Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Papa Francis Afite Intimba Ku Mutima…
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Papa Francis Afite Intimba Ku Mutima…

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 23 February 2022 1:10 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umushumba wa Kiliziya Gatulika ku isi, Papa Francis yavuze ko afite intimba ndende ku mutima kubera ibiri kubera k’ubutaka bwa Ukraine ndetse no mu baturanyi bayo. Yavuze ko ari gutakambira Imana ngo itabare, haboneke umuti wa kiriya kibazo mu mahoro, nta mivu y’amaraso itembye.

Ati: “ Mfite intimba ku mutima kubera ibiri kubera muri Ukraine no mu baturanyi bayo kubera ko ubuzima bwa benshi bwugarijwe.”

Papa Francis avuga ko muri kariya gace nihaduka intambara, abatuye isi bose bizabagiraho ingaruka.
Ibyo avuga kandi byatangiye kugaragara ku isoko ry’imari n’imigabane kubera ko abashoramari batangiye gukuka umutima bibaza niba ayo bashoye atazahomba.

Ubukungu bw’isi kandi bwugarijwe n’izamuka ry’igiciro cya gazi n’ibikomoka kuri petelori kubera ko gazi nyinshi ikenerwa mu Burayi isanzwe iva mu Burusiya.

Ibihugu by’u Burayi kandi byiyemeje gukomanyiriza u Burusiya bikanga kugura gazi yayo bityo bugahomba.
Papa Francis yavuze ko impungenge n’agahinda afite kubera ibiri kubera muri Ukraine no mu baturanyi bayo abisangiye n’abandi batuye isi.

Muri Ukraine byifashe gute?

Inteko ishinga amategeko ya Ukraine yatoye Umushinga w’itegeko ryemrera abaturage bose bafite imyaka y’ubukure kwitwaza imbunda no kurasa Umurusiya igihe cyose azaba abafunguyeho umuriro.

Ubuvugizi bw’Inteko ishinga amategeko ya Ukraine buvuga ko abaturage ba kiriya gihugu bafite uburenganzira bwo kwivuna umwanzi uwo ari we wese wabahungabanya.

Ni uburyo abavuga Igifaransa bise légitime défense.

Hari impungenge ko gukoresha ziriya ntwaro bidakozwe mu bushishozi, hari abaturage bamwe bashobora kuboneraho urwaho bakica abo bagiranye amakimbirane.

Ikindi ni uko u Burusiya bushobora gukoresha uburyo  bita sabotage bugateza umwiryane mu baturage ba Ukraine bafite intwaro bakarwana bukabiheraho bugaba igitero.

Kuba buherutse kwemera ko Intara za Donesky na Lukansk zigenga, ndetse bwahise bwohereza yo abasirikare bagera ku 10,000 mu masaha 12.

Ikindi giteye inkecye ni uko Inteko ishinga amategeko y’u Burusiya yaraye yemereye Putin gukoresha imbaraga za gisirikare igihe cyose azabona ari ngombwa.

Inteko ishinga amategeko y’u Burusiya yitwa Duma.

TAGGED:BurayiBurusiyafeaturedFrancisKiliziyaPapaUkraine
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kent Main Yegukanye Agace Ka Kane Ka Tour du Rwanda 2022
Next Article Kagame Muri Mauritania YAGANIRIYE Na Mugenzi We Mohamed Ould Ghazouani
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Twiyumva Muri Siyanse Kurusha Mbere-Umunyeshuri Wa KIST

Abasirikare 100,000 Ba Israel Biteguye Gutangira Ibitero Bishya Muri Gaza

Qatar Mu Bufatanye N’u Rwanda Mu Gukora Imiti

Umuti Meya Wa Muhanga Aha Ibibazo Biri Mu Ngo

DRC Yarakajwe N’Uko Kenya Yagennye Uyihagarariye i Goma

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

Haravugwa Umwuka Mubi Hagati Ya Israel Na Qatar 

You Might Also Like

ImikinoMu Rwanda

Uko Umukino Wa APR Na Dynamos Wagenze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzimaUmutekano

Burera Ikomeje Kuba Icyambu Kinini Cy’ Ibiyobyabwenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Miliyoni Frw 464 Z’Ishimwe Zahawe Abatse EBM

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbukungu

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?