Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Alpha Condé Yahiritswe Ku Butegetsi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Alpha Condé Yahiritswe Ku Butegetsi

admin
Last updated: 05 September 2021 11:57 pm
admin
Share
SHARE

Umutwe udasanzwe w’ingabo za Guinea kuri iki Cyumweru wataye muri yombi Perezida Alpha Condé, unatangaza ko usheshe inzego zose za leta ku buryo abasirikare bafashe ubutegetsi ku ngufu.

Colonel Mamady Doumbouya uyobora umutwe udasanzwe w’ingabo yatangarije kuri televiziyo y’igihugu ko ubutegetsi bwambuwe umuntu wabugize ubwe ku giti cye, bikorwa mu nyungu z’abaturage.

Yari akikijwe n’abasirikare bagenzi be, atangaza ko imipaka y’igihugu yaba iyo mu kirere no ku butaka ifunzwe.

Ati “Twafashe icyemezo, nyuma yo gufata perezida, cyo gusesa itegeko nshinga.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Amashusho AFP yabonye agaragaza Prezida Alpha Condé yicaye mu ntebe yaguye mu kantu, azengurutswe n’abasirikare.

Aba arimo kwanga gusubiza ibibazo by’umwe mu basirikare, wamubazaga niba yaba afashwe nabi.

Kuri iki Cyumweru abaturage bo mu murwa mukuru Conakry batangaje ko mu gitondo bumvishe urusaku rw’amasasu menshi.

Mu buryo bwaje guteza urujijo, Minisiteri y’Ingabo yatangaje ko abantu bagerageje gufata ubutegetsi bakomwe mu nkokora, ku buryo bigoye kumenya umuntu ufite ubutegetsi kugeza magingo aya.

Umunyamabanga mukuru w’umuryango w’Abibumbye, Antonio Guterres, yamaganye iri hirikwa ry’ubutegetsi, mu magambo yanditse kuri Twitter.

- Advertisement -

Yasabye ko Perezida Conde yarekurwa mu maguru mashya.

Afurika yunze Ubumwe na yo yamaganye iri hirikwa ry’ubutegetsi.

Rikurikiye umwuka mubi wa politiki muri Guinea, wazamutse cyane nyuma y’uko perezida Conde w’imyaka 83 yatangiraga kwiyamamariza manda ya gatatu mu mwaka ushize.

Conde wahoze mu batavuga rumwe n’ubutegetsi ku buryo yigeze no gukatirwa urwo gupfa, ni we wabaye perezida wa mbere watowe muri demokarasi muri Guinea kuva mu mwaka wa 2010, aza gutorwa manda ya kabiri mu 2015.

 

TAGGED:Alpha CondéConakryfeaturedGuinea
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Perezida Kagame Yashimangiye Ko Igitutu Kitazakora Ku Rubanza Rwa Rusesabagina
Next Article Jacob Zuma Yarekuwe By’Agateganyo
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutabera

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?