Taarifa
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Reading: U Rwanda Rwahaye Ikaze Abanyeshuri Bahungishijwe Muri Afghanistan
Font ResizerAa
TaarifaTaarifa
  • English VesrsionEnglish VesrsionEnglish Vesrsion
Search
  • Ahabanza
  • Mu Rwanda
  • Mu mahanga
  • Ubukungu
  • Politiki
  • Imikino
  • Imyidagaduro
Have an existing account? Sign In
Follow US
© 2022 Foxiz News Network. Ruby Design Company. All Rights Reserved.
Mu Rwanda

U Rwanda Rwahaye Ikaze Abanyeshuri Bahungishijwe Muri Afghanistan

admin
Last updated: 24 August 2021 3:32 pm
admin
Share
SHARE

Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda yatangaje ko yiteguye guha ikaze abanyeshuri b’abakobwa n’abakozi ba School of Leadership Afghanistan (SOLA), bahungishijwe nyuma y’uko igihugu cyabo cyafashwe n’umutwe wa Taliban ugendera ku mahame akaze.

Shabana Basij-Rasikh washinze iryo shuri, kuri uyu wa Kabiri yanditse kuri Twitter ko bari mu nzira bimurirwa mu Rwanda, bizeye kuhakomereza amasomo.

Yavuze ko mu cyumweru gishize aribwo bahagurutse ku kibuga cy’indege mu murwa mukuru Kabul, hamwe n’abanyeshuri hafi 250, abarimu, abakozi n’imiryango yabo.

Yakomeje ati “Buri wese ari mu nzira inyura muri Qatar yerekeza mu gihugu cy’u Rwanda, aho duteganya gutangirira amasomo mu mahanga ku banyeshuri bacu bose.”

- Kwmamaza -
Ad imageAd image

Everyone is en route, by way of Qatar, to the nation of Rwanda where we intend to begin a semester abroad for our entire student body. 2/7

— Shabana Basij-Rasikh (@sbasijrasikh) August 24, 2021

 

Yavuze ko nubwo SOLA irimo kwimurirwa ahandi atari ibya burundu, kubera ko nyuma y’amasomo y’amezi atandatu, bitewe n’uko ibintu bizaba bimeze, bizera ko bazasubira “mu rugo muri Afghanistan”.

Minisiteri y’Uburezi mu Rwanda yahaye ikaze aba banyeshuri, binyuze mu butumwa yatangajwe kuri Twitter. Yasubizaga ku butumwa bwa Shabana Basij-Rasikh.

Yanditse iti “Minisiteri y’Uburezi yiteguye kwakira umuryango SOLA mu Rwanda, muri gahunda y’amasomo yanyu . Murakaza neza.”

- Advertisement -

The Ministry of Education looks forward to welcoming the SOLA community to Rwanda for your study program. Murakaza neza. https://t.co/SFGRrWiSiA

— Ministry of Education | Rwanda (@Rwanda_Edu) August 24, 2021

 

School of Leadership Afghanistan ivuga ko yari ryo shuri rukumbi ryigisha abakobwa bacumbikirwa, muri kiriya gihugu.

Ubwo umutwe wa Taliban wafataga Afghanistan, abagore n’abakobwa ni bo ba mbere bahise bahangayikishwa n’ibihe biri imbere, bahitamo guhunga.

Hashingirwa ku byabaye ubwo uwo mutwe wategekaga igihugu kuva mu 1996 kugeza mu 2001, ubwo wameneshwaga n’ingabo za Amerika zifatanyije n’iza Afghanistan.

Icyo gihe ntiwemereraga abagore n’abakobwa kwiga, kujya mu mirimo cyangwa kuba bajya nko gutega imodoka batari kumwe n’umugabo.

Icyo gihe ntibyari byemewe kugaragaza akantu na gato ku mubiri igihe utambaye wikwije, ndetse abagore bahabwaga ibihano bihambaye birimo gukubitwa bazira kugerageza kwiga kandi bibujijwe, no guterwa amabuye kugeza bapfuye igihe bahamijwe icyaha cy’ubusambanyi.

