Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyamasheke: Yakubise Gitifu Amuziza Kumwimisha Inkunga Y’Ibiribwa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 10 January 2026 2:46 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

RIB yafungiye ku Murenge wa Shangi mu Karere ka Nyamasheke uwitwa Ndagijimana Félix w’imyaka 44 y’amavuko ukurikiranyweho gukubita no gukomeretsa Gitifu Ngabonziza Principe uyobora Akagari ka Mariba, Umurenge wa Nyabitekeri amushinja kumukura k’urutonde rw’abahabwa imfashanyo y’ibigori bigenewe abibasiwe n’amapfa.

Tariki 08, Mutarama, 2026 nibwo byabaye ubwo uyu muyobozi yari ari kumwe n’abandi bari gukora ubugenzuzi bw’irondo no kureba niba utubari twubahiriza amabwiriza.

Ngabonziza Principe yabwiye Imvaho Nshya ko yari kumwe n’abagize nyobozi z’imidigudugu n’inkeragutabara zikorera muri aka kagari bafatanya kugenzura imikorere y’irondo n’iy’utubari, bahura na Ndagijimana Félix yasinze avuye mu kabari.

Ati: “Yatubajije abo turi bo mubwira ko turi abayobozi turi kugenzura imikorere y’irondo n’iy’utubari. Yahise avuga ngo ‘Ese’ ni mwe mwankuye ku rutonde rw’abahawe ibigori?”

Ubwo yari atarasubiza, undi yahise amusunika, amubajije icyo abikoreye, yahise amutera ikofe ku munwa aramukomeretsa.

Arakomeza avuga ko yahise yiruka abo bamwirukaho baramufata ashyikirizwa sitasiyo ya RIB ya Shangi.

Gitifu yahise ajya kwivuza ku kigo nderabuzima cya Mukoma kwivuza, bambwira kujya ku bitaro bya Bushenge ngo barebe niba nta kindi kibazo yagize.

Avuga ko atamukuye ku rutonde rw’abahawe iyo mfashanyo y’ibigori, ko yarukuweho n’abaturage bagenzi be kuko yishoboye, kandi byarahabwaga abatishoboye.

Umuturage w’aka Kagari ka Mariba avuga ko guhohotera abayobozi gutya bidasanzwe muri uyu Murenge ariko ko uyu mugabo wabikoze asanzwe ari mu bo bita ibihazi, bisinda bigateza urugomo.

Ati: “Asanzwe ari igihazi kimara gusinda kigateza umutekano muke mu baturage. Kugera aho gusagararira abayobozi bari mu kazi kabo turumva yarengereye arakabya. Akwiye kubihanirwa mu buryo butuma n’abandi batekerezaga kujya bahohotera ubuyobozi cyangwa izindi nzego ziri mu kazi kazo babicikaho.’’

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’Umurenge wa Nyabitekeri, Harerimana Naphtal yemeje ko uyu muturage yakoreye umuyobozi we urugomo, byatumye ashyikirizwa RIB ngo abibazwe.

Ati: “Twamushyikirije RIB sitasiyo ya Shangi ngo abikurikiranweho,uwakomeretse ajya kwa muganga,anasabwa gutanga ikorego kuri RIB. Gitifu yahohotewe ari mu kazi ke ko kugenzura imikorere y’irondo n’iy’utubari mu masaha y’ijoro.’’

Yasabye abaturage kwitwararika bakirinda guhohotera abayobozi.

TAGGED:featuredNyamashekeUmuturage
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro
Next Article Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

U Rwanda Rwishimira Intambwe Yatewe Mu Kurwanya Igwingira Mu Bana Bato

Bafatanywe Amadolari Y’Amakorano

Minisitiri W’Intebe Yakiriye Uyobora Ikigo Mpuzamahanga Cy’Abagiraneza

Tchad: Hadutse Intambara

Dr. Mugemana Wavuraga Rayon Sports Yapfuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Irani: Imyigaragambyo Ikomeje Kuzengereza Leta

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

You Might Also Like

Mu Rwanda

Rwanda: 80.7% By’Abana Bari Munsi Y’Imyaka Itandatu Bahabwa Serivise Mu Irerero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Ibigo Bya Amerika Bicukura Petelori Birashaka Ko Muri Irani Zihindura Imirishyo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rwanda: Abakozi Ba Leta Basabwe Kwiga Ikoranabuhanga Ry’Ubwenge Buhangano

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Hagiye Gukorwa Filimi Yerekana Ibyabereye Mu Bisesero

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?