Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Alpha Condé Yahiritswe Ku Butegetsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Alpha Condé Yahiritswe Ku Butegetsi

admin
Last updated: 05 September 2021 11:57 pm
admin
Share
SHARE

Umutwe udasanzwe w’ingabo za Guinea kuri iki Cyumweru wataye muri yombi Perezida Alpha Condé, unatangaza ko usheshe inzego zose za leta ku buryo abasirikare bafashe ubutegetsi ku ngufu.

Colonel Mamady Doumbouya uyobora umutwe udasanzwe w’ingabo yatangarije kuri televiziyo y’igihugu ko ubutegetsi bwambuwe umuntu wabugize ubwe ku giti cye, bikorwa mu nyungu z’abaturage.

Yari akikijwe n’abasirikare bagenzi be, atangaza ko imipaka y’igihugu yaba iyo mu kirere no ku butaka ifunzwe.

Ati “Twafashe icyemezo, nyuma yo gufata perezida, cyo gusesa itegeko nshinga.”

Amashusho AFP yabonye agaragaza Prezida Alpha Condé yicaye mu ntebe yaguye mu kantu, azengurutswe n’abasirikare.

Aba arimo kwanga gusubiza ibibazo by’umwe mu basirikare, wamubazaga niba yaba afashwe nabi.

Kuri iki Cyumweru abaturage bo mu murwa mukuru Conakry batangaje ko mu gitondo bumvishe urusaku rw’amasasu menshi.

Mu buryo bwaje guteza urujijo, Minisiteri y’Ingabo yatangaje ko abantu bagerageje gufata ubutegetsi bakomwe mu nkokora, ku buryo bigoye kumenya umuntu ufite ubutegetsi kugeza magingo aya.

Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yamaganye iri hirikwa ry’ubutegetsi, mu magambo yanditse kuri Twitter.

Yasabye ko Perezida Conde yarekurwa mu maguru mashya.

Afurika yunze Ubumwe na yo yamaganye iri hirikwa ry’ubutegetsi.

Rikurikiye umwuka mubi wa politiki muri Guinea, wazamutse cyane nyuma y’uko perezida Conde w’imyaka 83 yatangiraga kwiyamamariza manda ya gatatu mu mwaka ushize.

Conde wahoze mu batavuga rumwe n’ubutegetsi ku buryo yigeze no gukatirwa urwo gupfa, ni we wabaye perezida wa mbere watowe muri demokarasi muri Guinea kuva mu mwaka wa 2010, aza gutorwa manda ya kabiri mu 2015.

 

TAGGED:Alpha CondéConakryfeaturedGuinea
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yashimangiye Ko Igitutu Kitazakora Ku Rubanza Rwa Rusesabagina
Next Article Jacob Zuma Yarekuwe By’Agateganyo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sassou Nguesso Ari i Kinshasa Mu Bukwe Bw’Umukobwa Wa Tshisekedi

Abayobozi Bakuru Mu Ngabo Za Mozambique Bari Mu Rwanda

Nyaruguru: Bagiye Gusasa Inzobe Kucyatumye Abana Batsindwa

Rwanda: Ntibiramenyekana Uko Amakipe Azahura Muri Shampiyona Ya 2025/2026

Kabila Yasabiwe Urwo Gupfa

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Ibibera Muri DRC Bitugiraho Ingaruka Mu Buryo Bwinshi- Amb. Ngoga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Undi Muyobozi Muri WASAC Yafunzwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUmutekano

Gen Nkubito Yabwiye Abo Mu Burengerazuba Ko FDLR Idakwiye Kubahahamura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaPolitikiUbukungu

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?