Perezida Paul Kagame yongeye kwibutsa Abanyarwanda by’umwihariko n’abatuye Afurika muri rusange ko nibadakora ngo bivane mu bukene, ntawe uzabibakorera ndetse n’imiryango itari iya Leta ngo ntawe yakijije.
Mu kiganiro kirekire yaraye ahaye abitabiriye Ihuriro rya 18 ry’Umuryango Unity Club Intwararumuri niho yabivugiye, avuga ko nta muntu wasabirije ngo bimukize.
Yabanje kubibutsa ko ubuyobozi bwose bw’igihugu bwari bwaje muri iryo huriro ngo ababugize baganire ku majyambere y’u Rwanda n’ubumwe bw’Abanyarwanda.
Mu kubivuga atyo, Kagame yashakaga kubabwira ko igikwiye ari ukureba niba ubukene ari ikintu abantu bagomba kumenyera, bakabana nacyo cyangwa se bakabwipakurura bagakira nk’uko n’andi mahanga yakize.
Ati: “Nimumbwire mu bice by’isi byose muzi, mumpe urugero rw’igihugu abantu bakijijwe n’imiryango itari iya Leta? Cyangwa se hari uwakijijwe no gusabiriza kandi ukabona gusabiriza ntacyo bimuteyeho isoni? Kandi n’uwo usaba ukamureba igitsure nk’aho hari icyo agomba kukwishyura! Ibyo abayobozi twicaye hano tubyumva gute? Tubisobanura gute? Icyo kibazo tugahora tugishakira umuti n’ibi byose tuvuga, dukora cyangwa tuganira bikaba amagambo gusa?”
Perezida Kagame yavuze ko Abanyarwanda n’Abanyafurika muri rusange bagomba gushaka umuti w’ibibazo bituma basigara inyuma.
Kuri we, iki ni ikibazo kigomba gushakirwa umuti byanze bikunze kuko niba abantu bahora bavuga ko bashaka kubaho neza, bashaka gutera imbere, ni ngombwa ko babiharanira.
Ni ibintu avuga ko bigomba gukorerwa, umuntu agaharanira ko uko ibintu byahoze mu myaka 50, 60, 70 kuzamura, bihinduka.
Ati: “Niba ari byo, bikorere kandi birashoboka, wabigeraho. Ariko umuntu yibaza impamvu nyuma y’imyaka 50, twaba tukiri aho dusabiriza”.
Iby’umubano na DRC…
Kagame kandi yagaragaraje ko amasezerano u Rwanda rusinyana na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo arimo uburiganya.
Ati: “Ibyo by’amasezerano birimo uburiganya bwinshi. Ibyo dukora, tuvuga, tubana n’abandi, turwana n’abandi kandi twaciye umurongo kera. Ni ukuvuga ngo igihugungabanya u Rwanda cyo ntabwo twacyihanganira.”
Avuga ko Abanyarwanda biyemeje kubaho byanze bikunze ku buryo bibaye ngombwa bamwe babipfira kugira ngo abasigaye babeho neza.
Yemeza ko abantu bagomba kumva ko kubaho kwabo ari inshingano yabo, bakareka guhora bateze amaso ku bandi bibwira ko abo bandi ari bo bazabashakira icyatuma baramuka.
Aho u Rwanda rugeze, nk’uko Perezida Kagame abivuga, rwahagejejwe n’abaruyobora n’abarutuye.
Mbere yo kugeza ijambo ku bari aho, hari abandi bayobozi batanze ibiganiro, bagaruka ku bumwe bw’Abanyarwanda bushingiye no kuri ‘Ndi Umunyarwanda’ nk’igitekerezo-ngenga kiranga ubuzima bw’Abanyarwanda.


