Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Pariki Y’Akagera Yinjirije U Rwanda $ 1,500,000
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Pariki Y’Akagera Yinjirije U Rwanda $ 1,500,000

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 01 November 2022 12:56 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Amakuru atangazwa ku rubuga ruvuga uko inyamaswa zo muri Pariki y’Akagera zibayeho, avuga ko iyi pariki mu gihembwe gishize yinjirije u Rwanda $ 1,500,000. Ni Miliyari imwe n’igice uyavunje mu mafaranga y’u Rwanda(Frw).

Uretse kuba iyi Pariki iri muzisurwa n’abantu benshi, ifite n’ahantu nyaburanga hashimisha benshi iyo baharaye.

Taliki 18, Ukwakira, 2022 ahitwa Gishanda hafunguwe ahandi abasuye iriya Pariki bashobora kujya bajya kuroba amafi yo kubokereza.

Bahise  Gishanda Fish Farm. Hubwatse k’ubufatanye bw’ubuyobozi bw’iriya pariki k’ubufatanye n’ikigo kitwa FoodTechAfrica.

Hubatswe mu rwego rwo gufasha ba mukerarugendo kubona aho baruhukira baroba ariko nanone hubakanywe ubuhanga mu by’ubworozi bw’amafi k’uburyo abantu bajya kuhakorera ingendo shuri kandi mu kuhatunganya hari abakozi bahaherewe akazi.

Amafi yo mu bwoko bwa Tilapia niyo yibanzweho mu kuhororera amafi.

Ubwo kiriya cyuzi cyatahagwa, hari abayobozi batandukanye barimo abayobora RDB, abayobozi ba African Parks, abo muri Minisiteri y’ubuhinzi n’ubworozi, abo muri Ambasade y’u Buholandi n’abandi.

Iyi pariki niyo isurwa n’abantu b’ingeri zose

Mu rwego rwo kurushaho kurinda iyi pariki no kuyongerera uburanga bukurura ba mukerarugendo, mu mihsi ishize hari abagabo n’abagore bagera ku 126 barangije amasomo yerekeye uko barinda ibyanya bikomye.

Batojwe na Polisi y’u Rwanda, bakazarinda Pariki y’Akagera, iya Nyungwe, iy’Ibirunga ndetse n’iya Mukura- Gishwati.

Muri bo, abagore ni 22.

Mu nkengero z’iyi Pariki, haherutse gutahwa imishinga yagenewe guteza imbere imibereho y’abaturage. Ni muri gahunda yiswe Revenue Sharing Scheme aho abaturiye pariki bagenerwa 10% by’umusaruro wose wayivuyemo.

Aya mafaranga ashorwa mu bikorwa remezo bigirira abaturage akamaro, bakabona aho abana babo biga, aho bivuriza, amazi meza, amashanyarazi n’ibindi.

Umwaka wa 2022/2023 hateganyijwe $500,000 azashyira muri iriya mishinga.

Pariki y’Akagera ubwayo itanga 10% by’amafaranga yose ashyirwa muri iriya gahunda.

Mu rwego rwo kushaho kwita ku binyabuzima biba muri iki cyanya, abahanga bo muri za Kaminuza zitandukanye harimo na Kaminuza ya Koblenz mu Budage, bahuguye bagenzi babo bo mu Rwanda uko ibikururanda biteye n’uko bikora ndetses n’aho bikunda kuboneka muri Pariki y’Akagera.

Si ibikururanda gusa ahubwo n’ibikeri n’imitubu nabyo bahuguwe kamere yabyo.

TAGGED:AkageraBudagefeaturedInyamaswaParikiRDBUbuyobozi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kazakhstan Irashaka Icyayi Kinshi Gituruka Mu Rwanda
Next Article Basohoye iPhone 14 Ifubikishije ZAHABU Na DIYAMA
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Ruhango: Bakurikiranyweho Gutega Abantu Bakabaniga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?