Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyabihu: Bafatanywe Urumogi Rufite Agaciro Ka Miliyoni ‘Nyinshi’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyabihu: Bafatanywe Urumogi Rufite Agaciro Ka Miliyoni ‘Nyinshi’

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 March 2023 10:37 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu muhanda Mukamira-Karago ku Mudugudu wa Mwiyanike, Akagari ka Kadahenda mu Murenge wa Karago haherutse gufatirwa  abantu babiri bahetse kuri moto udupfunyika 10,000 tw’urumogi.

Urwo rumogi rwari ruri mu mifuka ibiri ipima ibilo 22.

CIP Mucyo Rukundo ushinzwe guhuza ibikorwa bya Polisi n’abaturage mu Ntara y’ i Burengerazuba, yavuze ko umwe muri bo afite imyaka 40 y’amavuko undi akagira 34.

Ati: “Twari dufite amakuru y’uko hari abacuruza urumogi bitwikira ijoro bagatwara ibiyobyabwenge, nibwo abapolisi bashyize bariyeri mu murenge wa Karago mu rwego rwo kugenzura ibinyabiziga.”

Avuga ko mu rucyerera ahagana saa kumi n’imwe ari bwo hafashwe abagabo babiri bari kuri moto yo mu bwoko bwa TVS ifite nimero RC 021 S batwayeho udupfunyika 10,000 tw’urumogi.

Abafashwe babwiye Polisi ko ruriya rumogi barukuye muri Rubavu barujyanye muri Nyarugenge ya Kigali.

CIP  Rukundo yaburiye abantu bose bishora mu bikorwa byo gutunda no gukwirakwiza ibiyobyabwenge mu gihugu, ko ibikorwa byo kurwanya ubu bucuruzi bizakomeza bagashyikirizwa ubutabera.

Bahise bashyikirizwa Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB) kuri sitasiyo ya Jomba kugira ngo bakorerwe dosiye.

Mu Rwanda, urumogi rushyirwa mu cyiciro cy’ibiyobyabwenge bihambaye, aho umuntu wese uhamijwe n’urukiko gukora, guhinga, guhindura, gutunda, kubika, guha undi, cyangwa kurugurisha mu gihugu, ahanishwa igifungo cya burundu n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda arenze miliyoni 20 ariko atarenze miliyoni 30.

Iyi mifuka ipima ibilo 22 by’urumogi
TAGGED:AmategekofeaturedMotoNyabihuPolisiRwandaUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umusirikare Akurikiranyweho Kwihesha W’Umutungo W’Umuntu Wapfuye
Next Article Putin Yasuye Umujyi Wo Muri Ukraine
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Wa Mozambique Yasuye Uruganda Rw’u Rwanda Rutunganya Zahabu

Musanze: Babwiye Polisi Ikibatera Kwiba

Bukavu: Abantu Bahiriye Mu Nzu

Rwandair Yaguze Izindi Ndege Ngari 

Muzaze Dushimire Imana Ibyiza Yagejeje Ku Gihugu-Amb Murigande

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kacyiru Hari Gusizwa Ibibanza Bizubakwamo Inzu Ndende ‘Koko’

Kagame Yaganirije Ingabo Azisanze i Gabiro

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

RDB Yamaze Impungenge Abafite Hoteli Mu Birunga

Uburundi Bwatsembye Ko Butazafungura Vuba Umupaka Wabwo N’u Rwanda

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Kagame Yaganiriye Na Mugenzi We Wa Mozambique

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Perezida Wa Mozambique Yatangiye Uruzinduko Mu Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Ubuhinde Burashaka ‘Kwigira’, Burambiwe Amerika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Gisagara: Abashakanye Baravugwaho Kwica Umuntu Muri 2021 Bamuta Mu Bwiherero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?