Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Senateri Mike Enzi Wari Inshuti Y’u Rwanda Yapfuye
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Senateri Mike Enzi Wari Inshuti Y’u Rwanda Yapfuye

admin
Last updated: 27 July 2021 10:45 am
admin
Share
SHARE

Mike Enzi wahoze ari Senateri uhagarariye Leta ya Wyoming muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yapfuye ku myaka 77.

Enzi yari amaze iminsi mu bitaro nyuma y’impanuka yakoze ku wa Gatanu atwaye igare, akavunika ijosi n’imbavu.

Yabonywe n’abantu aryamye iruhande rw’igare, atumva. Mu iperereza Polisi ivuga ko nta makuru irabona ko hari umuntu wagize uruhare muri iyo mpanuka yabereye hafi y’urugo rwe mu Mujyi wa Gillette.

Enzi yabaye senateri kuva mu 1996, akaba umwe mu bagize ishyaka ry’aba-Republicains.

Mu 2019 yaje gutangaza ko adakeneye manda ya gatanu, avuga ko akeneye kuba hafi y’umuryango we.

Muri uyu mwaka yasimbuwe na Senateri Cynthia Lummis.

Enzi yatangiye politiki ku myaka 30, aba Meya w’umujyi wa Gillette, mu 1986 aba umudepite muri Leta ya Wyoming, mu 1986 aba senateri muri iyo leta mbere yo kuzamuka akagera ku rwego rw’igihugu cyose.

Mu gihe cye nka senateri yari umwe mu bakunda gusura u Rwanda, mu gihe giheruka ni mu myaka ya 2016, 2017, 2018 na 2019.

Muri Gashyantare 2019 ubwo yari mu Rwanda yitabiriye isengesho hamwe Perezida Kagame na Jeannette Kagame, ryiswe “Codel Prayer Breakfast”.

Ryahurije hamwe abayobozi bakuru b’igihugu n’itsinda ry’abagize Inteko Ishinga amategeko ya Leta zunze ubumwe za Amerika, bari mu ruzinduko mu Rwanda.

Iryo tsinda ryari riyobowe na Senateri James Inhofe uhagarariye Leta ya Oklahoma, rikabamo Senateri Mike Enzi, Senateri John Boozman uhagarariye Arkansas na ba depite Greg Gianforte na Mike Kelly.

Enzi yavutse ku wa 1 Gashyantare 1944, mu gace ka Bremerton muri Washington. Umuryango we waje kwimukira mu gace ka Thermopolis muri Leta ya Wyoming.

Perezida Paul Kagame mu ifoto y’urwibutso hamwe na Senateri Mike Enzi (ibumoso) na Jim Inhofe (iburyo) nyuma y’ibiganiro bagiranye muri Village Urugwiro mu Ukwakira 2017
Mike Enzi yitabiriye amasengesho hamwe na Perezida Kagame na Madamu, yabereye muri Kigali Marriott Hotel muri Gashyantare 2019
TAGGED:featuredMike EnziPaul Kagame
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Umuyobozi Wa Polisi Y’U Rwanda Ari Muri Malawi Kuganira Ku ‘Guhanahana Amakuru’
Next Article AKUMIRO: Uko Abayobozi Bamwe Basesagura Ubwizigame Bw’Abanyarwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Abakoresha Amadovize Bishyurana Bitemewe Bagiye Gucika-BNR

Uburusiya Bwasutse Undi Muriro Kuri Ukraine

Iterambere Ryose Ribanzirizwa N’Umutekano-Nduhungirehe

Afurika Yunze Ubumwe Igiye Gushyiraho Komisiyo Ku Masezerano Ya Kigali Na Kinshasa

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

MINAGRI Irasaba Abahinzi Kudahubukira Gutera Imyaka

Abakekwaho Kwiba Mu Isoko Rya Kimironko Bafashwe

Rwanda: Abakanishi Bagiye Guhugurwa K’Ugukanika Batiri Za Bisi Z’Amashanyarazi

Trump Na Putin Ntibemeranyije Guhagarika Intambara Ya Ukraine

Rubavu: Abafite Ubumuga Basaba M23 Kubakomorera Ku Bicuruzwa Byose Bijya i Goma

You Might Also Like

Mu RwandaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Nduhungirehe Yitabiriye Inama Yiga Ku Bufatanye Bw’Ubuyapani N’Afurika

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaUbucuruzi MpuzamahangaUbukungu

Uburundi Bugiye Gukoresha Amafaranga Y’Ubushinwa Mu Gutumiza Ibintu Hanze

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
ImikinoMu Rwanda

Afrobasket: Amakipe Y’U Rwanda Yatashye Amara Masa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Irashaka Gufasha DRC Guhashya Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?