Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Rwanda: Uruganda Rutunganya Imiti Ivuye Mu Rumogi Rugiye Kuzura
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu RwandaUbukunguUbuzima

Rwanda: Uruganda Rutunganya Imiti Ivuye Mu Rumogi Rugiye Kuzura

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 18 October 2025 11:23 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ifoto y'ikigereranyo yerekana aho basarura urumogi: Reddit
SHARE

Biramutse bitinze, mu ntangiriro za 2026 nibwo uruganda rutunganya imiti ikozwe mu rumogi ruzaba rwatangiye gukorera mu Rwanda. Amakuru avuga ko habura amezi abiri ngo rwuzure aho ruri kubakwa mu Karere ka Musanze.

Umuyobozi w’Ikigo kiri kurwubaka kikazanarucunga KKOG Global S.A witwa Edouard Rene Joseph avuga ko uru ruganda ruzaba ingirakamaro mu guha abaganga bo mu Rwanda n’ahandi muri Afurika imiti igenewe abarwayi bafite indwara zibabaza cyane.

Ahanini izi ndwara ari za kanseri, imvune cyangwa ingaruka zo kubyara ntibigende neza.

Rene Joseph yabwiye bagenzi bacu ba CNBC ko nirwuzura, uru ruganda ruzafasha ibihugu bya Afurika kubona imiti bitabaye ngombwa ko biyitumiza kure ni ukuvuga mu Buhinde cyangwa mu Bushinwa.

Ati: “Ikintu cya mbere bizafasha ni ugutuma ibihugu bidahendwa no gutumiza mu Buhinde cyangwa mu Bushinwa imiti igabanya ububabare kuko ahanini aho ari ho ibihugu bya Afurika byayiguraga.”

Mu Burayi no muri Amerika ho ngo irahenda cyane bityo ahanini Afurika ihitamo kuyitumiza muri Aziya.

Umuyobozi w’Ikigo KKOG Global S.A avuga ko uruganda u Rwanda ruri kubaka ubu rugeze kuri 82% rwuzura bityo mu ntangiriro z’umwaka utaha rukazaba rwatangiye gukora.

Avuga ko ibikorwaremezo birimo imihanda, amashanyarazi, ibyuma bikonjesha, inzu zihingwamo urumogi n’ibindi nkenerwa, bizaba byamaze kugezwa aho byagenewe muri iki gihe gisigaye.

Yemeza ko u Rwanda rwasanze ibyiza ari uguhinga iki gihingwa ariko rukanubaka uruganda rugitunganya kugira ngo kizakorwemo imiti igabanya ububabare nka Panadol, ibuprofen, aspirin, acetaminophen, Oxycodone, Demerol, Valium, Percocet n’indi.

Iyo miti uyihuje, igize 30% by’iyo Afurika itumiza mu Buhinde cyangwa mu Bushinwa nk’uko uriya muyobozi yabibwiye CNBC Africa.

Ishoramari yo kubaka ruriya ruganda mu Karere ka Musanze ringana na Miliyoni $ 12.

Urumogi ni ikiyobyabwenge kitemewe mu Rwanda

Nubwo Leta yashoye mu buhinzi bwarwo, ubusanzwe urumogi ni ikiyobyabwenge kitemewe mu Rwanda. Polisi ntijya imara ibyumweru bibiri idafashe abantu barucuruza, abarunywa ndetse iherutse gusanga hari uwaruhinze.

Uwo mugabo ni uwo mu Mudugudu wa Ruhanga, Akagari ka Ruhanga, Umurenge wa Rusarabuye muri Burera.

Bamusanganye ibiti 17 by’uru rumogi

Polisi yamusanganye ibiti 17 yari yarahinze mu murima uteyemo ibindi bihingwa birimo n’ibishyimbo.

Amategeko avuga ko uwo urukiko ruhamije ubucuruzi cyangwa ibindi byaha bigendanye n’urumogi aba ashobora guhanishwa igifungo kirengeje imyaka 25 cyangwa burundu, iyo bigaragaye ko urukwirakwiza.

TAGGED:featuredMusanzeRwandaUrugandaUrumogi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha Rwanze Icyifuzo Cya Israel
Next Article Faye Yahuye Na Kagame Ku Munsi Wa Kabiri W’Uruzinduko Rwe Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sarkozy Agiye Kurekurwa

Meteo Rwanda Yatangaje Imvura Nyinshi Ugereranyije Nisanzwe Mu Ukuboza

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda

Imidugararo Y’Amatora Muri Cameroun Yatumye Ibiciro Muri Centrafrique Bizamuka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Nyarugenge: Polisi Yafashe Abanigaga Abantu Mu Ijoro Batashye

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Kuri Perezida Kagame Nta Terambere Rirambye Igihe Umuturage Ahejwe

Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 

You Might Also Like

Mu Rwanda

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rugiye Kwikira Inama Y’Abayobora Amashuri Ya Gisirikare Muri Afurika 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC Yishimiye Isinywa Ry’Imikoranire N’u Rwanda Mu Majyambere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?