Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Mushikiwabo Ngo Kwemerera Israel Kujya Mu Bihugu Bivuga Igifaransa Bizaganirwaho
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

Mushikiwabo Ngo Kwemerera Israel Kujya Mu Bihugu Bivuga Igifaransa Bizaganirwaho

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 October 2021 7:35 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ubwo yabazwaga niba Umuryango w’Ibihugu bivuga Igifaransa uteganya kuzakira Israel nk’igihugu kiri mu bifite abaturage benshi bavuga ruriya rurimi, Umunyamabanga Mukuru w’uyu muryango Umunyarwandakazi Louise Mushikiwabo yavuze ko bishoboka ariko hari ibigomba kwemeranywaho .

Mushikiwabo yabivugiye mu kiganiro yaraye atangiye Abu Dhabi muri Leta zunze Ubumwe z’Abarabu ahari kubera inama yiswe World Policy Conference 2021.

Umwe mu bari muri iriya nama ukomoka muri Israel yavuze ko kuba igihugu cye gifite abaturage benshi bavuga Igifaransa byagombye gutuma yakirwa mu Muryango w’ibihugu bikoresha Igifaransa.

Yabajije Mushikiwabo ati: “Ese ko muri Israel hari abantu bavuga Igifaransa bashobora kuba barusha ubwinshi abo mu bihugu bimwe na bimwe mu Muryango muyoboza kandi ikaba atari muri uyu muryango, murateganya kuzayakira?”

Mushikiwabo yamusubije ko bishoboka ariko ko hari ibigomba gukorwa.

Yamusubije ati: “Yego ndemera ko bishoboka ariko aha twakwibaza icyo bizasaba.”

Louise Mushikiwabo yamusubije ko rwose ari byiza ko ibihugu bikorana ariko nanone haba  umwihariko mu buryo ibyemezo bifatwa.

Yamuhaye  urugero rw’uko bigenda mu Muryango w’Abibumbye, avuga ko hari ibyemezo bifatwa mu buryo bwihuse binyuze mu Nteko rusange yayo, ariko hari n’ibindi bisaba ko byigwa kandi bigafatwaho umwanzuro n’itsinda rito urugero nk’iry’iihugu bigize Akanama k’Umuryango w’Abibumbye gashinzwe amahoro ku isi.

Kuri Louise Mushikiwabo kuba Israel yaba umunyamuryango w’Ibihugu bivuga Igifarasnsa bizaterwa n’umubano wayo hamwe na bimwe mu bihugu byigize uyu Muryango.

Yamwibukije ko biriya bihugu[yirinze kugira icyo avuga] bimaze igihe byigizayo  ubusabe bwa Israel.

Ku rundi ruhande ariko ashima ko Israel imaze iminsi itera intambwe mu kunoza  umubano ifitanye na biriya bihugu, ndetse ngo hari impaka ziteganywa kuzaba mu Muryango w’Ubumwe bw’Afurika zo kumenya niba byari bikwiye ko Israel igirwa umunyamuryango w’indorerezi.

ISRAEL: Igihugu Cy’Indimi Mpuzamahanga

Ibyapa biba byanditsweho mu Cyarabu, Igiheburayo n’Icyongereza

Nta bihugu byinshi biri ku isi wasangamo abaturage bavuga indimi mpuzamahanga zirimo Igifaransa, Icyongeza, Icyarabu, Igisipanyolo n’Ikirusiya  nka Israel.

Ururimi rw’Abanya Israel hafi ya bose ni Igiheburayo. Ku rundi ruhande ariko, abatuye kiriya gihugu bavuga n’izindi ndimi twavuze haruguru.

Icyarabu gikoreshwa n’Abanya Israel bakomoka mu Barabu. Aba baturage bangana na 1/5 cy’abatuye Israel bose.

Ikirusiya kivugwa na 20% by’abaturage ba Israel, biganjemo Abayahudi batahutse bava mu cyahoze ari Leta zunze ubumwe z’Abasoviyete, Icyongereza kigakoreshwa henshi ndetse no mu nzego za Leta kuko buri kirango cya Leta kiba cyanditseho mu Cyongereza, Igiheburayo n’Icyarabu.

Hari inyandiko ivuga ko muri Israel hari indimi 36 zivugwa n’abaturage batagera kuri Miliyoni 10.

Abanya Israel biga mu ndimi nyinshi

Imibare yo muri 2011 ivuga ko abaturage ba Israel barengeje imyaka 20, 49% bavuga Igiheburayo, 18% bakavuga Icyarabu, 15% bakavuga Ikirusiya, 2% bakavuga ikitwa Yaddish, 2% bakavuga Igifaransa, 2% bakavuga Icyongereza, 1.6% bakavuga Ikisipanyolo mu gihe 10% risigaye risaranganyijwe mu bavuga Ikirumaniya, Ikidage na Amharic.

TAGGED:featuredIgifaransaIsraelMushikiwabo
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Cardinal Kambanda Yashyizwe Mu Rindi Huriro Ry’Aba ‘Cardinals’
Next Article Afite Imyaka 8, Ni Umuhanga Mu By’Isanzure Muto Kurusha Abandi Ku Isi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Ufite Inkomoko Mu Rwanda Agiye Guhatanira Kuba Miss Uganda

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?