Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Edgar Lungu Yatsinzwe Amatora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Edgar Lungu Yatsinzwe Amatora

admin
Last updated: 16 August 2021 8:36 am
admin
Share
SHARE

Hakainde Hichilema wo mu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi yatorewe kuyobora Zambia mu myaka itanu iri imbere, atsinze Edgar Lungu wari ku butegetsi guhera mu 2015.

Mu majwi yatangajwe mu rukerera rwo kuri uyu wa Mbere, Hichilema w’imyaka 59 ni we watangajwe nk’uwatsinze amatora n’amajwi miliyoni 2.8, arusha Lungu amajwi arenga miliyoni imwe.

Perezida wa Komisiyo y’amatora Esau Chulu yabwiye itangazamakuru ati “Ntangaje ku mugaragaro ko Hakainde Hichilema ari we perezida watowe wa Repubulika ya Zambia, kuri uyu wa 16 Kanama.”

Bwari ubwa gatanu Hichilema ahatana mu matora ya perezida, mu 2006, 2008, 2011, 2015 na 2016.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Mu 2016 yatsinzwe Lungu amurusha amajwi 100 000 gusa.

Hichilema akomoka mu ishyaka United Party for National Development, UPND.

Perezida Lungu aheruka gutangaza ko amatora atabaye mu mucyo, ndetse ko atemera ibizavamo.

Hichilema afite akazi gakomeye kamutegereje ko kuzahura ubukungu bwa Zambia, nyuma y’uko iheruka kuba igihugu cya mbere muri Afurika cyananiwe kwishyura amadeni yacyo guhera mu mwaka ushize, bitewe n’ingaruka z’icyorezo cya COVID-19.

Ni ubwa gatatu Zambia igiye guhererekanya ubutegetsi binyuze muri demokarasi, guhera kuri Kenneth Kaunda wayoboye icyo gihugu kugeza mu 1991.

- Advertisement -
Hakainde Hichilema ni we perezida mushya wa Zambia
TAGGED:Edgar LungufeaturedHakainde HichilemaZambia
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abatalibani Bashinze ‘Islamic State’ Ya Afghanistan
Next Article Nyabugogo Abitwa marine bakabije ubujura || biba mumodoka igenda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Amazi Yabereye Abatutsi Irimbi Kandi Asanzwe Ari Ubuzima

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Nduhungirehe Avuga Ku Mushinga u Rwanda Rufitanye Na Amerika Ku Bimukira

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Kwagura Umuhanda Kigali-Muhanga Byasubitswe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Rwanda: Ingengo Y’Imari Ya 2025-2026 Iziyongeraho Miliyari 1.216

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?