Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Sen Emmanuel Havugimana Yasabye Abanyarwanda Imbabazi
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

Sen Emmanuel Havugimana Yasabye Abanyarwanda Imbabazi

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 19 August 2021 11:32 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umusenateri w’u Rwanda Emmanuel Havugimana yasabye imbabazi Abanyarwanda kubera ibyo aherutse kwandika kuri Twitter avuga ku kibazo cy’abantu bamaze iminsi biyahura.

Mu butumwa yacishije kuri Twitter, Dr Senateri Emmanuel Havugimana yagize ati: “Ndasaba imbabazi kubera ubutumwa nanditse kuri twitter. Ndemera ko iki kibazo cyo kwiyahura n’ubuzima bwo mu mutwe muri rusange gikwiye kwitabwaho, inzego zose bireba zikakiganiraho…”

Yavuze ko agiye gufata ‘umwanya  wo kurushaho kubisobanukirwa.’

Ati: “Nsabye imbabazi ku uburyo nafashe iki kibazo.”

Bamwe mu bamukurikira kuri Twitter barimo n’abanyamakuru bamusubije ko gusaba imbabazi ari ubutwari kandi bamusaba gufata igihe agasobanukirwa n’ikibazo cyo kwiyahura kimaze iminsi kivugwa mu Rwanda.

Umunyamakuru wa RBA witwa Cyubahiro Robert yagize ati: “Bwana Senateri, gusaba imbabazi Abanyarwanda nk’umuyobozi wo ku rwego uriho ni byiza numara gusobanukirwa no gusoma byinshi ku mpamvu zituma abantu biyaka ubuzima muzafashe yaba muri Sena no mu Nteko gutangiza ibiganiro byafasha Leta mu kubona uko imibare ya biyahura yagabanuka.”

Undi munyamakuru witwa Joseph Hakuzwumuremyi nawe yashimye ko Senateri yasabye imbabazi Abanyarwanda yongera ho ko byaba byiza [Sosiyete yicaye]n’abayireberera bakareba aho bipfira!

Ngo biratangaje kuba uwo utakekaga wumva ngo yiyahuye, umuyobozi runaka ngo akubise umuturage, umupolisi ngo arashe umuturage..!

Hashize iminsi ahitwa ku Nkundamaharo hayahurira abantu.

Kuri uyu wa Gatatu tariki 18, Kanama, 2021 hiyahuriye abantu babiri mu gihe kitageze ku masaha atanu.

Ubwo abanyamakuru bavuye gushaka amakuru y’aho umuntu yari amaze kwiyahurira, bataragera kure, bumvise ko hari undi nawe wiyahuye.

Hagati aho Tweet yari yanditse ikaba yateje igikuba mu bantu yayisibye!

Biba byagenze gute ngo umuntu yiyambure ubuzima?

Umuyobozi w’Ishami ry’ubuzima bwo mu mutwe mu  Kigo cy’igihugu gishinzwe ubuzima  Dr Yvonne Kayiteshonga yigeze kubwira kimwe mu binyamakuru byo mu Rwanda ko burya kwiyahura ari urugendo runini kandi ruruhije rugeza umuntu k’ugufata umwanzuro wo kwiyambura ubuzima.

Dr Kayiteshonga avuga ko mbere y’uko umuntu yiyahura aba yareretse bagenzi be bamukikije ibimenyetso by’uko ubuzima bwamushaririye, akabikora agamije kubatabaza.

Iyo abamukikije batabonye ko uwo muntu ari mu kaga ngo bamutabare, bituma arushaho kugenda abihirwa n’ubuzima, akazageza ubwo asanga ibyiza ari ukubwiyambura kugira ngo agire agahenge kandi agahe n’abandi.

Akenshi ngo umuntu yiyahura yaramaze kubona ko ari ikibazo ku bandi, ko ibyiza ari uko yababisa, akigendera.

Bisaba ko abantu baba hafi mugenzi wabo bakamwibutsa ko agifite agaciro mu maso yabo kandi ko bamukunda.

N’ubwo iyi nama ari nziza kandi itabara abari mu kaga, muri iki gihe abantu bihugiyeho kubera gushaka imibereho, hari abasanga kuyishyira mu bikorwa bigoye.

TAGGED:CyubahirofeaturedHavugimanaKwiyahuraRwanda
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article RwandAir Igiye Gutangiza Ingendo I Lubumbashi N’I Goma
Next Article Umuhanzi Mike Kayihura Kuri BBC, Indirimbo Ze Zizajya Zihacurangwa
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rulindo: Abaturage Biyemeje Kurinda Ibidukikije

DRC: Intara Ya Ituri Iri Kuberamo Imirwano Ikomeye

Minisitiri W’Intebe Yasuye Icyanya Cy’Inganda Cya Musanze

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

P.M Nsengiyumva Asaba Urubyiruko Kudata Umwanya Mu Biciriritse

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Ikigega Kizaha Urubyiruko Inguzanyo Nta Ngwate

RDF/Military Police Mu Myitozo Ikarishye

DRC: Abanyamerika Barashaka Kubaka Uruganda Rw’Amashanyarazi Mu Kivu

Elwelu Mu Bajenerali Barindwi Museveni Yahaye Ikiruhuko Cy’Izabukuru

Nyanza: Umugore Yishe Umugabo We

You Might Also Like

Mu RwandaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

U Rwanda Rugiye Gushyira Ikawa Muri Cyamunara Mpuzamahanga 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbutabera

DRC: Uwahoze Ari Minisitiri W’Ubutabera Yasabiwe Gukora Imirimo Nsimburagifungo

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

U Rwanda Rwatangiye Amarushamwa Nyafurika Ya Basketball Rutsindwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbutaberaUmutekano

Gasabo: Umugore Yafatanywe Amakarito Ya Liquors Zitujuje Ubuziranenge

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?