Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Na Ethiopia Bihuzwa N’Iki?
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ububanyi n'Amahanga

U Rwanda Na Ethiopia Bihuzwa N’Iki?

Last updated: 05 October 2021 9:45 am
Share
SHARE

U Rwanda na Ethiopia ni ibihugu  bifitanye umubano umaze igihe. Uyu mubano ushingiye ku masezerano ibihugu byigiranye harimo ubufatanye mu burezi, ubucyerarugendo, ubufatanye mu bya gisirikare n’ibindi.

Ikindi ni uko u Rwanda na Ethiopia ari ibihugu byagize iterambere ryihuse mu binyacumi bicye by’imyaka ishize.

Umwarimu wa Politiki mpuzamahanga Dr Ismail Buchanan avuga ko iyo urebye amateka y’ubukungu bw’ibihugu byombi, usanga hari igihe kinini cyashize bushingiye ku mfashanyo y’amahanga.

Avuga ko n’ubwo ibi bihugu bikiri mu rwego rw’ibihugu bikiri mu nzira y’amajyambere,  abayobozi babyo bakora uko bashoboye ngo bazamure ubukungu bwabyo, bive mu guhora bitegereje gufashwa n’amahanga.

Buchanan avuga ko u Rwanda rushobora kwigira kuri Ethiopia ibyerekeye gucunga ibidukikije no gukora inganda zitabyangiza.

Ikindi ni uko u Rwanda na Ethiopia bikorana mu guhugura abasirikare babyo.

Ngo hari abasirikare bava muri Ethiopia bakaza guhugurirwa i Nyakinama mu Karere ka Musanze nk’uko hari abava mu Rwanda bakajya guhugurirwa muri Ethiopia.

Tigray Nayo Ni ingingo yo Kuganirwaho…

Dr Ismail Buchanan avuga ko ubwo bariya bayobozi( Perezida Kagame na Minisitiri w’Intebe Abiy Ahmed) bahuriraga i Kigali bashobora kuba baganiriye no kibazo cya Tigray bakagira icyo bacyumvikanaho.

Ati: “ …Njye numva ko kubiganiraho nk’ibihugu bifitanye umubano ntacyo byaba bitwaye. Ni ikintu bagomba kuganira kandi u Rwanda rukaba rwagira inama rubagira.”

Buchanan avuga ko umubano w’u Rwanda na Ethiopia umeze neza nk’uko byahoze ubwo Ethiopia yayoborwaga na Meres Zenawi.

Yemeza ko uyu mubano umeze neza ndetse ngo ku rwego ruruta uko bwahoze.

Ku ngingo y’uko Ethiopia ishobora gusaba u Rwanda ubufasha mu ntambara irwana n’abarwanyi bo muri Tigray, Dr Buchanan avuga ko ibyo byagenwa na Ethiopia, ikaba ari yo igena ubwoko bw’ubufasha ishaka.

Icyakora, Dr Buchanan avuga ko igihe cyose Ethiopia yasaba u Rwanda ubufasha, rushobora gushungura rukareba icyo rwakora ngo ruyifashe kuko ngo rusanzwe rufasha ibihugu kwivana mu bibazo by’umutekano mucye bifite.

Ahmed Yashimye uko yakiriwe i Rwanda…

Nyuma yo kurangiza urugendo yari arimo mu Rwanda, Minisitiri w’Intebe wa Ethiopia Abiy Ahmed yatangarije kuri Twitter ko yishimiye uko yakiriwe na mugenzi we Paul Kagame uyobora u Rwanda.

Minisitiri Abiy yageze mu Rwanda kuri iki Cyumweru tariki 29, Kanama, 2021 mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yarangije kuri uyu wa Mbere tariki 30, Kanama, 2021.

Ubwo yatahaga, yaherekejwe na Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Dr Vincent Biruta, ari nawe wagiye kumuha ikaze ubwo yari ageze ku kibuga cy’indege i Kanombe kuri iki Cyumweru.

TAGGED:AbiyEthiopiafeaturedKagameRwandaUmubanoUruzinduko
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Ikibuga Cy’Indege Cya Kabul Cyarashweho Ibisasu
Next Article Aho Imitekerereze Y’Abanyabwenge Itandukanira N’Iy’Abantu Basanzwe
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Intambara Ya Dipolomasi Hagati Ya Israel Na Afurika Y’Epfo Irafata Indi Ntera

DRC: Abantu 200 Bishwe N’Ikirombe

Burundi: Hari Ibice Biri Kuba Ubutayu Kubera Amapfa

Umukinnyi Ukomeye Wa Kepler WBBC Yaguzwe Na REG WBBC

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Amerika Irashaka Intambara Yeruye Na Iran

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

Uko RURA Yabangamiye Ishoramari Ry’Abahoze Mu Ngabo

You Might Also Like

Mu RwandaUbubanyi n'Amahanga

Umuhuza Wa Afurika Yunze Ubumwe Mu Kibazo Cy’u Rwanda Na DRC Ari i Kigali

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbukungu

Mobicash Yabaye Ihagaritswe 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUmutekano

Hemejwe Umushinga W’Itegeko Rishyiraho Kaminuza Y’Ingabo Z’u Rwanda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Imibereho Y'AbaturageMu Rwanda

Inenge Mu Burezi Bw’u Rwanda Kubera Ruswa

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?