Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Yaburiye Abanyarwanda Ku Bucuruzi Bukomeje Kwambura Benshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RIB Yaburiye Abanyarwanda Ku Bucuruzi Bukomeje Kwambura Benshi

admin
Last updated: 17 May 2021 1:05 pm
admin
Share
SHARE

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rwasabye abaturarwanda kutajya mu bucuruzi bw’amafaranga y’uruhererekane buzwi nka ‘Pyramid Scheme’ burimo gukorerwa kuri murandasi, kuko butemewe n’amategeko.

Ubwo bucuruzi bukorwa ababwamamaza bizeza umuntu gushoramo amafaranga akazabona inyungu z’umurengera, bakanakangurira uwashoyemo amafaranga gushaka abandi bantu yinjiza kugira ngo abone inyungu hashingiwe ku mubare wabo.

Mu butumwa buburira RIB yasohoye, yakomeje iti “Uru ruhererekane rw’amafaranga rugamije ubwambuzi bushukana, bityo abaturarwanda bakaba basabwa kutabujyamo, kuko butemewe mu Rwanda.”

“RIB ikaba isaba abantu bagiye muri ubu bucuruzi bw’uruhererekane rw’amafaranga kubuvamo, kuko uzabifatirwamo wese azahanwa nk’uko amategeko abiteganya.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Uru rwego rwatanze ingero za bumwe mu bucuruzi burimo Ujama United Family, Tuzamurane, Blessing, StakexChain Rwanda Ltd, CHY mall, 7th Generation Network na Economy Driver, ko ari ubucuruzi butemewe.

Usanga abantu kugira ngo binjiremo basabwa gutanga 100.000 Frw bakazahabwa 800,000 Frw, basabwa gutanga 500.000 Frw bakazahabwa 4.000.000Frw, basabwa gutanga 1.350.000Frw bakazahabwa 9.000.000 Frw n’ibindi.

Ni kenshi abantu bagiye batangamo amafaranga ariko batazi ngo mu by’ukuri ni nde uyakira cyangwa uburyo ayabyazamo inyungu abaha, ku buryo hari igihe birangira inyungu ibuze, n’amafaranga batanzemo akabura.

RIB yakomeje iti “RIB irashimira abakomeje kuyiha amakuru kuri ibyo bikorwa by’ubwambuzi bushukana ubu hakaba hamaze gufatwa abantu barindwi ndetse ibikorwa byo gufata n’abandi babigizemo uruhare birakomeje.”

RIB irasaba abantu bose babifiteho amakuru kuyatanga kuri sitasiyo za RIB zibegereye cyangwa ku rubuga rwa E-menyesha, kuri email: [email protected] cyangwa guhamagara kuri 166 kugirango icyaha gikumirwe.

- Advertisement -
TAGGED:featuredRIBUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gusangirira Ikigage Ku Muheha: Imwe Mu Mpamvu Zizamura COVID-19 Muri Karongi
Next Article Kwagura Ibitaro Byitiriwe Umwami Faisal Bigiye Gushorwamo Miliyari 14 Frw 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?