Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: RIB Yaburiye Abanyarwanda Ku Bucuruzi Bukomeje Kwambura Benshi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

RIB Yaburiye Abanyarwanda Ku Bucuruzi Bukomeje Kwambura Benshi

Last updated: 17 May 2021 1:05 pm
Share
SHARE

Urwego rw’Igihugu rushinzwe Ubugenzacyaha (RIB) rwasabye abaturarwanda kutajya mu bucuruzi bw’amafaranga y’uruhererekane buzwi nka ‘Pyramid Scheme’ burimo gukorerwa kuri murandasi, kuko butemewe n’amategeko.

Ubwo bucuruzi bukorwa ababwamamaza bizeza umuntu gushoramo amafaranga akazabona inyungu z’umurengera, bakanakangurira uwashoyemo amafaranga gushaka abandi bantu yinjiza kugira ngo abone inyungu hashingiwe ku mubare wabo.

Mu butumwa buburira RIB yasohoye, yakomeje iti “Uru ruhererekane rw’amafaranga rugamije ubwambuzi bushukana, bityo abaturarwanda bakaba basabwa kutabujyamo, kuko butemewe mu Rwanda.”

“RIB ikaba isaba abantu bagiye muri ubu bucuruzi bw’uruhererekane rw’amafaranga kubuvamo, kuko uzabifatirwamo wese azahanwa nk’uko amategeko abiteganya.”

Uru rwego rwatanze ingero za bumwe mu bucuruzi burimo Ujama United Family, Tuzamurane, Blessing, StakexChain Rwanda Ltd, CHY mall, 7th Generation Network na Economy Driver, ko ari ubucuruzi butemewe.

Usanga abantu kugira ngo binjiremo basabwa gutanga 100.000 Frw bakazahabwa 800,000 Frw, basabwa gutanga 500.000 Frw bakazahabwa 4.000.000Frw, basabwa gutanga 1.350.000Frw bakazahabwa 9.000.000 Frw n’ibindi.

Ni kenshi abantu bagiye batangamo amafaranga ariko batazi ngo mu by’ukuri ni nde uyakira cyangwa uburyo ayabyazamo inyungu abaha, ku buryo hari igihe birangira inyungu ibuze, n’amafaranga batanzemo akabura.

RIB yakomeje iti “RIB irashimira abakomeje kuyiha amakuru kuri ibyo bikorwa by’ubwambuzi bushukana ubu hakaba hamaze gufatwa abantu barindwi ndetse ibikorwa byo gufata n’abandi babigizemo uruhare birakomeje.”

RIB irasaba abantu bose babifiteho amakuru kuyatanga kuri sitasiyo za RIB zibegereye cyangwa ku rubuga rwa E-menyesha, kuri email: complaint@rib.gov.rw cyangwa guhamagara kuri 166 kugirango icyaha gikumirwe.

TAGGED:featuredRIBUbucuruzi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Gusangirira Ikigage Ku Muheha: Imwe Mu Mpamvu Zizamura COVID-19 Muri Karongi
Next Article Kwagura Ibitaro Byitiriwe Umwami Faisal Bigiye Gushorwamo Miliyari 14 Frw 
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Ingabo z’Uburundi Ziracyari Muri Congo- Réverien Ndikuriyo

Perezida Wa Venezuela Yashimuswe Na Amerika

Amerika Yarashe Rwagati Muri Venezuela 

Karongi: Abo Mu Nkambi Ya Kiziba Nabo Bamaganye Ingengabitekerezo Iba i Kinshasa

RIB Yafunze ‘Umunyamakuru’ Ukurikiranyweho Urugomo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Bunyoni Ararembye

Icyongereza Gike, Imiyoborere Idahwitse…Bimwe Mu Byatumye Abayobora Amashuri Birukanwa

Karongi: Bwa Mbere Mu Mateka Harasiwe Umwaka

Centrafrique: Ibyavuye Mu Matora Bizatangira Kumenyekana Mu Cyumweru Gitaha 

Abana Bagiye Gutozwa Guhesha Agaciro Imbyino Gakondo Nyarwanda

You Might Also Like

Mu mahanga

AFC/M23 Ishinja Leta Ya Kinshasa Kutubahiriza Ibyo Guhana Imfungwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Rulindo: Yari Amaze Igihe Acurururiza Urumogi Iwe

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Gisagara: Haturikijwe Grenade Abaturage Bacikamo Igikuba 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ubumenyi N'Ubuhanga

Ingwe: Inyamaswa Ibayeho Icunganwa N’Intare

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?