Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Perezida Uhuru Ati: “ Nimutora Ruto Muzabage Mwifashe”
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Perezida Uhuru Ati: “ Nimutora Ruto Muzabage Mwifashe”

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 August 2022 1:19 pm
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu gihe hasigaye igihe gito ngo amatora y’Umukuru wa Kenya agere, Perezida ucyuye igihe Nyakubahwa Uhuru Kenyatta yabwiye abaturage ko nibatora Willaim Ruto bazaba bikozeho. Ngo bazabage bifashe.

Ubu butumwa yabutambukije mu ijambo yagejeje ku batuye ahitwa Kamangu mu gace gatuwe n’aba Kikuyu benshi.

Uhuru yavuze ko Visi Perezida we William Ruto atari umuntu wo kwiringirwa, ko abazamutora bazaba batoye kabutindi bityo ko ibyiza ari uko batora Odinga.

Yababuriye ko abazabirengaho bakamutora bazabaga bakifasha kuko bazaba bashyize igihugu mu kangaratete.

Uhuru Kenyatta yavuze ko William Ruto ari igisambo gishobora gusahura isanduku y’igihugu kikayeza bityo kutamutora byaba ari amahitamo meza.

Amatora y’Umukuru wa Kenya azaba mu Cyumweru gitaha.

Yagize ati: “ Mwa bantu mwe nihagira utora Ruto, umunsi umwe muzabyicuza kuko si umuntu mwiza”

Ku rundi ruhande, ashima Odinga akavuga ko ari umuntu w’umusaza ugera ku cyo yiyemeje.

Hari amakuru yari amaze iminsi avuga ko hari abantu bateguwe na Uhuru ngo bazice bamwe mu bayobozi b’ishyaka rya William Ruto rwitwa Kenya Kwanza.

Kenyatta yavuze ko kwica abantu nta mushinga abibonamo ndetse ngo n’igihe cyose bamutukaga ntawe yigeze yihimuraho kandi yari abifitiye ubushobozi nk’Umukuru w’igihugu.

Ati: “ Umuntu wifitemo amadayimoni niwe uvuga amagambo mabi nk’aya Ruto.”

Hari abandi bantu babiri biyamamazanya na Ruto bavuga ko ubuzima bwabo buri mu kaga.

Abo ni Rigathi Gachagua na  Moses Kuria.

Ruto avuga ko azafunga Kenyatta…

Ubwo yatangizaga ibikorwa byo kwiyamamariza kuzayobora Kenya, William Ruto yatangaje ko natsinda amatora azashyiraho urukiko rwihariye rwo kuburanisha Uhuru Kenyatta kubera ibyaha amushinja ko yakoze mu gihe amaze ayobora Kenya.

Hashize ibyumweru bibiri atangaje ibi.

Amatora y’Umukuru w’Igihugu cya Kenya ateganyijwe Taliki 09, Kanama, 2022.

William Ruto yatangije ishyaka rye bwite ari gukoresha mu kwiyamamaza yise Kenya Kwanza( Kenya mbere na mbere).

Avuga ko abaturage nibamutorera kuyobora Kenya azashyiraho urukiko rwo gukurikirana abantu bakoze ibyaha birimo kunyereza umutungo wa Kenya no kurigisa abantu.

Mu kwiyamamaza kwe, Ruto yavuze ko nyuma y’intsinzi yo kuyobora Kenya, nta minsi 30 izashira atarashinga ruriya rukiko.

Igitangaje ni uko William Ruto asanzwe ari Visi Perezida wa Repubulika iyobowe n’uwo ashinja kurigisa abantu no kuba ‘sesa bayore’ mu mutungo wa rubanda.

Avuga ko Kenya iyobowe n’amatsinda y’abatekamutwe bakora uko bashoboye ngo basahure ikigega cya Leta.

Ruto avuga ko impamvu ituma buriya bujura bushoboka, ari uko Perezida Uhuru amaze imyaka 10 ategekana n’abantu bamufasha mu gutuma atera imbere nawe akabashyiriraho uburyo bwo gukoresha umutungo w’igihugu mu nyungu zabo.

Avuga ko inzego nyinshi z’ubukungu bwa Kenya zicunzwe n’abantu bake bafite aho bahuriye na Perezida Uhuru Kenyatta.

Ngo Leta ya Kenya ifitwe mu ntoki n’abatoni ba Perezida Uhuru Kenyatta bityo ngo najya k’ubutegetsi bose bazabiryozwa.

TAGGED:AmatorafeaturedKenyaKenyattaRuto
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Impanuka Ikomeye Ibereye i Rubavu Abantu Batatu Bamaze Gupfa
Next Article Gakenke: Akarere Ka Mbere Gafite Abaturage Bizigamira Muri ‘Ejo Heza’
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Inteko Y’U Rwanda Yikomye Iy’Ubumwe Bw’Uburayi

Ubwumvikane Bwa Amerika N’Ubushinwa Ku Ikoreshwa Rya TikTok

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Mushya Azanye Amatwara Adasanzwe

Inteko Iratangaza Icyemezo Ku Byo Iy’Uburayi Iherutse Kuvuga Ku Rwanda

Muntoye Nagarurira Kenya Icyubahiro Yahoranye Kubwa Kibaki- Gachagua

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Asaba Ko Drones Nini Zazakoreshwa Mu Kubagezaho Intanga

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

Harateganywa Visit Rwanda Muri Brazil

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

You Might Also Like

Mu mahangaUbuzima

DRC: Batangiye Gukingira Ebola

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuco Nyarwanda Wamurikiwe Muri Koreya Y’Epfo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Umuturage Wa Israel Akurikiranyweho Kunekera Iran

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Ikipe y’u Rwanda Ya Volley Yatangiye Igikombe Cya Afurika Itsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?