Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bufaransa: Yateye Icyuma Abantu 6
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Bufaransa: Yateye Icyuma Abantu 6

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 January 2023 11:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo udatangazwa amazina yatawe muri yombi na Polisi y’u Bufaransa nyuma yo gukomeretsa abantu batandatu abateye icyuma.

Yakibateye abatunguye abasanze muri gare y’ahitwa Gare du Nord aho bari bateze gari ya moshi.

Umwe mu bapolisi bakuru wabibonye, yabwiye CNN ko kiriya gitero[bamwe bise icy’iterabwoba] cyabaye mu gitondo cya kare ahagana saa kumi n’ebyiri na mirongo ine n’itanu (6:45 am).

Abapolisi bahise batangira kurasa mu rwego rwo kumukanga ngo atakaze intego ariko bisa n’aho batabigezeho neza kuko yashoboye gukomeretsa abantu batandatu barimo umwe umerewe nabi.

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu mu Bufaransa witwa Gerald Darmanin yihutiye kugera aho byabereye ngo afate mu mugongo abahungabanyijwe n’iki gitero.

Iki gitero kigabwe nyuma y’uko abanyamakuru ba Charlie Hebdo bashushanyije umuyobozi w’ikirenga wa Iran kandi byarakaje ubutegetsi bw’i Teheran.

Abanyamakuru ba Charlie Hebdo bakoze iriya nkuru ishushanyije mu gihe bibukaga urupfu rwa bagenzi babo barashwe n’abantu bavugaga ko bahorera Intumwa w’Imana Muhamad wigeze gushushanywa na bamwe mu banyamakuru ba kiriya kinyamakuru kandi kizira muri Islam.

N’ubwo ntawe urabyigamba, hari abavuga ko kiriya gitero cyabaye kuri uyu wa Gatatu taliki 11, Mutarama, 2023 cyagabwe n’abatarishimiye ko Charlie Hebdo yashushanyije umuyobozi w’ikirenga wa Iran.

Ku byerekeye Islam, hari undi mugabo uhorana ubwoba bw’uko azicwa kubera ko yigeze kwandika igitabo cyavugaga ko muri Korowani harimo imirongo ya Sekibi.

Uwo mugabo yitwa Salman Rushdie. Icyo gitabo yakise Satanic Verses.

Iki gitabo kizakora kuri uyu mugabo

Mu minsi ishize umugabo wo muri Iran yamuteye ibyuma  amunena ijisho ariko Imana ikinga akaboko ntiyapfa.

TAGGED:BufaransaIcyumaIslam
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abadepite Bari Kwiga Uko Imisoreshereze Yahinduka
Next Article Ruhango: Akurikiranyweho Kwica Umwana We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Israel Yoherereje Abatuye Gaza Inyandiko Zibasaba Guhunga Inzira Zikigendwa

Hari Icyo RSSB Isaba Abashaka Kuzahabwa RAMA

FERWAFA Yagennye Umubare Mushya W’Abanyamahanga Mu Ikipe Yitabiriye Shampiyona

Congo Yarenze Umurongo Utukura Ubwo Yavugaga Ko Dukora Jenoside- Amb.Urujeni

Ibyahoze Ari Ibiryabarezi Binagurwamo Ibikoresho By’Ingirakamaro

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Icyo Abazasiganwa Mu Irushanwa Ry’Isi Ry’Amagare Bavuga Ku Mihanda Y’u Rwanda

Groupe Kassav Niyo Izasusurutsa Abazita Ingagi Amazina

Twishimiye Drones Zitwara Abagenzi-Kagame Avuga Ku Ikoranabuhanga Mu By’Indege

Amerika Ikomeje Kureshya DRC Ku Byerekeye Amabuye Y’Agaciro

Mutwarasibo Yiyahuye Kubera Umugore We

You Might Also Like

Mu mahangaUmutekano

I Yeruzalemu Hagabwe Igitero Kica Batandatu Barimo Umugore Utwite

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Minisitiri W’Intebe W’Ubufaransa Ashobora Kweguzwa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Ishyaka CCM Ryemeje Suluhu Nk’Umukandida Mu Matora Ya Perezida

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitikiUmutekano

Igisasu Cy’Uburusiya Cyarashwe Ku Nyubako Ya Guverinoma Ya Ukraine 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?