Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Ni Ukugabanya Amashagaga Mu Kuguru – CP Kabera Yaburiye Abatwara Ibinyabiziga
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Ni Ukugabanya Amashagaga Mu Kuguru – CP Kabera Yaburiye Abatwara Ibinyabiziga

admin
Last updated: 15 November 2021 12:35 pm
admin
Share
SHARE

Umuvugizi wa Polisi y’u Rwanda CP John Bosco Kabera yaburiye abinubira ko kamera (camera) zifata abarengeje umuvuduko zabaye nyinshi ku mihanda, avuga ko hakiri kare cyane kuko hazakomeza gushyirwaho n’izindi.

Yavuze ko icyo abashoferi basabwa gusa ari ukwitondera ibyapa, bakubahiriza umuvuduko uteganyijwe.

Ati “Kandi iriya kamera ntabwo ijya ikora ‘photoshop’ (guhindura cyangwa guhimba ifoto). Buriya ibyo abantu bajya bavuga, ntijya ikora photoshop, ntabwo ishobora kuvuga ngo iguhimbire, ishyire ikinyabiziga cyawe igishushanye muri yo nirangiza icyandikire, ntabwo bishoboka ibyo byo babimenye.”

Yari kuri Televiziyo Rwanda.

CP Kabera yavuze ko hari abashoferi bahungabanya umutekano wo mu muhanda kuva mu gitondo kugeza nijoro bakumva ko ari ibisanzwe, banacibwa amande bagatinda kwishyura kugeza polisi igiye kubibutsa.

Ati “Ariko noneho ikibabaje ni uko bavuga ngo ‘polisi nayo irimo kutwibutsa nabi, uragira utya waba wagiye ahantu muri resitora, wavayo wagera muri parikingi aho wasize imodoka yawe ugasangayo umupolisi, wagira utya waba wagiye mu kabari, wavayo ugasanga muri parikingi rusange hari umupolisi’, ibyo biremewe.”

Yavuze ko buri muntu afite ubushobozi bwo kwirebera kuri telefoni niba nta mwenda w’ibihano byo mu muhanda afite, akajya kuwishyura bidasabye ko Polisi ibyinjiramo.

Ati “Turagira ngo tubwire abantu ko Polisi, mu muhanda, ahantu rusange mwasize ibinyabigiga byanyu, ipfa kuba itinjiye mu kabari k’umuntu cyangwa muri resitora y’umuntu, rwose abapolisi ni ugushyiramo imbaraga ahubwo bakibutsa abo bantu muri ubwo buryo bushoboka, ku neza cyangwa se no kubahatira ko bagomba kumva amabwiriza.”

CP Kabera yanavuze ko nta mpungenge abantu bakwiye kugira ku bivugwa ko ku mihanda ibyapa bitegeka umuvuduko utarenga km 60/h, kamera zifata abantu barengeje km 40/h.

Yavuze ko abantu bakwiye kuba bazi umuvuduko ugenderwaho mu muhanda kandi bakawubahiriza.

Ati “Ubwo nubyibagirwa Polisi ntiri bubyibagirwe, kamera ntabwo iri bubyibagirwe ariko noneho yo nta nubwo muri buvugane, kubera ko ubundi bajyaga bavuga ngo naba n’umupolisi wenda we mwavugana.”

CP Kabera yakebuye abantu bajya mu muhanda ntibagenzure ibyapa bakitwaza ko bidahari, kandi icyapa gisimburwa n’ikindi n’iyo wagenda ibilometero 20.

Camera ntabwo ziraba nyinshi

CP Kabera yavuze ko abantu bavuga ko camera ari nyinshi ku muhanda bibeshya, ngo ahubwo ntiziraba nyinshi.

Ati “Twagiye tubabwira ko ziziyongera, zizaba na nyinshi, ubwo rero uko zimeze uku niba abantu bumva zibabangamiye, ahubwo bakwiye kugira imyitwarire myiza ku buryo niziba nyinshi [zitazarushaho kubafata].”

Yavuze ko abantu bakwiye gutwara neza ibinyabiziga, kuko imodoka umuntu ayiha umuvuduko ashatse.

Ati “Reka tuvuge niba imodoka ari ‘automatic’ (otomatike) cyangwa ari ‘manuel’ (manuweli), nudakandagiraho cyane, uko uri bubigenze kose iri bugende buhoro. Ubwo ahubwo ni ukureba ibyapa uko bimeze cyangwa ukagabanya amashagaga mu kuguru kwawe.”

Yavuze ko Polisi atari yo igena uko imihanda bayigendamo n’umuvuduko wubahirizwa, ko bigenwa n’Ikigo gishinzwe iterambere ry’ubwikorezi mu Rwanda (RTDA), gishingiye ku miterere y’umuhanda n’ahantu unyura.

Yashimangiye ko umusaruro wa kamera umaze kugaragara, kuko impanuka zagabanyutse.

Muri icyo kiganiro, CP Kabera yanasabye abaturage kurushaho kubahiriza ingamba zo kwirinda COVID-19, yibutsa imodoka rusange zitwara abagenzi ko kwemererwa gutwara 100% by’ubushobozi bwazo bitavuze gutendeka.

 

TAGGED:CameraCP KaberafeaturedIbinyabizigaUmuvuduko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubuhanzi Bwakoreshwa Mu Guhangana N’Ingaruka Za COVID-19
Next Article Minisitiri Bayisenge Asaba Abanyamakuru Gukomeza Ubunyamwuga
1 Comment
  • Eugene says:
    15 November 2021 at 9:54 pm

    Ni byiza ko Police yasbyira ingufu mu kubungabunga umutekano wo mu muhanda ariko noneho aho bigeze birakabije, birasa nkaho police ishaka amafranga kurusha umutekano.

    Reply

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?