Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 02 November 2025 9:58 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
Ibendera ry'ishyaka CHADEMA.
SHARE

Mu masaha y’umugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu ishyaka ritavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Samia Suluhu Hassan ryitwa CHADEMA ryeruye rivuga ko ibyavuye mu matora y’Umukuru w’igihugu uyu muyobozi aherutse gutsinda, ari ikinamico.

Itangazo y’iri shyaka nk’uko rigaragara kuri X/Twitter hari aho rigira riti: “ CHADEMA iramagana mu buryo bweruye kandi bwakumvwa na buri wese ibyavuye mu matora yateguwe na Komisiyo y’igihugu y’Amatora. Ibyayavuyemo nta shingiro bifite uko mu by’ukuri nta matora aciye mu mucyo yigeze aba.”

Itangazo rya CHADEMA

The Nation yanditse ko ntacyo ubutegetsi bwa Samia Suluhu Hassan bwigeze busubiza ku byo CHADEMA( Chama Cha Demukrasiya na Maendeleo) yavuze, icyakora iki kinyamakuru kibutsa ko umuyobozi wayo Tundu Lissu muri iki gihe afunzwe azira kugambanira igihugu.

Muri Mata, 2025 nibwo Tundu yahamijwe ibyo byaha arafungwa.

Kuwa Gatanu tariki 31, Ukwakira, 2025 iri shyaka ryari yatangaje ko abayoboke baryo bagera ku gihumbi bishwe barasiwe mu myigaragambyo bitabiriye bamagana ibyavuye muri ariya matora.

Ku rundi ruhande, imibare y’abaguye muri ziriya mvururu ntivugwaho rumwe kuko Leta n’Ibiro by’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku mpunzi, ishami rya Tanzania bavuga ko abahaguye batagera ku bantu 20.

Perezida [watowe] Samia Suluhu Hassan ubwo yakiraga inyandiko ibyemeza ayihawe na Komisiyo y’amatora yasabye abigaragambya kubireka, ahubwo bagakora ibyerekana ko ‘bakunda igihugu.’

Ubwo ibintu byafataga indi ntera, Leta yihise ishyiraho ibihe by’umukwabo kandi ikuraho murandasi mu rwego rwo gukumira ko abantu bakomeza kumenya ibibera hirya no hino no gushishikarizanya kwitabira iyo myigaragambyo cyangwa gukora ibindi Leta idashaka.

TAGGED:ChademafeaturedItangazoSuluhuTanzania
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye
Next Article Kicukiro: Ikigo Kivura Indwara Z’Umutima Kiruzura Umwaka Utaha
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Sarkozy Agiye Kurekurwa

Meteo Rwanda Yatangaje Imvura Nyinshi Ugereranyije Nisanzwe Mu Ukuboza

Abayobozi Ba BBC Baravugwaho Kubeshyera Trump 

Guhangana N’Imihindagurikire Y’Ikirere Bizahenda u Rwanda

Imidugararo Y’Amatora Muri Cameroun Yatumye Ibiciro Muri Centrafrique Bizamuka

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Nyarugenge: Polisi Yafashe Abanigaga Abantu Mu Ijoro Batashye

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

Kuri Perezida Kagame Nta Terambere Rirambye Igihe Umuturage Ahejwe

Umuyobozi Wa Qatar Yaganiriye N’Uw’u Rwanda Ku Bihuza Ibihugu Byombi 

You Might Also Like

Mu Rwanda

Harabura 5% Ngo Ubumwe N’Ubwiyunge Mu Banyarwanda Bube 100%

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imyidagaduro

Kitoko Bibarwa Agarutse Mu Rwanda Ari Intiti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

U Rwanda Rugiye Kwikira Inama Y’Abayobora Amashuri Ya Gisirikare Muri Afurika 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC Yishimiye Isinywa Ry’Imikoranire N’u Rwanda Mu Majyambere

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?