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Antony Blinken, aheruka gutangaza ko hari ibihugu 13 byenmeye kwakira by’igihe gito abantu bagenda bavanwa muri Afghanistan, ni ukuvuga abatujuje ibisabwa bituma bahita batuzwa muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ibyo bihugu ni Albania, Canada, Colombia, Costa Rica, Chile, Kosovo, North Macedonia, Mexico, Poland, Qatar, u Rwanda, Ukraine na Uganda.

Hari n’ibindi bihugu 12 byemeye ko bazahanyura mbere y’uko bajyanwa ahandi.

Ibyo ni Bahrain, u Bwongereza, Denmark, u Budage, u Butaliyani, Kazakhstan, Kuwait, Qatar, Tajikistan, Turikiya, Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu na Uzbekistan.

Biheruka gutangazwa ko nibura hari Abanyamerika 15,000 n’abaturage ba Afghanistan babarirwa hagati ya 50,000 na 60,000 bakoranaga bakeneye guhungishwa mu maguru mashya.

Kugeza ku Cyumweru Amerika yari imaze kuvana muri Afghanistan abaturage 28,000, mu gikorwa mu buryo bw’ibanze byatangajwe ko kizageza ku wa 31 Kanama, ndetse ngo gishobora kongerwa.

Abakobwa 250 Bigaga Muri Afghanistan Bategerejwe Mu Rwanda

 

TAGGED:AfghanistanfeaturedShabana Basij-RasikhTaliban
Share This Article
Facebook Twitter Whatsapp Whatsapp Telegram Threads
Previous Article Hissène Habré Wabaye Perezida Wa Chad Yishwe Na COVID-19
Next Article Umugaba Mukuru w’Ingabo Za Tanzania Ari Mu Ruzinduko Mu Rwanda
Tanga igitekerezo

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

- Advertisement -

Aheruka

DRC: Umusirikare Yarasiye Abantu Mu Kiliziya 

Perezida Kagame Mu Nama Na Bagenzi Be Yiga Ku Iterambere Rya Afurika

Ngirente Ashima Uruhare Rwa Rwandair Mu Guhuza Afurika

U Rwanda Rurafungura Ambasade Muri Hongrie

Rwanda: Abana Basobanukiwe Ibidukikije Bagiye Kubisangiza Abandi

- Advertisement -
Ad imageAd image
- Advertisement -

Trending News

Rwanda: Abagabo Bapfa Baruta Ubwinshi Abagore

Kagame Ari Mu Bufaransa 

Abasirikare Batatu B’u Rwanda Biciwe Muri Mozambique 

Roma: Gutora Papa Ku Munsi Wa Mbere Byananiranye

Equity Group Igiye Guteza Imbere Imishinga Yo Mu Rwanda No Muri DRC

You Might Also Like

Mu RwandaUmutekano

Nyarugenge: Bafatanywe Ubwoko 31 Bw’Amavuta Yangiza Uruhu

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu RwandaUbumenyi N'Ubuhanga

Niba Utabasha Guhagarara K’Ukuguru Kumwe Mu Masogonda 10 Umenye Ko Washaje…

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Bobi Wine Agiye Kongera Kwiyamamariza Kuyobora Uganda

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa
Mu mahangaPolitiki

Papa Leo XIV Yasuye Imva Y’Uwo Aherutse Gusimbura

Yandtswe na Umwanditsi wa Taarifa

Taarifa is a Rwandan News Platform telling true stories by delivery quick, in-depth and exclusive news on Social, Political, and Economic issues.

  • +250788316164
  • +25078457033
  • [email protected]
  • [email protected]
Facebook Twitter Youtube Instagram Flickr Tiktok

Mu Rwanda

  • Politiki
  • CHOGM-2022
  • Umutekano
  • Ubukungu

Mu Mahana

  • Mu Mahanga

Mu Mahana

  • Imikino
  • Imyidagaduro

Indimi

English

Francais

© 2015-2023 Copyright Taarifa.rw | All rights reserved.

  • Advertise
  • About Us
  • Contact
  • Privacy Policy
  • Terms & Conditions
Go to mobile version
Welcome Back!

Sign in to your account

Lost your password?