Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yasabye Umuhungu Wa Rwigema Gutaha Mu Gihugu Se ‘Yaharaniye’
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Politiki

Perezida Kagame Yasabye Umuhungu Wa Rwigema Gutaha Mu Gihugu Se ‘Yaharaniye’

admin
Last updated: 07 November 2021 11:14 am
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yasabye umuhungu wa Fred Gisa Rwigema gutaha mu Rwanda, ko bidakwiye ko agarukira mu baturanyi cyangwa agashaka ubuhunzi imahanga.

Ni ubutumwa bukomeye yatangiye mu bukwe bw’umukobwa wa Rwigema, Teta Gisa washyingiranwe na Marvin Manzi, umuhungu wa Kamanzi Louis nyiri Flash FM/TV.

Perezida Kagame yavuze ko yarebye mu bantu batashye ubukwe ntabonemo umuhungu wa Rwigema, Eric Gisa Rwigema.

Yavuze ko yifuza kumutumaho nyina Janet Rwigema na mushiki we Teta.

Ati “Mumumbwirire ko yari akwiye kuba ari hano, yari akwiye kuba ari mu gihugu, igihugu se n’abandi twese twaharaniye, tukaba twarakibonye. Sindibubitindemo cyane ariko mumumpere ubutumwa.”

“Sinshaka ko umuhungu wa Fred yaba hanze cyangwa yaba impunzi, yashaka impapuro zo hanze, ariko ndashimira Teta kubera ko abakobwa, ngira ngo abakobwa, abadamu ni intwari baraturuka kenshi, we yagumye hano, anahashakiye n’urugo.”

Perezida Kagame yakomeje avuga ko atifuza ko umuhungu wa Gisa yaba hanze, keretse gusa ari uko yabihisemo kubera impamvu zumvikana.

Yakomeje ati “Ntawe nabuza guhitamo uko ashaka, akwiye kuba mu Rwanda cyangwa se akagira uburenganzira bwo kugenda no kugaruka mu Rwand,a ntazashake ubuhungiro hanze.”

“Nta nubwo akwiriye kuza akaba yajya mu baturanyi agasubirayo atageze mu Rwanda, ntabwo ari byo ntabwo bikwiriye, ntazaze ngo agarukire mu baturanyi asubire aho yaturutse.”

Perezida Kagame yavuze ko abaturanyi bivanze cyane mu mibereho y’abanyarwanda n’igihugu, guhera kera kugeza uyu munsi.

Ati “Ntabwo numva ko hakwiriye kugira uwo basiga izina ribi, ibara ribi muri twebwe, cyane cyane simbyifuza haba ku muryango wanjye, haba ku muryango wa Gisa. Ntibikwiriye.”

Perezida Kagame yabwiye umukobwa wa Rwigema n’umugabo we ko we na Kamanzi bazabubakira.

Yakomeje ati “Sindi buvuge byinshi byo kubashyigikira ariko tuzashaka icyo twashobora, mu mikoro yacu atari make. Ntabwo ari make ku buryo, ntabwo twashobora kubiterura ngo tubishyire ku meza, ariko tuzavugana, tuzashaka umwanya hanyuma twumvikane icyo abantu bakora kandi tuzagikora.”

Yavuze ko ubu bukwe ari ikimenyetso cy’amahirwe akomeye abanyarwanda bamaze kugira, yo kugira igihugu none bakaba bakomeje kwagura imiryango, nyuma y’ibihe bikomeye banyuzemo.

Eric Gisa Rwigema

 

 

TAGGED:featuredFred Gisa RwigemaPaul KagameTeta Gisa
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umwe Mu Bashinze Itsinda UB40 Yapfuye
Next Article Ntabwo Twaremwe n’Abaturanyi, Nta Nubwo Baturemeye – Perezida Kagame
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Perezida Kagame Yafashe Mu Mugongo Abo Mu Muryango Wa Dr.Kirabo Washyinguwe

Mu Mashuri Abanza Abakobwa Batsinze Kurusha Abahungu-NESA

Hakozwe Umuti Wa Malaria W’Impinja

REMA Yatangaje Igihe Cyo Gusuzumisha Ibyuka Byo Mu Binyabiziga

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Qatar Irongera Yakire Intumwa Za DRC Na AFC/M23

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbubanyi n'AmahangaUmutekano

Trump Arashaka Kwicaranya Putin Na Zelensky

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ibiza KamereMu RwandaUmutekano

Inkuba Zishe Bane Muri Batanu Bishwe N’Ibiza-MINEMA

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Abayobozi Mu Burayi Bitabye Trump

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?