Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Bufaransa: Yateye Icyuma Abantu 6
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu mahanga

U Bufaransa: Yateye Icyuma Abantu 6

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 11 January 2023 11:22 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Umugabo udatangazwa amazina yatawe muri yombi na Polisi y’u Bufaransa nyuma yo gukomeretsa abantu batandatu abateye icyuma.

Yakibateye abatunguye abasanze muri gare y’ahitwa Gare du Nord aho bari bateze gari ya moshi.

Umwe mu bapolisi bakuru wabibonye, yabwiye CNN ko kiriya gitero[bamwe bise icy’iterabwoba] cyabaye mu gitondo cya kare ahagana saa kumi n’ebyiri na mirongo ine n’itanu (6:45 am).

Abapolisi bahise batangira kurasa mu rwego rwo kumukanga ngo atakaze intego ariko bisa n’aho batabigezeho neza kuko yashoboye gukomeretsa abantu batandatu barimo umwe umerewe nabi.

Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu mu Bufaransa witwa Gerald Darmanin yihutiye kugera aho byabereye ngo afate mu mugongo abahungabanyijwe n’iki gitero.

Iki gitero kigabwe nyuma y’uko abanyamakuru ba Charlie Hebdo bashushanyije umuyobozi w’ikirenga wa Iran kandi byarakaje ubutegetsi bw’i Teheran.

Abanyamakuru ba Charlie Hebdo bakoze iriya nkuru ishushanyije mu gihe bibukaga urupfu rwa bagenzi babo barashwe n’abantu bavugaga ko bahorera Intumwa w’Imana Muhamad wigeze gushushanywa na bamwe mu banyamakuru ba kiriya kinyamakuru kandi kizira muri Islam.

N’ubwo ntawe urabyigamba, hari abavuga ko kiriya gitero cyabaye kuri uyu wa Gatatu taliki 11, Mutarama, 2023 cyagabwe n’abatarishimiye ko Charlie Hebdo yashushanyije umuyobozi w’ikirenga wa Iran.

Ku byerekeye Islam, hari undi mugabo uhorana ubwoba bw’uko azicwa kubera ko yigeze kwandika igitabo cyavugaga ko muri Korowani harimo imirongo ya Sekibi.

Uwo mugabo yitwa Salman Rushdie. Icyo gitabo yakise Satanic Verses.

Iki gitabo kizakora kuri uyu mugabo

Mu minsi ishize umugabo wo muri Iran yamuteye ibyuma  amunena ijisho ariko Imana ikinga akaboko ntiyapfa.

TAGGED:BufaransaIcyumaIslam
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Rwanda: Abadepite Bari Kwiga Uko Imisoreshereze Yahinduka
Next Article Ruhango: Akurikiranyweho Kwica Umwana We
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Gasabo: Bafungiwe Kwangiza Amashanyarazi

Minisitiri Mukazayire Yahaye Abadepite Isezerano Abantu Bakwiye ‘Guhanga Amaso’

Dagalo Uvugwaho Gukora Jenoside Muri Sudani Ni Muntu Ki?

DRC: Ingabo Z’Uburundi Zirashinjwa Kwicisha Abanyamulenge Inzara

Harabura Iki Ngo Interineti Igere Hose?-Abadepite Babaza Ingabire

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Kwibwira Ko Umushinga Mwiza Wose Ukwiye Inguzanyo Ni Ukwibeshya-Patience Mutesi Uyobora BPR

Perezida W’Ubushinwa Yasabye Amerika Kubaha Ubukungu Bw’Igihugu Cye

Mu Bufaransa Haraba Inama Ikomeye Ku Bibazo Biri Mu Karere u Rwanda Ruherereyemo

Tanzania: Ishyaka CHADEMA Ryagize Icyo Rivuga Ku Byavuye Mu Matora

Ruhango: Hatangiye Iperereza Ku Mugabo Bikekwa Ko Yishwe N’Abo Yasengereye

You Might Also Like

Mu mahanga

DRC: Abasirikare Ba Uganda Bicanye Bapfa Umugore

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

‘Rwabuze Gica’ Hagati Ya Ndayishimiye N’Abacuruza Lisansi

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

Afurika Yunze Ubumwe Yashimiye Samia Ku Ntsinzi Ye

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahanga

DRC: Yarashe Afande We Amuziza Kumurira Amafaranga

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?