Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda FDA Yahagaritse Ikinyobwa ‘Cyatangiye Kunyobwa’ Muri 2009
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Rwanda FDA Yahagaritse Ikinyobwa ‘Cyatangiye Kunyobwa’ Muri 2009

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 08 September 2021 11:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe imiti n’ibiribwa( Rwanda Food And Drugs Authority) cyahagaritse ikinyobwa kitwa SOMAHO Herbal Medicine Soft Drink cyivuga ko cyagenzuye gisanga ari ‘igisindisha’ aho kuba ‘umuti’ nk’uko abo mu ruganda rugikora babivuga. Kuri telefoni Adrien Safari ufite uruganda rukora ‘Somaho’ yabwiye Taarifa ko atumva impamvu ubu ari bwo bamufungiye ikinyobwa kandi yaratangiye kugikora no kukigurisha mu mwaka wa 2009.

Ngo icyo gihe nibwo yatangiye gukora umurimo w’ubuvuzi bwa gakondo mu ‘buryo bwa kinyamwuga.’

Itangazo rya Rwanda FDA yasohoye rivuga ko kiriya kigo cyagenzuye gisanga ibipimo cyafashe byerekana ko ibinyabutabire bigize ikinyobwa ‘Somaho’ ari inzoga aho ‘kuba umuti.’

Indi mpamvu yo guhagarika kiriya kinyobwa, ngo ni uko gifunzwe muri palasitiki itemewe gukoreshwa mu Rwanda.

Hari umuturage witwa Hakizimana wabwiye Taarifa ko niba Rwanda FDA yasanze kiriya kinyobwa ari inzoga, ubwa byo atari ikibazo kuko inzoga zemewe mu Rwanda.

Ngo niba ari inzoga ikaba nta muntu yishe, asanga nta kibazo byagombye guteza!

Ibi nibyo Rwanda FDA ivuga ko bisanzwe biri ku icupa rya kiriya kinyobwa

Iyo witegereje ifoto ya kiriya kinyobwa Rwanda FDA yatangaje, usanga ku macupa yacyo hari ahanditse ko kiriya kinyobwa kigira igihe kirangirira( Expiry Date).

Nyiri kiriya kinyobwa avuga ko yarenganye

Umugabo witwa Safari Adrien yabwiye Taarifa ko asanzwe ari umuvuzi gakondo ukora imiti mu byatsi akabiha abarwanyi.

Akorera muri Nyabugogo akaba atuye mu Murenge wa Jali, Akarere ka Gasabo.

Safari avuga ko yageze aho asanga imiti yari asanzwe aha abarwanyi ibyiza ari ukuyikoramo ikinyobwa akagiha benshi.

Ati: “ Nageze aho mfata ibyatsi ndabivanga kugira ngo mbihe abantu kuko ubusanzwe ari nabyo nahaga abarwayi banjye.”

Ku rundi ruhande, Safari avuga ko atari azi ko Rwanda FDA isuzuma n’ibintu bikorwa n’abavuzi gakondo.

Asanga  kiriya kigo cyakoresheje ibyo yise ‘imbaraga z’umurengera’ kimufungira ubucuruzi, ahubwo ko cyagombye kumwegera kikamugira inama kugira ngo arusheho gukora neza.

Adrien  Safari avuga ko asanzwe ari mu rugaga rw’abavuzi gakondo, bityo ko atakoze biriya nk’umuntu ubyiga ahubwo ko asanzwe avuza imiti ya gakondo bya kinyamwuga.

Yatubwiye ko bimwe mu byatsi akoresha akora uriya muti harimo ibyatsi bita ‘rumari’, umwenya, umucyayicyayi, ubuki n’ibindi.

TAGGED:featuredGasaboIkinyobwaJaliSomahoUruganda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article U Bwongereza Bwashimye Umusanzu Wa ‘Acts of Gratitude Rwanda’ Mu Gufasha Ba Rwiyemezamirimo
Next Article Umusore W’I Kayonza Yicishije Nyina Ishoka
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Chorale De Kigali Igiye Kuyoborwa N’Umugore Kuva Yabaho

Abanyamakuru B’i Goma Baganiriye N’Ab’i Rubavu Ku Mikoranire

U Rwanda Rwatsinze Uganda Mu Mikino Ya Handball

Kuki Amasezerano Y’Amahoro Akunze Kudakurikizwa?

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

Hari Kwigwa Uko Amakipe Yajya Akinira Mu Amahoro Stadium ‘Ku Giciro Kimwe’

Perezida Trump Arashaka Manda Ya Gatatu Uko Byagenda Kose

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Abasirikare N’Abapolisi B’u Rwanda Bari Muri UN 

You Might Also Like

Mu RwandaUbuzima

Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

40.1% By’Abatuye Kigali Batuye Mu Kajagari- Meya Dusengiyumva

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?