Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Alpha Condé Yahiritswe Ku Butegetsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Alpha Condé Yahiritswe Ku Butegetsi

admin
Last updated: 05 September 2021 11:57 pm
admin
Share
SHARE

Umutwe udasanzwe w’ingabo za Guinea kuri iki Cyumweru wataye muri yombi Perezida Alpha Condé, unatangaza ko usheshe inzego zose za leta ku buryo abasirikare bafashe ubutegetsi ku ngufu.

Colonel Mamady Doumbouya uyobora umutwe udasanzwe w’ingabo yatangarije kuri televiziyo y’igihugu ko ubutegetsi bwambuwe umuntu wabugize ubwe ku giti cye, bikorwa mu nyungu z’abaturage.

Yari akikijwe n’abasirikare bagenzi be, atangaza ko imipaka y’igihugu yaba iyo mu kirere no ku butaka ifunzwe.

Ati “Twafashe icyemezo, nyuma yo gufata perezida, cyo gusesa itegeko nshinga.”

Amashusho AFP yabonye agaragaza Prezida Alpha Condé yicaye mu ntebe yaguye mu kantu, azengurutswe n’abasirikare.

Aba arimo kwanga gusubiza ibibazo by’umwe mu basirikare, wamubazaga niba yaba afashwe nabi.

Kuri iki Cyumweru abaturage bo mu murwa mukuru Conakry batangaje ko mu gitondo bumvishe urusaku rw’amasasu menshi.

Mu buryo bwaje guteza urujijo, Minisiteri y’Ingabo yatangaje ko abantu bagerageje gufata ubutegetsi bakomwe mu nkokora, ku buryo bigoye kumenya umuntu ufite ubutegetsi kugeza magingo aya.

Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yamaganye iri hirikwa ry’ubutegetsi, mu magambo yanditse kuri Twitter.

Yasabye ko Perezida Conde yarekurwa mu maguru mashya.

Afurika yunze Ubumwe na yo yamaganye iri hirikwa ry’ubutegetsi.

Rikurikiye umwuka mubi wa politiki muri Guinea, wazamutse cyane nyuma y’uko perezida Conde w’imyaka 83 yatangiraga kwiyamamariza manda ya gatatu mu mwaka ushize.

Conde wahoze mu batavuga rumwe n’ubutegetsi ku buryo yigeze no gukatirwa urwo gupfa, ni we wabaye perezida wa mbere watowe muri demokarasi muri Guinea kuva mu mwaka wa 2010, aza gutorwa manda ya kabiri mu 2015.

 

TAGGED:Alpha CondéConakryfeaturedGuinea
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yashimangiye Ko Igitutu Kitazakora Ku Rubanza Rwa Rusesabagina
Next Article Jacob Zuma Yarekuwe By’Agateganyo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Mu Rwanda Hamaze Kubakwa Ibiraro 300 Byo Mu Kirere

Ingabo Za Israel Zatangije Ibitero Byo Ku Butaka Byo Gusenya Gaza Yose

Musanze: Bafatanywe Litiro 1000 Z’Inzoga Itemewe

Amerika Yatwitse Ubundi Bwato Bwa Venezuela

AFC/M23 Irashaka Gushinga Igisirikare Cy’Umwuga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Akamaro K’Amashanyarazi Akomoka Ku Mirasire Y’Izuba Ni Ntagereranywa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

Ikipe y’Igihugu Y’Ingimbi Ya Volleyball Yitabiriye Igikombe Cya Afurika

Qatar Irashaka Kurega Netanyahu 

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

Uganda: Batangiye Kwitegura Guhangana Na Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Kagame Yayoboye Inama Y’Abaminisitiri Yibanze Ku Biciro By’Amashanyarazi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
IkoranabuhangaMu mahanga

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?