Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: Tshisekedi Yise Perezida Kagame Umwanzi Wa DRC
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

Tshisekedi Yise Perezida Kagame Umwanzi Wa DRC

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 05 December 2022 7:34 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Mu mvugo yumvikanamo uburakari bwinshi, Perezida wa DRC Felix Tshisekedi yabwiye abanyacyubahiro bo mu gihugu cye yari yakiriye ku meza ko umwanzi wa mbere wa Repubulika ya Demukarasi ya Congo ari Paul Kagame.

Yavuze ko abaturage ba DRC batagomba kwanga Abanyarwanda, ahubwo bagomba kumenya ko Perezida w’Abanyarwanda ari we mubi.

Ati: “Ariko Abanyarwanda n’Abanyarwandakazi ni abavandimwe bacu  n’ikimenyimenyi erega baradukeneye kugira ngo tubabohore. Ntaho bahuriye n’ibyo abayobozi babo bakora, abayobozi babo nibo babi kuko barabatwangisha.”

Tshisekedi yavuze ko abaturage ba DRC bakwiye kubana neza n’Abanyarwanda, bakababona nk’abavandimwe babo kuko ngo abanzi ba DRC ari abategetsi b’u Rwanda bayobowe n’Umukuru warwo.

Avuga ko Abanyarwanda bakeneye abaturage ba DRC kugira ngo ‘bakurweho ubwo buyobozi’.

Yunzemo ko atari Abanyarwanda gusa bakeneye gukurwaho abayobozi babo ahubwo ngo hari n’ahandi muri Afurika bigomba gukorwa.

Perezida Tshisekedi ati: “…[] kandi erega si bo gusa ahubwo n’Afurika yose, kuko ikeneye gukurwaho abayobozi bagarura imigirire yo mu myaka ya 1960, 1970, ibi kandi bakabikora mu gihe muri Afurika twiyemeje gucecekesha intwaro…”

Umuyobozi wa DRC avuga ko kuba muri Afurika hakiri intambara, amasasu akaba aca ibintu kandi yari [Afurika] yariyemeje gucecekesha imbunda, biterwa n’abayobozi nka Paul Kagame.

N’ubwo muri video yatambutsemo amagambo ya Tshisekedi yavuzwe haruguru ntaho byumvikanye mu buryo butaziguye, mu yandi magambo ibyo yavuze bisobanuye ko ashyigikiye cyangwa yashyigikira abafite umugambi wo guhirika ubutegetsi buri ho mu Rwanda.

Kugeza ubu abo bakubiyemo benshi barimo FDLR, P5, RNC n’abandi.

Perezida Kagame we yahaye gasopo uzongera kurasa k’u Rwanda…

Tshisekedi atangaje ibi nyuma y’ijambo Perezida w’u Rwanda Paul Kagame aherutse kuvugira mu Nteko ishinga amategeko.

Icyo gihe  yavuze ko ibibazo bya Repubulika ya Demukarasi ya Congo byahoze kandi n’ubu bikiri ibyayo, bitagomba kwitwa iby’u Rwanda.

Yavuze ko bitangaje kuba ibibereye muri kiriya gihugu byose byegekwa ku Rwanda hakirengagizwa ko ari ikibazo kirimo n’Umuryango w’Abibumbye.

Mu ijambo rye kandi yavuze ko hari ibikorwa by’ubushotoranyi DRC yakoreye u Rwanda birimo no kuyirasaho.

Perezida Kagame yabwiye abanyacyubahiro bari bari mu Nteko ishinga amategeko ko kuvogera ubusugire bw’igihugu bitavuze gusa ko umusirikare yambuka akakizamo, ahubwo ko binavuze no kukirasamo niyo waba ubikoreye mu gihugu cyawe.

Arangiza ijambo rye,  Kagame yabwiye abaturiye imipaka y’u Rwanda kumva ko batekanye, bakaryama bagasinzira, ariko aha gasopo uwo ari we wese uzongera kurasa ku butaka bw’u Rwanda kuko ngo kuri iyo nshuro, ari we uzamara igihe atagoheka.

TAGGED:AbanyarwandaCongoDRCfeaturedKagameRwandaTshisekedi
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ibiciro Bya Mazutu Na Lisansi Mu Rwanda Byagumye Uko Byari Biri
Next Article Trump Yakiriye Ku Meza Abapfobya Jenoside Yakorewe Abayahudi
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Nzanywe No Guhanga Udushya- Umuyobozi Mushya Wa Airtel Rwanda 

Madagascar: Ingabo Zafashe Ubutegetsi 

Hateranye Inama Y’Abajyanama Ba Perezida Kagame

Njozi: Indirimbo Nshya Ya Element Yatunganyijwe N’Usanzwe Ukorana Na Diamond

Intumwa Za DRC N’Iza AFC/M23 Zongeye Kuganirira i Doha

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Bariga Guhunika Umusaruro Ngo Inzara Izacike

U Rwanda Ruzakira Inama Y’Abaminisitiri B’Ububanyi N’amahanga Mu Bihugu Bivuga Igifaransa

Hamas Yasabye Israel Kuyiha Umurambo Wa Yahya Sinwar

Bafatanywe Intsinga Za Metero 250 Bikekwa Ko Bibye

Imikino Ya NBA Igiye Gusubukurwa Mu Bushinwa

You Might Also Like

IkoranabuhangaImibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Rwanda: Ababyeyi Baraburirwa Ngo Barinde Abana Ibibi Bya Interineti

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu Rwanda

Ingabire Immaculée Agiye Gushyingurwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Hamas Iherutse Guhura Mu Ibanga N’Intumwa Za Amerika Kubera Kudashira Amakenga Israel

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUbubanyi n'Amahanga

Amerika Yasinyanye N’Abarabu Amasezerano Yo Kubaka Gaza Nshya

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?