Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Nyanza: Abayobozi B’Ikigo Cy’Amashuri Barashinjwa Kurya Ibigenewe Abanyeshuri
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Nyanza: Abayobozi B’Ikigo Cy’Amashuri Barashinjwa Kurya Ibigenewe Abanyeshuri

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 May 2023 10:38 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu rwunge rw’amashuri rwa Rwesero mu Murenge wa Busasamana mu Karere ka Nyanza haravugwa abayobozi bavugwaho kwiba ibiribwa by’abanyeshuri. Abashyirwa mu majwi cyane ni ushinzwe umutungo (Comptable) n’umuyobozi wungirije ushinzwe amasomo (Préfete des études).

Baravugwaho gutunda ibyo biribwa bakabijyana mu ngo zabo.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyanza bwaje kumenya iby’iki kibazo, bwandikira abakivugwamo kugira ngo babitangeho ibisobanuro.

Ayo mabaruwa yashyizweho umukono n’abahagarariye ababyeyi bafite abana biga mu rwunge rw’amashuri rwa Rwesero.

Imwe muri ayo mabaruwa hari aho igira iti: “ …Ubwo abanyeshuri batari bize haje abanyonzi babiri bari kumwe n’umutetsi witwa Mugorewase Christine, akaba anashinzwe ububiko (Stock) afungura iyo “Stock” akuramo imifuka ine y’umuceri n’ijerekani ebyiri z’amavuta abihereza abo banyonzi, ababwira ko umwe ajya ku mucangamutungo, undi akajya ku muyobozi w’ishuri wungirije ushinzwe amasomo, maze uwo mutetsi na we atwara ibintu mu mufuka bitabashije kumenyekana…”

Ikomeza ivuga ko umuzamu w’ishuri hamwe n’umwe mu babyeyi baturiye iki kigo bakurikiranye iby’ibyo biryo, bitegereje basanga biribwe.

Iyo baruwa bagenzi bacu bo ku UMUSEKE bafitiye kopi hari aho ivuga ko ‘ababyeyi barerera kuri ririya shuri bamaze kubimenya’ ndetse bakaba bavuga ko iki kibazo kidakemuwe mu maguru mashya, batakongera gutanga umusanzu w’ifunguro bityo igikorwa cyakozwe kikaba kiri kugira uruhare mu kwangisha ababyeyi gahunda y’abanyeshuri yo gufatira ifunguro ku ishuri.

Ni gahunda yashyizweho n’ubuyobozi bukuru bw’u Rwanda.

Karekezi Florentine ushinzwe umutungo w’ishuri yabwiye itangazamakuru ko ibyo bintu ntacyo abiziho, ko byabazwa umuyobozi w’ishuri.

Undi muyobozi ushinzwe amasomo witwa Mutesi Claudine na we yagize ati: “Njyewe ntabwo nshinzwe ibiryo, nshinzwe amasomo, niyo nabazwa! Niba ikigo cyaribwe ibiryo byabazwa ababishinzwe”.

Ku rundi ruhande, umuyobozi w’urwunge rw’amashuri rwa Rwesero Janvier Habineza avuga ko ayo makuru ayazi.

Yemeza ko yayemenye nyuma ya weekend  ubwo yari aje ku kazi, abimenya abibwiwe n’uhagarariye ababyeyi.

Habineza avuga ko yabajije abavugwa muri iki kibazo, bamusubiza ko ibiribwa bajyanye ari ‘ibyabo’ bari bazanye.

Erasme Ntazinda uyobora Akarere ka Nyanza yagize ati “Ikibazo naracyumvise turi kugikurikirana kugira ngo tumenye ukuri kwabyo, twabasabye kwisobanura nibiba ngombwa turabikurikirana mu rwego rw’ubuyobozi”.

Meya Erasme Ntazinda

Ibyo kwiba ibiribwa bw’abiga muri iri shuri bivuzwe mu gihe abana bahiga bakunze kwirukanwa bazira ko batatanze amafaranga yo kugura ibiribwa.

Amakuru avuga ko abayobozi bavugwa muri iki kibazo, basabwe bandikwe amabatruwa abasana gutanga ibisobanuro kuri izi ngingo.

TAGGED:AbanyeshuriAbayobozifeaturedIbiribwaNyanza
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ubushinwa, Ukraine, Macron…Ibigarukwaho Muri G7
Next Article G7: Amerika Yahaye Abanyaburayi Ikigeragezo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Polisi Yafashe Abibaga Abatuye Ikirwa Cya Nkombo

Amakipe Yaturutse Muri Sudan Ari Kwitwara Neza Muri Shampiyona Y’u Rwanda

Jean-Pierre Bemba Arasabwa Kwegura

Abanyarwanda Bumve Ko Batekanye- ACP Rutikanga

Kirehe: Abimuwe Kubera Urugomero Rwa Rusumo Bagiye Gutaha Inzu Nshya

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Ababitse Ibitabo By’Amateka Y’u Rwanda Barasabwa Kubishyira Inkoranyabitabo Y’Igihugu

UN Yemeza Ko Nta Nzara ‘Ikomeye’ Ikiri Muri Gaza

Amerika Yagabye Igitero Muri Syria

DJ Toxxyk Akurikiranyweho Kugonga Umupolisi Agapfa

Ibitabo Umuntu Yandika Ni Umutungo We Bwite Ashobora No Gutanga- Prof Nzeyimana Wigisha Filozofiya

You Might Also Like

Ubukungu

BRD Yahawe Umuyobozi Mushya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Musanze: Polisi Yabatunguye Bari Gukora Inzoga Zitemewe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Minisitiri W’Umutekano Asaba Abaturage Kuzirikana Ko Umutekano Ugira Ikiguzi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubukungu

Hashyizweho Itsinda Rizakurikirana Uko Kuhira Imyaka Bizakorwa Muri Kayonza

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?