Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Kagame Yitabiriye Inama Yiga Ku Ishoramari Muri Afurika
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Perezida Kagame Yitabiriye Inama Yiga Ku Ishoramari Muri Afurika

admin
Last updated: 26 August 2021 8:16 pm
admin
Share
SHARE

Perezida Paul Kagame yageze i Berlin mu Budage, aho kuri uyu wa Gatanu azifatanya n’abakuru b’ibihugu bitandukanye bya Afurika mu nama izwi nka G-20 Compact with Africa, igamije guteza imbere ishoramari mu nzego z’abikorera muri Afurika.

Kuri uyu wa Kane nibwo Ambasade y’u Budage mu Rwanda yatangaje ubutumwa bwifuriza urugendo rwiza Perezida Paul Kagame, “wemeye ubutumire bwa Chancellor Angela Merkel bwo kwitabira inama muri iki cyumweru.”

Ibiro by’umukuru w’igihugu byemeje ko Perezida Kagame yageze mu Budage, mu butumwa byatangarije kuri Twitter.

President Kagame has arrived in Berlin, Germany where he will join Heads of State from various African countries for the #G20 Compact with Africa #CwA Summit hosted by German Chancellor Angela Merkel. G20 CwA was launched in 2017 to promote private investment in Africa.

— Presidency | Rwanda (@UrugwiroVillage) August 26, 2021

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

G20 Compact with Africa (CwA) ni gahunda yatangijwe mu 2017 ubwo u Budage bwari buyoboye umuryango w’ibihugu 20 bikize ku Isi, umenyerewe nka G20.

Yatangijwe hagamijwe guteza imbere ishoramari ry’abikorera muri Afurika, mu nzego zirimo ibikorwa remezo.

Icyo gihe hari nyuma yo gukorwa impinduka kubera ko mu ntangiriro, ubufatanye bwa G-20 bwitaga cyane ku gukorana n’inzego za leta, ariko igihe kikaba cyari kigeze ngo urwego rw’abikorera ruze imbere muri ubwo bufatanye.

Ni gahunda ku ikubitiro yihaye intego zo kongera ishoramari ry’abikorera binyuze mu guteza imbere ubucuruzi n’uburyo abikorera babasha kubonamo amafaranga bakeneye.

Inama iteganyijwe kuri uyu wa 27 Kanama izahuriza hamwe abayobozi bifuza impinduka mu bihugu bya Afurika, imiryango mpuzamahanga nka Banki y’Isi, Ikigega Mpuzamahanga cy’Imari na Banki Nyafurika Itsura Amajyambere, abafatanyabikorwa bo muri G20 n’ahandi, haganirirwa hamwe ku mpinduka no kugaragariza abashoramari bikorera, amahirwe babyaza umusaruro.

- Advertisement -

Guhera mu mwaka wa 2017 ubwo yatangizwaga, iyi gahunda imaze guhuriza hamwe ibihugu 12 byo muri Afurika birimo Benin, Burkina Faso, Côte d’Ivoire, Egypt, Ethiopia, Ghana, Guinea, Morocco, Rwanda, Senegal, Togo na Tunisia.

Mu bandi bayobozi batumiwe mu Budage harimo Perezida wa Afurika y’Epfo, Cyril Ramaphosa. Igihugu cye kibarizwa muri G20, kigafatanya n’u Budage kuyobora gahunda ya Compact with Africa.

Biteganywa ko iriya nama ibera i Berlin izanagira icyiciro cy’inama ya yiga ku ishoramari yiswe G20 Investment Summit, n’inama yihariye izahuza abakuru b’ibihugu na za Guverinoma, izaganirirwamo uburyo bwo guteza imbere ubucuruzi no kuzamura ishoramari muri Afurika.

Guverinoma ya Afurika y’Epfo nk’igihugu kiyoboye uyu muryango, yatangaje ko “Iyi nama izaganirirwamo ibijyanye no gukorera inkingo muri Afurika, nk’igikorwa cyafasha ibihugu bya Afurika gusubiza ibintu ku murongo, mu buryo bwihuse kandi nta ntawe usigaye inyuma, kandi ubukungu bwa nyuma y’iki cyorezo bukabasha kuzahuka mu buryo burambye.”

Muri iyo gahunda yo gukorera inkingo mu Rwanda hateganywa inganda zigomba kubakwa muri Senegal, mu Rwanda na Afurika y’Epfo.

Ni inganda zitezweho gukora inkingo za COVID-19, ariko zikazakomeza no gukora izindi nkingo cyangwa ibikoresho bikenerwa kwa muganga.

Hejuru ku ifoto: Perezida Paul Kagame mu nama na Angela Merkel, mu nama ya G20 Compact with Africa, i Berlin ku wa 30 Kanama 2018.

TAGGED:Angela MerkelBerlinfeaturedPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Abaganga b’Amatungo Bigenga Boroherejwe Guhangana n’Indwara Zihangayikishije Aborozi
Next Article Abantu Benshi Barimo Abanyamerika 12 Biciwe Ku Kibuga cy’Indege Muri Afghanistan
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?