Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bufaransa: Yateye Icyuma Abantu 6
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Bufaransa: Yateye Icyuma Abantu 6

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 January 2023 11:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo udatangazwa amazina yatawe muri yombi na Polisi y’u Bufaransa nyuma yo gukomeretsa abantu batandatu abateye icyuma.

Yakibateye abatunguye abasanze muri gare y’ahitwa Gare du Nord aho bari bateze gari ya moshi.

Umwe mu bapolisi bakuru wabibonye, yabwiye CNN ko kiriya gitero[bamwe bise icy’iterabwoba] cyabaye mu gitondo cya kare ahagana saa kumi n’ebyiri na mirongo ine n’itanu (6:45 am).

Abapolisi bahise batangira kurasa mu rwego rwo kumukanga ngo atakaze intego ariko bisa n’aho batabigezeho neza kuko yashoboye gukomeretsa abantu batandatu barimo umwe umerewe nabi.

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu mu Bufaransa witwa Gerald Darmanin yihutiye kugera aho byabereye ngo afate mu mugongo abahungabanyijwe n’iki gitero.

Iki gitero kigabwe nyuma y’uko abanyamakuru ba Charlie Hebdo bashushanyije umuyobozi w’ikirenga wa Iran kandi byarakaje ubutegetsi bw’i Teheran.

Abanyamakuru ba Charlie Hebdo bakoze iriya nkuru ishushanyije mu gihe bibukaga urupfu rwa bagenzi babo barashwe n’abantu bavugaga ko bahorera Intumwa w’Imana Muhamad wigeze gushushanywa na bamwe mu banyamakuru ba kiriya kinyamakuru kandi kizira muri Islam.

N’ubwo ntawe urabyigamba, hari abavuga ko kiriya gitero cyabaye kuri uyu wa Gatatu taliki 11, Mutarama, 2023 cyagabwe n’abatarishimiye ko Charlie Hebdo yashushanyije umuyobozi w’ikirenga wa Iran.

Ku byerekeye Islam, hari undi mugabo uhorana ubwoba bw’uko azicwa kubera ko yigeze kwandika igitabo cyavugaga ko muri Korowani harimo imirongo ya Sekibi.

- Advertisement -

Uwo mugabo yitwa Salman Rushdie. Icyo gitabo yakise Satanic Verses.

Iki gitabo kizakora kuri uyu mugabo

Mu minsi ishize umugabo wo muri Iran yamuteye ibyuma  amunena ijisho ariko Imana ikinga akaboko ntiyapfa.

TAGGED:BufaransaIcyumaIslam
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abadepite Bari Kwiga Uko Imisoreshereze Yahinduka
Next Article Ruhango: Akurikiranyweho Kwica Umwana We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Aba Cardinals Batora Papa Bamaze Gushyira Ibintu Ku Murongo…

You Might Also Like

Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Burundi: Impunzi Zo Muri DRC Zugarijwe N’Indwara Zikomeye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Umunyamerika Yatorewe Kuba Papa Wa Mbere Mu Mateka

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?