Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Parti Libéral Yongeye Gutora Donatille Mukabalisa Ngo Ayiyobore
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Parti Libéral Yongeye Gutora Donatille Mukabalisa Ngo Ayiyobore

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 12 December 2022 11:41 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ishyaka PL( Parti Libéral) riharanira ukwishyira ukizana kwa buri muntu ryatoye Hon Donatille Mukabalisa ngo yongere ariyobore ku rwego rw’igihugu.

Ni nyuma y’amatora aherutse guhuza  abagize Komite yaguye y’iri shyaka.

PL imaze imyaka 31 ishinzwe kuko yashinzwe mu mwaka wa 1991.

Kuri iki Cyumweru nibwo abayoboke ba PL  mu Ntara zose  n’Umujyi wa Kigali bahuriye i Kigali muri kongere ya munani isanzwe y’ishyaka PL.

Uretse amatora ya Komite nyobozi yakorewe muri iyi Nama, abayoboke ba PL bahuguwe no kuri gahunda ya Ndi Umunyarwanda n’indangagaciro ziranga abanyapolitiki.

Biro Politiki yatowe ngo iyobora PL ifite manda y’imyaka itanu.

Hon. Mukabalisa Donatille usanzwe ari Perezida w’Umutwe w’Abadepite, yavuze ko muri iyi manda bazongera imbaraga mu gutanga ibitekerezo byubaka Igihugu.

Yunzemo ko ishyaka PL rizahatanira imyanya mu matora y’Abadepite ateganijwe mu mwaka wa 2023.

Ibyo guhatana cyangwa kudahatana mu matora y’Umukuru w’igihugu ngo ishyaka PL ritarabifataho umurongo.

Hon Mukabalisa ati: “Ibyo ngibyo ni ibizemezwa igihe nikigera, ariko ku matora y’Abadepite ho tugomba kuzajyamo, tuzatanga abakandida, ku bindi rero nabyo tuzabijyaho inama turebe igikwiye gukorwa.”

Abanyamuryango ba PL bishimira ko bagize uruhare mu gufatanya n’abandi Banyarwanda guteza igihugu imbere.

Bavuga ko baharaniye ko u Rwanda ruba igihugu kirimo ubwisanzure, kuko ngo ‘utatera imbere utisanzuye.’

Abandi bayobozi ba PL batowe ni Biro Politiki izayobora  PL ku rwego rw’igihugu, barimo Depite Munyangeyo Théogène wabaye Visi perezida wa mbere, Twagirimana Epimaque watorewe kuba Visi Perezida wa Kabiri, Senateri Umuhire Adrie watorewe kuba Umunyamabanga mukuru w’ishyaka na Dr Murenzi Phanuel watorewe kuba umubitsi w’ishyaka PL ku rwego rw’igihugu.

TAGGED:featuredIshyakaMukabalisaPolitiki
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Intumwa Za Uganda Zageze Muri Amerika Mbere Y’Inama Y’Amerika N’Afurika
Next Article Perezida Kagame Yitabiriye Inama Yiga K’Ubufatanye Mpuzamahanga Burambye
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gen Gatama Yoherejwe Kuyobora Inzego Z’u Rwanda Z’Umutekano Muri Mozambique

Abayapani 100,000 Bagize Imyaka 100, Ibintu Bitigeze Biba Ahandi

Congo: ADF Yishe Abantu 102

Croix Rouge Mu Guhangana N’Ingaruka Z’Imihindagurikire Y’Ikirere

U Rwanda Rushyigikiye Ko Palestine Yigenga Byuzuye

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

General Kabandana Yatabarutse

Rusizi: Meya Yasabye Abarimu Kureka Ubusinzi No Gutukana

Rwanda: Bidatinze Drones Zizageza Ibicuruzwa Mu Ngo

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

You Might Also Like

IbidukikijeMu RwandaUbukungu

REMA Irakataje Mu Gupima Ubuziranenge Bw’Ibyuka Biva Mu Binyabiziga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu RwandaUbuzima

Urubyiruko Rw’U Rwanda Ruriyahura Cyane-RBC

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

Gusomera Kabila Byasubitswe, Hari Ibigiye Gusubirwamo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'Amahanga

Minisitiri w’Intebe Wa Qatar Arajya Kurega Israel Kuri Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?