Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Na Madagascar Mu Bucuruzi Bwagutse
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Ubukungu

U Rwanda Na Madagascar Mu Bucuruzi Bwagutse

Umwanditsi wa Taarifa
Last updated: 07 August 2023 9:28 am
Umwanditsi wa Taarifa
Share
SHARE

Abashoramari bo muri Madagascar baganiriye n’abo mu Rwanda uko imikoranire yarushaho gutera imbere.

Clare Akamanzi yabahaye ikaze mu Rwanda avuga ko abacuruzi bo mu Rwanda bishimira kuba bagiye gukorana n’abo muri Madagascar kugira ngo buri ruhande rurebe aho rwashora mu nyungu za buri ruhande.

Avuga ko 2019 hari amasezerano yari yarasinywe hagati y’ibihugu byombi, ariko ngo ubu ni uburyo bwo kuyakomeza no kwagura aho azashyirirwa mu bikorwa.

Akamanzi avuga ko ibihugu byombi bizakorana mu nzego zirimo ikoranabuhanga, amabuye y’agaciro, ibikorwemezo, ikoranabuhanga n’ahandi.

Yababwiye ko bakwiye kuza bisanga kubera ko u Rwanda rufunguwe amarembo.

Ati: “ Gukora ubucuruzi mu Rwanda biroroshye kubera ko bifata amasaha atandatu gusa kandi aho umuntu yaba ari hose yabikora niyo yaba yicaye iwe.”

Ikindi yababwiye ni uko ubukungu bw’u Rwanda bukomeje gutera imbere bityo nabo bashoye mu Rwanda bazamukana narwo muri iryo terambere.

Yabibukije ko u Rwanda ari igihugu gitekanye kandi ko bizwi hose.

Uhagarariye Federasiyo y’abikorera muri Madagascar Rakotomarara yashimye ko u Rwanda rufunguye ku bashoramari kandi avuga ko ibigo 40 byitabiriye iriya nama( byo ku bihugu byombi) byiteguye gukora neza kugira ngo ubu bufatanye buzatange umusaruro urambye.

Yasabye bagenzi be bo mu Rwanda ko bagomba kujya gushora muri Madagascar kuko hari amahirwe menshi y’ishoramari harimo ubuhinzi, ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro n’ahandi.

Iki kiganiro kitabiriwe  n’abashoramari bo mu bihugu byombi, ku ruhande rwa Madagascar bahagarariwe na  Perezida wayo Andrei Rajoelina, Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Dr. Vincent Biruta, Minisitiri w’ubucuruzi n’inganda, uw’ibikorwa remezo na Minisitiri w’ikoranabuhanga na inovasiyo.

Perezida wa Madagascar Andrei Rajoelina ari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi ibiri.

TAGGED:AkamanzifeaturedMadagascarRwandaUbucuruziUbufatanye
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Kaminuza Y’Ubuzima Rusange Ya Butaro Ikomeje Kubyirura Intiti
Next Article Gasabo: Umuzamu Yahiriye Mu Nzu Yari Arinze
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

Rwanda: Umubare W’Abarwara Mu Mutwe Kubera Inzoga Uriyongera

Nyanza: Yari Hafi Kurongora None Akurikiranyweho Gusambanya Umwana

U Rwanda Rurashaka Ko Ubwongereza Buruha Amafaranga Yarwo Yose

Burundi: Ndikuriyo Yongeye Gutorerwa Kuba Umunyamabanga Mukuru Wa CNDD-FDD

Chorale De Kigali Igiye Kuyoborwa N’Umugore Kuva Yabaho

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Hari Impamvu Zitera Polisi Y’u Rwanda Kudatesha Agaciro Abaturage Ishinzwe

‘Board Of Peace’ Ya Trump Ni Iki?

Rulindo:Habonetse Imibiri 173 Y’Abazize Jenoside Yakorewe Abatutsi

Ububiligi Bwijeje DRC Gukomeza Kuyiba Hafi

Kigali: Umusore Yishe Mugenzi We Amuziza Umukobwa

You Might Also Like

Imikino

U Rwanda Rwatsinze Uganda Mu Mikino Ya Handball

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Ububanyi n'Amahanga

Kuki Amasezerano Y’Amahoro Akunze Kudakurikizwa?

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbuzima

Dusigaye Twishakamo Ibisubizo Ku Bibazo By’Ubuvuzi – Jeannette Kagame 

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Burundi: Haravugwa Guhangana Hagati Ya Ndayishimiye N’Umunyamabanga  Wa CNDD-FDD

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • info@taarifa.rw
  • taarifarwanda@gmail.com
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?