Igiheburayo. Ku rundi ruhande ariko, abatuye kiriya gihugu bavuga n’izindi ndimi twavuze haruguru.

Icyarabu gikoreshwa n’Abanya Israel bakomoka mu Barabu. Aba baturage bangana na 1/5 cy’abatuye Israel bose.

Ikirusiya kivugwa na 20% by’abaturage ba Israel, biganjemo Abayahudi batahutse bava mu cyahoze ari Leta zunze ubumwe z’Abasoviyete, Icyongereza kigakoreshwa henshi ndetse no mu nzego za Leta kuko buri kirango cya Leta kiba cyanditseho mu Cyongereza, Igiheburayo n’Icyarabu.

Hari inyandiko ivuga ko muri Israel hari indimi 36 zivugwa n’abaturage batagera kuri Miliyoni 10.

Abanya Israel biga mu ndimi nyinshi

Imibare yo muri 2011 ivuga ko abaturage ba Israel barengeje imyaka 20, 49% bavuga Igiheburayo, 18% bakavuga Icyarabu, 15% bakavuga Ikirusiya, 2% bakavuga ikitwa Yaddish, 2% bakavuga Igifaransa, 2% bakavuga Icyongereza, 1.6% bakavuga Ikisipanyolo mu gihe 10% risigaye risaranganyijwe mu bavuga Ikirumaniya, Ikidage na Amharic.

TAGGED:featuredIgifaransaIsraelMushikiwabo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Cardinal Kambanda Yashyizwe Mu Rindi Huriro Ry’Aba ‘Cardinals’
Next Article Afite Imyaka 8, Ni Umuhanga Mu By’Isanzure Muto Kurusha Abandi Ku Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Umusaruro W’Ibikomoka Ku Buhinzi u Rwanda Rwohereje Hanze Mu Cyumweru Gishize

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?