Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: Abateraga Ikiraka Muri RAB Baguye Mu Kizenga Barapfa
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyanza: Abateraga Ikiraka Muri RAB Baguye Mu Kizenga Barapfa

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 21 December 2023 9:10 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ibiro by'Akarere ka Nyanza mu Majyepfo y'u Rwanda
SHARE

Hari amakuru yatangiye gutangazwa mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Gatatau y’uko hari abantu bateraga ikiraka muri RAB baguye mu kizenga kubashakisha bibanza kugorana.

Inzego z’ubuyobozi n’iz’umutekano zifashishije imashini icukurabigera mu rukerere ahagana i saa kumi za mu gitondo imirambo yabonetse.

Yahise ijyanya kuruhukira mu bitaro bya Nyanza.

Kugeza ubu biravugwa ko hari umukozi wa RAB watawe muri yombi na RIB kugira ngo igenzure niba nta ruhare yaba yaragize mu byateye kiriya kibazo.

Abapfuye bari abanyabiraka, akaba akurikiranyweho uburangare.

Kuri uyu wa Gatatu nibwo inkuru ya  mbere ya biriya byago yatangajwe.

Yavugaga ko abakozi bane b’Ikigo Gishinzwe Iterambere ry’ubuhinzi n’ubworozi, RAB, bakoraga moteri izamura amazi bari baheze mu kizenga cy’amazi.

Icyo gihe umwe yavanywemo ajyanwa kwa muganga, abandi bakomeza gushakishwa.

Hari masaha y’umugoroba bibera mu Mudugudu wa Kabeza, Akagari ka Mututu Umurenge wa Kibirizi, Akarere ka Nyanza.

Byabereye kuri RAB, sitasiyo ya Muhanga, site ya Mututu, ubwo bakoraga moteri izamura amazi yuhira imusozi ikoreshwa n’imirasire y’izuba.

Abo bakozi baguye muri icyo kizenga cy’amazi baheramo.

Uwavanywemo ari muzima yitwa  Pierre Celestin Karamage w’imyaka 34.

UMUSEKE wanditse ko imyirondoro y’abaguye muri kiriya kizenga ni aba bakurikirikira ari NSHIMIYIMANA Claude w’imyaka 23 ukomoka mu kagari ka Cyeru mu murenge wa Kibirizi, NDATIMANA Jean Claude w’imyaka 26 ukomoka mu Kagari ka Cyeru mu murenge wa Kibirizi, HAKIZIMANA Isaie w’imyaka 18 ukomoka mu Kagari ka Mututu mu murenge wa Kibirizi na UWAMBUTSINGERI Deogratias.

Kugeza ubu iperereza ry’icyateye iriya mpanuka rirakomeje ariko harakekwaho ko baba bafashwe n’amashanyarazi aturuka ku mirasire y’izuba.

TAGGED:AbaturagefeaturedImpanukaNyanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Rwanda Rwatashye Uruganda Rukora Toni 100,000 Z’Ifumbire
Next Article DRC: Mukwege Na Fayulu Barashaka Ko Amatora Asubirwamo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ikigo Rio Tinto Kigiye Kwihuza Na Glencore Bikore Icya Mbere Ku Isi Gicukura Amabuye Y’Agaciro

Amerika Izashora Miliyari $100 Zo Gucukura Petelori Ya Venezuela

Raporo Ya UN Ihamya Ko Kinshasa Igikorana Na FDLR

Ambasaderi Wa Brésil Atanga Ikizere Ko Visit Rwanda Izagera Iwabo

Hari Umwuka Mubi Hagati Ya DRC Na Zambia

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kamonyi: Imodoka Itwara Abagenzi Yakoze Impanuka Ikomeye

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Guinée Equatoriale Yahinduye Umurwa Wayo Mukuru 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

Maduro N’Umugore We Bagejejwe Muri Gereza Ya Amerika

You Might Also Like

Ubukungu

Gatsibo: Bizeye Kuzabona Amazi Yiyongera Kuyo Basanganywe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Amerika Irashaka ‘Kugura’ Greenland

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

2025: Umwaka Ikawa Y’u Rwanda Yarwinjirije Amadolari Menshi Kurusha Indi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Abagore 30 Mu Bakomando Ba RCS Batojwe Gutabara Aho Rukomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?